• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016 Mu Mahanga

Ibigwi n’ubupfura by’uwari umukozi w’Akarere ka Huye wari ushinzwe iby’itangwa ry’amasoko ya Leta byatumye bamwe baturika bararira ubwo bari mu muhango wo kumuherekeza.

Usibye ibyo yagejeje ku Karere yakoreraga, Mr Kayiranga Axandre wendaga kwiha Imana ngo abe Padiri yavuzweho n’abantu b’ingeri zose kuba yari afite umutima w’urukundo ndetse n’ishyaka ryo kwanga ikibi ari na byo byatumye ahimbwa Nyagasani.

Kayiranga Alexandre yaguye mu mpanuka y’imodoka mu buryo butunguranye ubwo yavaga kwisegura ku muvandimwe we yagombaga guhagararira umwana we mu muhango wa batisimu ngo amumenyeshe ko atazaboneka bitewe n’isuzuma bikorwa yari kuzakorerwa muri iyo minsi (Auditing).

Nk’uko byagarutseho na buri wese wagiye afata ijambo ngo agire icyo avuga ku buzima bwa Kayiranga, yari azwiho ubupfura n’igitsure kidasanzwe ngo byamuranganga iyo yagiraga uwo asanga akora ikibi, ibi bikaba ari na byo byanatumye ahimbwa Nyagasani.

Abiganye na we, abakoranye na we abo mu muryango we ndetse n’abana yareze bose bagarukaga ku gitsure yabashyiragaho abasaba kurangwa n’umwete n’ubupfura agira ati “Ntimuzabe imbwa”

Umugore we Uwingabire Marie Claire yavuze ko yabanje kugana mu muryango w’abapadiri b’aba Rogationnistes mu mwaka 1989 ariko akajya yiga ibijyanye na filozofiya muri seminari nkuru y’abapadiri bera y’ i Bukavu.

Mu mwaka 1992 yakomereje amasomo ya filozofiya mu Butaliyani muri Kaminuza y’i Latran I Roma ariko nyuma y’umwaka agaruka mu Rwanda aje mu biruhuko ahurirana na Jenoside yamutwaye abatari bake.

Amaze kurokoka Jenoside Kayiranga ni bwo yafashe gahunda yo kubaka urugo ariko abikora nyuma yo kugira uruhare mu kwita ku mfubyi aho yareraga zari mu bigo bya Nyamata na Ruhuha mu Bugesera, imirimo yakoze hagati 1995-1998.

Kuva 1998-1999 Kayiranga yayoboye ishuri rikuru rya Goup Scolaire Notre Dame de la Province de Karubanda ariko ngo ahita ajya kwiga amategeko mu cyari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ya Butare ariko aza kuba umuyobozi ushinzwe imyitwarire muri CEFOTEC ari na ho yaje kwamamara ku izina rya Nyagasani bitewe n’uko yakurikiranaga abana abatoza icyiza.

Mu mwaka wa 2005 Kayiranga yabaye umukozi wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mushinga wo gufasha abari ba Kaminuza kongera ubumenyi.

Kayiranga mu mwaka wa 2009 yakomeje icyiciro cya 3 cya Kaminuza (masters) mu Buholandi ahavana impamyabumenyi ihanitse mu mategeko. Kugeza uyu munsi akaba yari umukozi w’akarere ka Huye ushinzwe gutanga amasoko ya Leta.

Mu mwaka wa 2004 Kayiranga yashakanye n’Uwingabire Marie Claire akaba yaratabarutse ku itariki ya 4 Kanama 2016 asize umugore n’abana 3 b’abakobwa.

Uwingabire ari imbere y’imbaga yaherekeje umugabo we yagize ati “Mukunzi wanjye, muvandimwe wanjye, nshuti yanjye, mugabo wanjye twabanye ibihe byiza muri iyi minsi tumaranye ingana n’imyaka 12, ugiye nkigukeneye kandi n’ibyiza wampaye byari bigeze igihe cyo guteta tuzakomeza guharanira kuguhesha agaciro.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, ubwo yafataga ijambo yagize ati “Ntawavuga ko hatazaboneka umusimbura kuko u Rwanda rufite abahanga benshi ariko biragoye kubona umuntu nka Kayiranga. Yaduhesheje imidari myinshi ariko hari n’uwo twahawe n’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba mu gutanga neza amasoko ya Leta tubimukesha. Yari umukozi mwiza ariko buriya Imana yamwishubije dukomeza kwihangana.”

-120.png

-3526.jpg

-3527.jpg

-3528.jpg

2016-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti  rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Ubwanditsi 25 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita
Mu Rwanda

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru