• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016 Mu Mahanga

Ibigwi n’ubupfura by’uwari umukozi w’Akarere ka Huye wari ushinzwe iby’itangwa ry’amasoko ya Leta byatumye bamwe baturika bararira ubwo bari mu muhango wo kumuherekeza.

Usibye ibyo yagejeje ku Karere yakoreraga, Mr Kayiranga Axandre wendaga kwiha Imana ngo abe Padiri yavuzweho n’abantu b’ingeri zose kuba yari afite umutima w’urukundo ndetse n’ishyaka ryo kwanga ikibi ari na byo byatumye ahimbwa Nyagasani.

Kayiranga Alexandre yaguye mu mpanuka y’imodoka mu buryo butunguranye ubwo yavaga kwisegura ku muvandimwe we yagombaga guhagararira umwana we mu muhango wa batisimu ngo amumenyeshe ko atazaboneka bitewe n’isuzuma bikorwa yari kuzakorerwa muri iyo minsi (Auditing).

Nk’uko byagarutseho na buri wese wagiye afata ijambo ngo agire icyo avuga ku buzima bwa Kayiranga, yari azwiho ubupfura n’igitsure kidasanzwe ngo byamuranganga iyo yagiraga uwo asanga akora ikibi, ibi bikaba ari na byo byanatumye ahimbwa Nyagasani.

Abiganye na we, abakoranye na we abo mu muryango we ndetse n’abana yareze bose bagarukaga ku gitsure yabashyiragaho abasaba kurangwa n’umwete n’ubupfura agira ati “Ntimuzabe imbwa”

Umugore we Uwingabire Marie Claire yavuze ko yabanje kugana mu muryango w’abapadiri b’aba Rogationnistes mu mwaka 1989 ariko akajya yiga ibijyanye na filozofiya muri seminari nkuru y’abapadiri bera y’ i Bukavu.

Mu mwaka 1992 yakomereje amasomo ya filozofiya mu Butaliyani muri Kaminuza y’i Latran I Roma ariko nyuma y’umwaka agaruka mu Rwanda aje mu biruhuko ahurirana na Jenoside yamutwaye abatari bake.

Amaze kurokoka Jenoside Kayiranga ni bwo yafashe gahunda yo kubaka urugo ariko abikora nyuma yo kugira uruhare mu kwita ku mfubyi aho yareraga zari mu bigo bya Nyamata na Ruhuha mu Bugesera, imirimo yakoze hagati 1995-1998.

Kuva 1998-1999 Kayiranga yayoboye ishuri rikuru rya Goup Scolaire Notre Dame de la Province de Karubanda ariko ngo ahita ajya kwiga amategeko mu cyari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ya Butare ariko aza kuba umuyobozi ushinzwe imyitwarire muri CEFOTEC ari na ho yaje kwamamara ku izina rya Nyagasani bitewe n’uko yakurikiranaga abana abatoza icyiza.

Mu mwaka wa 2005 Kayiranga yabaye umukozi wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mushinga wo gufasha abari ba Kaminuza kongera ubumenyi.

Kayiranga mu mwaka wa 2009 yakomeje icyiciro cya 3 cya Kaminuza (masters) mu Buholandi ahavana impamyabumenyi ihanitse mu mategeko. Kugeza uyu munsi akaba yari umukozi w’akarere ka Huye ushinzwe gutanga amasoko ya Leta.

Mu mwaka wa 2004 Kayiranga yashakanye n’Uwingabire Marie Claire akaba yaratabarutse ku itariki ya 4 Kanama 2016 asize umugore n’abana 3 b’abakobwa.

Uwingabire ari imbere y’imbaga yaherekeje umugabo we yagize ati “Mukunzi wanjye, muvandimwe wanjye, nshuti yanjye, mugabo wanjye twabanye ibihe byiza muri iyi minsi tumaranye ingana n’imyaka 12, ugiye nkigukeneye kandi n’ibyiza wampaye byari bigeze igihe cyo guteta tuzakomeza guharanira kuguhesha agaciro.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, ubwo yafataga ijambo yagize ati “Ntawavuga ko hatazaboneka umusimbura kuko u Rwanda rufite abahanga benshi ariko biragoye kubona umuntu nka Kayiranga. Yaduhesheje imidari myinshi ariko hari n’uwo twahawe n’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba mu gutanga neza amasoko ya Leta tubimukesha. Yari umukozi mwiza ariko buriya Imana yamwishubije dukomeza kwihangana.”

-120.png

-3526.jpg

-3527.jpg

-3528.jpg

2016-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Ubwanditsi 24 Oct 2024
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 20 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko
ITOHOZA

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka
Mu Mahanga

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..
MULTIMEDIA

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru