• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 16 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko abayobozi b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC) batangaza ko bagiye gukora iperereza ku kibazo cy’ubwumvikane buke bumaze iminsi burangwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Ibi bitangazwa n’umuhuza w’ibiganiro hagati ya leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo akaba na minisitiri w’ingabo mu gihugu cya Uganda bwana Crispus Kiyonga,aho atangaza ko mu minsi iri imbere abayobozi b’ibihugu bihuriye muri uyu muryango bagomba kwicara bagashaka umuti kuri iki kibazo.

Iyo ukurikiye itangazamakuru ryo mu Burundi, hamwe n’amagambo avugwa na bamwe mu barwanya Leta y’ u Rwanda, ubona ko hari umugambi ukomeye wo guharabika Leta y’u Rwanda no gushinja u Rwanda kuba rufasha abashaka guhirika ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza. Kandi aba bose harimo n’abashatse gukora Coup d’etat mugihe cya Godefroid Niyombare baboneka cyane muri Uganda, Kenya na Congo kinshasa ndetse n’Ububiligi naho mu Rwanda hakaba impunzi z’abarundi ziba mu nkambi ya Mahama na Gashora mu Bugesera aho bashyikira mbere yo guhabwa ibyangombwa.

Iyi ikaba ari imwe mu mpamvu zituma Uburundi bwikoma u Rwanda kuko u Rwanda rwabashije gucumbikira abarundi bahunze umutekano muke wakuruwe na manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza.

Nta mpunzi y’umurundi ikurwa mu nkambi ngo ijyanwe mu myitozo ya gisilikare nkuko bivugwa n’abacancuro babazungu n’imiryango mpuzamahanga isanzwe yanga u Rwanda.

-1747.jpg

Abakuru b’Ibibihugu bya EAC

Igitangaje ni uko k’umunsi w’ejo abanyamakuru bo mugihugu cyabaturanyi babarundi, bafatanyije nabamwe mubayobozi babo bihandagaje bavuga ko mumyenda ya gisirikare yafashwe, ngo harimo niyigisirikare cyu Rwanda! Ibi kandi bigashimangirwa nabamwe mubanyarwanda bahunze igihugu babitewe nibyaha bitandukanye baba barakoreye abanyarwanda nigihugu cyabo.

Uretse ko u Rwanda ntamwanya rugita kumuntu uwariwe wese, usebya u Rwanda, kuko ageraho akabona ko yibeshya, mumyambaro yafatiwe i Burundi yose bari bafatamo isa niyigisirikare cy’u Rwanda ? Nibarebe mubyahi byose bafashe barebe ko harigisa niyi !

-1745.jpg

Umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda

-1746.jpg

Imyenda yafashwe yeretswe abanyamakuru

Leta y’u Burundi ikwiye gushyira mugaciro ikarekera aho gukomeza kwikoma igihugu cy’u Rwanda, ahubwo ikareba uburyo yakemura ibibazo by’umutekano muke na Politiki mbi byugarije igihugu byakuruwe na manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza n’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane zitabarika. Aho buri munsi imirambo y’abana, abasore n’inkumi, abakecuru n’abasaza itoragurwa ku muhanda ikajya kujugunywa mubyobo rusange byacukuwe n’imbonerakure zifatanyije n’Igipolisi cy’Uburundi.

Umwanditsi wacu

2016-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Editorial 07 Sep 2022
Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Editorial 14 Aug 2021
Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Editorial 21 Jul 2016
Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Editorial 02 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru