• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Editorial 21 Sep 2016 Mu Mahanga

Urukundo ni ikintu gikomeye, cyiza, kivugwa kandi buri muntu agira kabone niyo yaba ari mubi bikabije kuko na Satani agira ibyo akunda. Ikibazo ni ukumenya urukundo rwiza n’urukundo rubi noneho imfura n’abanyabwenge bagakunda kandi bagakora ibyiza. Gukunda igihugu nabyo si ugupfa gukora uko umuntu yishakiye, hari uburyo n’inzira icumi bikorwamo. Dore izo arizo n’uko umuntu azinyuramo no kuzifatamo neza:

Gutunga indangamuntu

Iyo abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano haba mu gihugu cyangwa hanze bakubajije bati “Zana ikikuranga cyangwa icyangombwa”, nkuko bamwe bakita usibye ko ntemera iyo mvugo, ukuramo indangamuntu ukayerekana ukumva unezerewe kandi wemye, ibyo bikagaragaza ko uri Umunyarwanda cyangwa umunyagihugu runaka. Ibi bigaragara niyo ugiye ahantu mu mahanga, iyo Atari indangamuntu iba ari pasiporo usibye ko nayo ari indangamuntu. Iyo muri ku mupaka buri wese aba afashe iyerekana igihugu cye, ibyo ni ugukunda igihugu.

Ubundi buryo bwo gukunda igihugu cyawe ni ugukunda abo mu muryango, abo muturanye mu mudugudu n’abanyagihugu muri rusange, mbese gukunda abanyarwanda utitaye cyane kubyo mupfa nibyo mupfana kuko n’ubundi abantu bapfa ibyo basangiye. Iyo umuntu atangiye kureba ngo asenga yunamye cyangwa yambaye ingofero cyangwa abyina n’ubundi buryo bwo gusenga akabigiramo ikibazo aba adakunda igihugu cye. Iyo umuntu atangiye kuvuga ngo iyi ni siporo y’abakire nk’umumotari uherutse kubimbwira antwaye ku cyumweru gishize, aba adakunda igihugu cye. Nizere ko ibyo namwigishije yabyumvise.

Icya gatatu ni ukwiga, kumenya no kwita ku rurimi rw’abanyagihugu, aha ni ukuvuga “Ikinyarwanda” ukacyishimira bitabujije ko wakwiga n’izindi ndimi nk’Igiswahili nk’uko umwanditsi w’iyi nkuru Prof. MALONGA Pacifique yakitangiye kucyigisha no kugiteza imbere.

Icya kane ni ugukunda no guteza imbere umuco, imbyino n’indirimbo nyarwanda. Ibi bivuga kutabirutisha ibyaduka cyangwa ibyo hanze. Natashye ubukwe mbona umugeni abyinnye igishakamba neza nuko yikuza akabyino nyarwanda numva koko akunda igihugu cy’u Rwanda. Umugabo cyangwa umusore w’umunyarwanda ukunda uRwanda ajye yiga ibyivugo byibura agire ati “Ndi rutamira mushogoro rwa ntamushobora, umugabo utagira urugo ntarwanira intebe”.

Icyindi ni ugukunda imitekere cyangwa ibiryo n’ibinyobwa by’u Rwanda n’ikinyarwanda. Ibi ni uburyo bwo gukunda igihugu cyane cyane ko bituma duhinga, tukorora tugateza imbere iby’iwacu kandi ndakurahiye bituma ubuzima n’amagara y’abakoresha indyo n’ibinyobwa nyarwanda baramba.

Icya gatandatu ni ugukunda itegeko nshinga no kuryubahiriza. Iyo umunyarwanda avuga ngo akunda u Rwanda atazi, adakunda itegeko nshinga burya aba ari umubeshyi nubwo yaba adashaka kubeshya kandi haba harimo n’ubuswa, kuko n’intambwe n’uburyo bwo gukunda no kurinda igihugu cyawe.

Uburyo bwa karindwi ni ugukunda abaguhagarariye mu buyobozi, ni ukuvuga abakuyobora bakurikiza kandi bashaka icyaguteza imbere. Aha umuntu ukunda igihugu cye ntabwo apfa gutora nk’umuhango cyangwa yikiza ahubwo umuntu ukunda igihugu cye agomba gutora umunyabwenge kugira ngo atayoborwa n’impumyi kuko hagira aho imugeza cyangwa ngo igire aho igeza igihugu. Injiji, igisambo, igisahiranda, umugome ntaho yageza abe cyangwa abo ayobora n’abamuyobora bamugiraho ibibazo bikomeye.

Kuri iyi ngingo ya karindwi nanjye nawe twubahe kandi dushime Perezida Paul KAGAME kubera yatweretse ko ari indashyikirwa mu buyobozi, tuzamutore twongere tumutore mu rwego rwo gukunda igihugu cyacu cy’u Rwanda.

Uburyo bwa munani bwo gukunda u Rwanda, ni ugutanga imisoro n’amahoro. Ntaburyo wakunda igihugu cyawe utifuza imihanda, amazi, amashanyarazi, utifuza ko abakozi bahembwa. Ibyo byose kugira ngo bikorwe ni uko umuntu wese ukunda igihugu atanga imisoro n’amahoro. Abanyarwanda babeshya imisoro n’amahoro burya iyo bavuze ngo bakunda u Rwanda baba babeshye, kuko nk’umwana w’Umutambyi iyo batanga amaturo n’ikigiracumi mu nsengero ariko ntibatange imisoro n’amahoro baba bakora ubusa badakunda n’u Rwanda kuko Bibiliya iravuga iti “Iby’Uwiteka mubihe Uwiteka, ibya Kayizari mubihe Kayizari”.

Aha ni byiza ko abantu baba abagena imisoro, baba n’abayitanga birinde kuvanga iby’Uwiteka, ibya Kayizari n’ibitunga abana. Sinatinya no kuvuga ko nanjye hari ibyo nkwiye, bazabimpe mu rwego rwo gukunda igihugu.

Uburyo bwa cyenda bwo gukunda u Rwanda nk’umunyarwanda, ni ukuba umuntu ushishoza, ukita ku bibazo, imbogamizi, ibizazane no kutita kubitandukanya abanyarwanda ahubwo umuntu akita kubibahuza kuko abahuje n’abashyize hamwe Imana irabasanga. Nongere nti “Nubundi burya nta muntu umeze nk’undi ahubwo bose bahuzwa no kwegerana ni uko gukunda Rurema, no gukunda u Rwanda, igihugu cyawe.

Uburyo bwa cumi ni ukurinda umutekano w’igihugu cyawe ukoresheje uburyo ushoboye ubwo aribwo bwose. Jyewe nzakoresha ikaramu. Wowe musomyi urabivugaho iki?

“Prof. MALONGA ati ngibyo bisome ugire icyo wibwira”

-4116.jpg


Prof. Pacifique MALONGA
Umwanditsi akaba n’Umunyamakuru wigenga

2016-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Editorial 08 Jul 2019
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025
Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Editorial 04 Jan 2016
Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Editorial 03 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru