• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Ubwanditsi 27 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Nzeri, Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa kigali bangije ibiyobyabwenge bitandukanye birimo kanyanga litiro 185, litiro ibihumbi bibiri z’inzoga zitemewe mu Rwanda, n’ibiro 900 by’urumogi.

Iki gikorwa cyo kwangiza ibi biyobyabwenge kikaba cyabereye ku kimoteri cya Nduba kiri mu murenge wa Nduba akarere Ka Gasabo, ibi biyobwabwenge byose bikaba bifite agaciro gakabakaba miliyoni ijana z’amafaranga y’uRwanda.

Nyuma yo kubyangiza, Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP ) Rogers Rutikanga, yavuze ko ibiyobyabwenge byangijwe byafatiwe mu turere 3 tw’umugi wa Kigali mu gihe cy’amezi atatu.

-8147.jpg

ACP Rogers Rutikanga Umuyobozi wa Polisi y’Umujyi

Yakomeje avuga ko ibi byose byafashwe kubera amakuru bahawe n’abaturage, aha akaba yavuze ati:”Tuzakomeza gufatanya n’abaturage gukora imikwabu ngo duhashye ibiyobyabwenge, kandi ntituzareba niba ari ibifi binini cyangwa ibito, twe tureba icyaha kandi uwo ariwe wese azafatwa. ”

ACP Rutikanga yavuze kandi ati:”Ibi biyobyabwenge bigira ingaruka k’ubabinyoye, kuko nibo usanga bijanditse mu byaha birimo gukubita no gukomeretsa, n’ibindi byaha.”

Yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ibi biyobyabwenge bifatwa, anakangurira abatayatanga kubafataho urugero nabo bagafatanya na Polisi y’u Rwanda urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge.

ACP Rutikanga yasoje ashishikariza urubyiruko kutishora mu biyobyabwenge kuko aribo bayobozi b’ejo b’igihugu, ahubwo bagashaka ibindi bibyara inyungu bakora.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Nyamurinda Pascal yavuze ko ibi biyobyabwenge biteye impungenge aho yavuze ati :”Ubundi umujyi wa Kigali urangwa n’isuku n’umutekano, ibi biyobyabwenge rero biduhungabanyiriza umutekano, ariko tuzakomeza gukorana na Polisi y’u Rwanda mu kubirwanya kugirango bicike burundu. ”

Nyamurinda yavuze ko umujyi wa Kigali washyizeho ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu bukangurambaga baha abaturage cyane cyane urubyiruko, barukangurira kutabyishoramo.

Yavuze kandi ko bazakomeza guhana ababifatiwemo, bakazanafatanya na Minisiteri y’urubyiruko mu kuruhuriza mu bigo bibigisha imyuga bakabona imirimo bakivana mu bukene.

Yashoje asaba abaturage guharanira intego y’umujyi wa Kigali ariyo “Isuku n’umutekano, bagaharanira gufatanya n’ubuyobozi kurwanya ibiyobyabwenge, barushaho gutungira agatoki inzego z’umutekano ababyishoramo kugirango bicike.

Source : RNP

2017-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Ubwanditsi 15 May 2017
Tanzania yakuye isomo ku Rwanda

Tanzania yakuye isomo ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano
Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6
Amakuru

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022
René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala
Mu Rwanda

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 10 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru