• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ubwanditsi 22 Mar 2021 Amakuru, Mu Mahanga

Kuwa gatanu tariki 19 Werurwe 2021 nibwo i Bangui mu murwa mukuru wa Santarafrika habereye umuhango ukomeye, wari ugamije gushima umurava , urukundo n’ubuhanga abasirikari bari muri icyo gihugu bakomeje kugaragaza mu kugarura amahoro n’umutekano.

Muri uwo muhango waranzwe no gutanga imidari y’ishimwe ku basirikari b’u Rwanda bagize RwaBatt 7, Umugaba w’Ingabo za Loni ziri muri Santarafrika,Gen de Brig  Driss OKaddour,  yavuze ko ikinyabupfura, ubutwari n’ubushishozi biranga abasirikari b’uRwanda byatumye amahoro n’umutekano bigaruka mu bice byinshi by’icyo gihugu, none ubu abaturage bari mu bikorwa bibateza imbere mu mutuzo  baherukaga kera. Gen Okaddour, mu yagize ati:” Ubwo inyeshyamba zari zasizoye zishaka kuburizamo amatora y’Umuru w’Igihugu  yabaye mu mpera z’umwa ushize no kwigarurira umurwa mukuru Bangui, navuganye n’uyoboye ingabo z’u Rwanda muri Santrafrika, Lt Col JB Safari, maze ampa icyizere ko ibintu bitazatinda gusubira mu buryo. Niko byagenze kuko  amatora yagenze neza, kandi Bangui n’indi mijyi myinshi iratekanye kubera ubwitange bw’izi ngabo”.

Si kenshi ingabo z’amahanga zigera ku ntego iba yazijyanye aho zatabaye, kuko usanga zigerayo, aho guharanira amahoro n’umutekano, zikigira mu bikorwa by’ubucuruzi n’ibindi bihabanye n’inshingano zazo. Urugero rwa hafi ni ingabo za Loni, MONUSCO zimaze imyaka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko zikaba zarananiwe guhashya imitwe y’iterabwoba yagize icyo gihugu indiri, ahubwo Monusco ikaba idasiba kuvugwa mu bikorwa by’urukozasoni.

Aha niho havuye gutangarira no gushima ingabo z’uRwanda zikora kinyamwuga. Kuva abasirikari b’uRwanda bagera muri Santarafrika bakoze ibikorwa byinshi bigamije gukoma mu nkokora ibitero by’ineshyamba , ndetse zihabwa inshingano zitoroshye, z irimo no kurinda Umukuru w’Igihugu.

Amakuru ava muri iki gihugu cyazahajwe n’intambara , arahamya ko  inyeshyamba zishyize hamwe  ngo zihirike ubutegetsi  zitinya bikomeye abasirikari b’uRwanda, dore ko ngo iyo bumvise ko Rwambatt 7 ihagurutse  zihita ziyabangira ingata.

Bivugwa ko izo nyeshyamba ari iza François Bozizé wigeze kuba Perezida w’icyo gihugu, ndetse amakuru afitiwe gihamya akemeza ko   afashwa ku rugamba n’ingabo za Uganda, dore ko ngo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yijeje Bozizé kumusubiza ku butegetsi.

 

2021-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Ubwanditsi 15 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo
Mu Rwanda

[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

Ubwanditsi 31 May 2017
Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure
IMIKINO

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Ubwanditsi 08 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru