• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Abadepite Ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje uruhuri rw’ibibazo byamunze Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi, aho ivuga ko hatagize igikorwa inshingano zacyo zitagerwaho.

Ubwo REB yitabaga PAC, abadepite bagaragaje ibibazo bigaragara muri iki kigo bifitanye isano n’imicungire y’imari, imikoranire y’inzego itanoze ndetse no kutagira umurongo uhamye w’imikorere. Ibyo byose bikaba byaragaragajwe na raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2014-2015.

Bimwe mu bibazo abadepite babona ko byamunze REB…

Ikibazo cyo kutagira ububiko bw’abahawe inguzanyo za buruse

Abadepite bavuze ko REB itagira ububiko (database) bugaragaza imibare y’abanyeshuri bahawe inguzanyo babereyemo Leta umwenda, aho ngo REB igaragaza ko uwo mwenda ungana na miliyari 3 ariko hakaba hatagaraga umwenda wa buri muntu ndetse n’ayo buri muntu yishyuye.

Depite Kankera Marie Josée avuga ko hari miliyari hafi 6 zishyuwe ariko ngo REB ntigaragaza abishyuye abo ari bo ndetse n’umubare w’amafaranga yagiye yishyurwa na buri muntu.

Yagize ati “Iyo bandika mu bitabo byabo ntabwo bagaragaza amafaranga y’umwenda ndetse n’inkunga Leta yagiye itanga atabarwa nk’inguzanyo.”

Uyu mudepite avuga ko ubwo REB yatumizwaga muri PAC umwaka ushize na bwo ari uko icyo kibazo cyari giteye.

Umuyobozi Mukuru wa REB, Gasana Janvier yasubije agira ati “Iki kibazo cy’inguzanyo tukigeze kure ndetse dusa nk’aho twakirangije, ubu twamaze gukora igitabo kigaragaza abantu bose babereyemo Leta umwenda w’inguzanyo zo kwiga,ubu twagiha BRD.”

Umuyobozi wa REB yabajijwe umubare w’abantu bose bafitiye Leta umwenda w’inguzanyo zo kwiga, avuga ko atahita awumenya, aho bahise bamubaza niba kugira ngo avuge imibare y’ukuri byasaba ko umuntu amusanga mu biro.

Ikibazo cy’umushinga wa One Laptop per Child utaragezweho

Abadepite bavuze birambuye ku kibazo cy’umushinga wa One Laptop per Child utarageze ku ntego zawo bitewe ni uko wateguwe nabi.

Aha bagaragaje ko uyu mushinga watwaye akayabo utigeze ugira inyandiko iwusobanura.

Agaragaza icyo kibazo, Depite Kankera yagize ati “iyi porogaramu nta nyandiko iyisobanura ihari, nta buryo buhari izashyirwa mu bikorwa, nta gahunda yo gukurikirana uko bikorwa ihari, mu by’ukuri nta logical framework y’iyi porogaramu yagenwe.

Iyo logical framework ni yo yakagaragaje ngo iyi porogaramu ifite intego zimeze gutya izakora ibikorwa bimeze gutwa, izakorwa na nde? Ryari? Ikoreshe uburyo bumeze gute, amafaranga angana gute? Izakurikiranwa ite? Ibyo mbere ntabwo byigeze bisobanurwa.Ubwo rero umuntu yahita yibaza ngo ese iyi gahunda ibyo yagombaga kugeraho yari kubigeraho ibyo bitakozwe?”

Uyu mudepite yagaragaje ko hamaze kugurwa mudasobwa zisaga 248,908, aho hatanzwe miliyari zisaga 36.

Depite Kankera ati “Icyari kigamijwe byari ukugira ngo ikoranabuhanga rishyirwe mu burezi bwacu kandi bitume ireme ry’uburezi ritera imbere kurushaho ariko ukurikije ibibazo byagaragayemo ubushize n’iby’uyu munsi, ahari sinzi niba barakoze igenzura baraza kutubwira icyo uwo mushinga wagezeho.”

Muri mudasobwa zatanzwe kugeza ubu ngo hari izigera ku bihumbi 18 zaburiwe irengero, aho abadepite bavuga ko ari imikorere mibi ya REB kuko hari aho yagiye itanga mudasobwa nyinshi zirenze kure umubare w’abanyeshuri.

Ku wa 1 Ugushyingo 2013, ngo REB yari ifite mu mubiko mudasobwa zisaga ibihumbi 4298, itumiza izindi 42978 zose ziba 47276 babura aho bazishyira kuko batari bagennye abo bari buzihe, babuze aho bazishyira bakodesha inzu, aho ngo igihe Umugenzuzi w’imari ya Leta yajyagayo bari bamaze kwishyura amafaranga yo gukodesha inzu amafaranga asaga miliyoni 582.

Uretse izo mudasobwa, ngo haguzwe serveurs zagombaga gushyirwa mu byumba by’amashuri kugira ngo mudasobwa zahawe abana zibashe gukora, aho zaguzwe hafi miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.

Izo serveurs kugeza ubu ngo ntabwo zigeze zikoreshwa keretse mu mashuri make ndetse hakaba hari n’izapfuye.

Uretse gutanga izo mudasobwa, ngo ni uko bazitanze mudasobwa ariko ku nteganyanyigisho y’amasomo nta mwanya wo kuzigisha wagenwe, aho ngo n’abarimu batazi kuzikoresha.

REB yabajijwe ko ibyo umugenzuzi yagaragaje niba ari ukuri Umuyobozi Mukuru wayo avuga ko babyemera ngo kuko batari gusinya ibyo batemera. Gusa Gasana Janvier yavuze ko amakosa yabaye ariko hari ingamba zihari zo kuyakosora.

REB ngo yica amategeko nkana mu mitangire y’amasoko

Ikigo gishinzwe amasoko ya Leta cyashyize mu majwi REB ko mu mitangire y’amasoko yayo itajya itanga raporo, aho ibi bifatwa nko kwica nkana amategeko.

Irindi kosa ryagaragajwe ni irijyanye n’imitangire n’imitegurire y’amasoko aho mu mwaka wa 2014-2015 yari yateganyije nko izatanga amasoko 140, uwo mwaka ukarangira hatanzwe amasoko 8 gusa.

Ikindi cyatangaje abadepite ni uburyo gutanga amasoko ari byo byafashe ingengo y’imari y’ikigo kuruta ibindi bikorwa, aho ngo amasoko 140 yari yapanzwe yari gutwara miliyari 30 mu gihe ingengo y’imari ya REB yari miliyari 42.

Abadepite banagaragaje uburyo REB itinda kwishyura ba rwiyemezamirimo baba bayigemuriye ibikoresho kandi na bo ari abacuruzi ndetse banatanga imisoro ya Leta.

Mu bindi bibazo, abadepite bavuze ku kibazo cyo kuba REB yarakoze amakosa akomeye aho Umugenzuzi w’imari ya Leta yagiye gukora igenzura bakamwereka ko hari rwiyemezamirimo ufite isosiyete yitwa SOCOMU barimo umwenda wa miliyoni 110 bajya kureba uwo muntu we akavuga ko REB imurimo miliyoni 50 gusa.

Aha Ubuyobozi bwa REB bwisobanuye buvuga ko bwemera ikosa, aho ngo hari umukozi wishyushye miliyoni 59 bakibagirwa gukuramo ayo mafaranga mu mwenda wari usanzwe.

-4344.jpg

Depite Nkusi Juvenal Perezida wa PAC yasabye Ubuyobozi bwa REB kuvugurura imikorere

Hari n’ikindi kibazo cyagaragajwe cyo kuba REB yarishyuye rwiyemezamirimo umwe ikarenzaho amafaranga angana na miliyoni 51, aho yemeye na bwo yemeye iri kosa ikavuga ko ubu uwari wahawe ayo mafaranga yatangiye kuyasubiza, kugeza ubu akaba ngo amaze kwishyura miliyoni 34.

Gusa abadepite bibajije impamvu abakozi baba bakoze amakosa mu kazi bakomeza gukora aho gufatirwa ibyemezo.

Depite Nkusi Juvenal Perezida wa PAC yasabye Ubuyobozi bwa REB kuvugurura imikorere yabwo, aho byagaragaye ko iki kigo gifite imikorere mibi mu nzego zose.

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe

Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe

Ubwanditsi 29 Mar 2016
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Ubwanditsi 25 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere
POLITIKI

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga
Amakuru

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Ubwanditsi 15 May 2024
Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru