• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Ubwanditsi 27 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Nzeri, Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa kigali bangije ibiyobyabwenge bitandukanye birimo kanyanga litiro 185, litiro ibihumbi bibiri z’inzoga zitemewe mu Rwanda, n’ibiro 900 by’urumogi.

Iki gikorwa cyo kwangiza ibi biyobyabwenge kikaba cyabereye ku kimoteri cya Nduba kiri mu murenge wa Nduba akarere Ka Gasabo, ibi biyobwabwenge byose bikaba bifite agaciro gakabakaba miliyoni ijana z’amafaranga y’uRwanda.

Nyuma yo kubyangiza, Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP ) Rogers Rutikanga, yavuze ko ibiyobyabwenge byangijwe byafatiwe mu turere 3 tw’umugi wa Kigali mu gihe cy’amezi atatu.

-8147.jpg

ACP Rogers Rutikanga Umuyobozi wa Polisi y’Umujyi

Yakomeje avuga ko ibi byose byafashwe kubera amakuru bahawe n’abaturage, aha akaba yavuze ati:”Tuzakomeza gufatanya n’abaturage gukora imikwabu ngo duhashye ibiyobyabwenge, kandi ntituzareba niba ari ibifi binini cyangwa ibito, twe tureba icyaha kandi uwo ariwe wese azafatwa. ”

ACP Rutikanga yavuze kandi ati:”Ibi biyobyabwenge bigira ingaruka k’ubabinyoye, kuko nibo usanga bijanditse mu byaha birimo gukubita no gukomeretsa, n’ibindi byaha.”

Yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ibi biyobyabwenge bifatwa, anakangurira abatayatanga kubafataho urugero nabo bagafatanya na Polisi y’u Rwanda urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge.

ACP Rutikanga yasoje ashishikariza urubyiruko kutishora mu biyobyabwenge kuko aribo bayobozi b’ejo b’igihugu, ahubwo bagashaka ibindi bibyara inyungu bakora.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Nyamurinda Pascal yavuze ko ibi biyobyabwenge biteye impungenge aho yavuze ati :”Ubundi umujyi wa Kigali urangwa n’isuku n’umutekano, ibi biyobyabwenge rero biduhungabanyiriza umutekano, ariko tuzakomeza gukorana na Polisi y’u Rwanda mu kubirwanya kugirango bicike burundu. ”

Nyamurinda yavuze ko umujyi wa Kigali washyizeho ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu bukangurambaga baha abaturage cyane cyane urubyiruko, barukangurira kutabyishoramo.

Yavuze kandi ko bazakomeza guhana ababifatiwemo, bakazanafatanya na Minisiteri y’urubyiruko mu kuruhuriza mu bigo bibigisha imyuga bakabona imirimo bakivana mu bukene.

Yashoje asaba abaturage guharanira intego y’umujyi wa Kigali ariyo “Isuku n’umutekano, bagaharanira gufatanya n’ubuyobozi kurwanya ibiyobyabwenge, barushaho gutungira agatoki inzego z’umutekano ababyishoramo kugirango bicike.

Source : RNP

2017-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026
ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Ubwanditsi 13 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye
Amakuru

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Impinduka mu Gipolisi cya Uganda, umutwe kabuhariwe wa Flying Squad wasenywe
HIRYA NO HINO

Impinduka mu Gipolisi cya Uganda, umutwe kabuhariwe wa Flying Squad wasenywe

Ubwanditsi 08 May 2018
Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi
ITOHOZA

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Ubwanditsi 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru