• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Ubwanditsi 07 Apr 2020 UBUKUNGU

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko icyemezo cyo gukoresha imishahara y’abayobozi bakuru y’ukwezi kwa Mata mu kunganira abagizweho ingaruka n’ingamba zashyizweho mu gukumira Coronavirus, kizatuma haboneka ubushobozi bugera muri miliyari 2.5 Frw.

Ku Cyumweru nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko abagize Guverinoma bose, abanyamabanga bahoraho, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abandi bayobozi bakuru mu nzego z’igihugu, bazigomwa umushahara wabo w’ukwezi kwa Mata, mu kunganira ingamba ziriho zo gufasha abagizweho ingaruka na Coronavirus.

Ni umwanzuro usanga ibindi byemezo bikomeye mu gukumira ikwirakwira rya Coronavirus, birimo ko ingendo mu gihugu zahagaze, amashuri arafungwa, abantu basabwa kuguma mu rugo ku buryo ibikorwa byinshi byafunzwe. Mu gihe Abanyarwanda baganaga ku musozo w’ibyumweru bibiri byari byatanzwe mbere, hahise hemezwa ko icyo gihe kizongerwaho iminsi 15.

Gukoresha iyi mishahara mu kunganira abatishoboye ni igikorwa kizunganira Leta cyane cyane mu kurushaho kwita ku bakeneye ubufasha, baryaga ari uko bakoze.

Byemejwe kandi mu gihe Leta nk’umukoresha wa mbere mu gihugu, itarimo kwinjiza amafaranga nk’ibisanzwe kuko isoko yayo ari ibikorwa bibyara inyungu byaba iby’imbere mu gihugu na mpuzamahanga, bitanga imisoro. Ibyo bikorwa byahagaze ku ijanisha riri hejuru cyane.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yabwiye RBA ko amafaranga azava muri iyi mishahara atarabarwa neza, ariko igereranya rigaragaza ko azagera muri miliyari zisaga ebyiri.

Yakomeje ati “Biracyabarwa neza ariko imibare yihuta igaragaza ko dushobora kubona nka miliyari 2.5 Frw, yakwifashishwa mu kongera ubushobozi buriho bwo gufasha Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’icyorezo mu buryo bw’umwihariko.”

“Turakomeza uburyo bwo gufasha abaturage bwatangiye kandi burimo kugenda bugira akamaro ku banyarwanda, ariko ubwo buryo buriyongera kugira ngo tugere no ku bataragerwaho kandi mwabonye ko n’iminsi yiyongereyeho ibindi byumweru bibiri, bigasaba ko nubwo bushobozi bwongerwa.”

Kuri uyu wa Mbere Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Kayirangwa Fanfan, yabwiye Itangazamakuru ko imisanzu izatangwa n’aba bayobozi mu kwezi kumwe ari amafaranga menshi.

Yakomeje ati “Ni amafaranga afite icyo azafasha, ntabwo twakora igereranya ariko ni amafaranga menshi, kandi twumva azafasha mu kunganira ibyo abandi barimo gukora, harimo na leta.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ari nayo irimo gukurikirana ibikorwa byo kwita ku batishoboye bakeneye ibiribwa, Nyirarukundo Ignacienne, yavuze ko kugeza ubu ibiribwa bihabwa abaturage byari bigihari, ku buryo iyi ngengo y’imari iraba inyongera.

Ati “Ntabwo duteganya wenda ko abakeneye inkunga bashobora kwiyongera, ahubwo icyo twavugaga ni ukureba ngo umuntu ashobora kumara ibyumweru bibiri akibasha kugira icyo yimarira, ariko wenda ibindi byumweru bibiri ntabishobore.”

“Ariko kubera ko imirimo y’ubuhinzi irimo gukomeza, ntabwo tubona ko imibare y’abarimo kutishobora ishobora kwiyongera. Ibyaza byaza bitwunganira.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko amafaranga agenewe imishahara y’abayobozi bakuru muri uku kwezi yose hamwe agomba gushyirwa mu bikorwa byemejwe, kandi “azatangirwa rimwe”.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize nibwo Inama y’Ubuyobozi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yafashe umwanzuro wo guha u Rwanda inguzanyo yihutirwa ya miliyoni 109.4 z’amadorali ya Amerika zizarufasha guhangana n’icyorezo cya COVID 19 cyibasiye Isi n’u Rwanda rurimo.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ayo mafaranga atagenewe umushinga runaka, ahubwo ari ajya mu ngengo y’imari akaziba icyuho giterwa n’uko muri iki gihe leta igomba gukoresha amafaranga menshi cyane cyane nko mu rwego rw’ubuzima.

Ati “Kugira ngo haboneke ibyangombwa byose byo gupima abantu, kuvuza ababonetseho uburwayi no kubona ibikoresho bitandukanye ndetse no gutabara abaturage badafite imirimo bakeneye iby’ibanze cyane cyane nk’ibyo kurya, ibyo ni ibintu bitari biteganyijwe mu ngengo y’imari byasabye ko dukoresha ayo dufite ariko dushaka n’andi yo kugira ngo azibe icyo cyuho”.

Kugeza ubu abamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda ni 105, mu gihe bane bamaze gukira bagasezererwa mu bitaro.

Src:IGIHE

2020-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Ubwanditsi 11 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze
ITOHOZA

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira
Mu Rwanda

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Ubwanditsi 16 May 2018
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi
Amakuru

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru