• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ubwanditsi 22 Mar 2021 Amakuru, Mu Mahanga

Kuwa gatanu tariki 19 Werurwe 2021 nibwo i Bangui mu murwa mukuru wa Santarafrika habereye umuhango ukomeye, wari ugamije gushima umurava , urukundo n’ubuhanga abasirikari bari muri icyo gihugu bakomeje kugaragaza mu kugarura amahoro n’umutekano.

Muri uwo muhango waranzwe no gutanga imidari y’ishimwe ku basirikari b’u Rwanda bagize RwaBatt 7, Umugaba w’Ingabo za Loni ziri muri Santarafrika,Gen de Brig  Driss OKaddour,  yavuze ko ikinyabupfura, ubutwari n’ubushishozi biranga abasirikari b’uRwanda byatumye amahoro n’umutekano bigaruka mu bice byinshi by’icyo gihugu, none ubu abaturage bari mu bikorwa bibateza imbere mu mutuzo  baherukaga kera. Gen Okaddour, mu yagize ati:” Ubwo inyeshyamba zari zasizoye zishaka kuburizamo amatora y’Umuru w’Igihugu  yabaye mu mpera z’umwa ushize no kwigarurira umurwa mukuru Bangui, navuganye n’uyoboye ingabo z’u Rwanda muri Santrafrika, Lt Col JB Safari, maze ampa icyizere ko ibintu bitazatinda gusubira mu buryo. Niko byagenze kuko  amatora yagenze neza, kandi Bangui n’indi mijyi myinshi iratekanye kubera ubwitange bw’izi ngabo”.

Si kenshi ingabo z’amahanga zigera ku ntego iba yazijyanye aho zatabaye, kuko usanga zigerayo, aho guharanira amahoro n’umutekano, zikigira mu bikorwa by’ubucuruzi n’ibindi bihabanye n’inshingano zazo. Urugero rwa hafi ni ingabo za Loni, MONUSCO zimaze imyaka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko zikaba zarananiwe guhashya imitwe y’iterabwoba yagize icyo gihugu indiri, ahubwo Monusco ikaba idasiba kuvugwa mu bikorwa by’urukozasoni.

Aha niho havuye gutangarira no gushima ingabo z’uRwanda zikora kinyamwuga. Kuva abasirikari b’uRwanda bagera muri Santarafrika bakoze ibikorwa byinshi bigamije gukoma mu nkokora ibitero by’ineshyamba , ndetse zihabwa inshingano zitoroshye, z irimo no kurinda Umukuru w’Igihugu.

Amakuru ava muri iki gihugu cyazahajwe n’intambara , arahamya ko  inyeshyamba zishyize hamwe  ngo zihirike ubutegetsi  zitinya bikomeye abasirikari b’uRwanda, dore ko ngo iyo bumvise ko Rwambatt 7 ihagurutse  zihita ziyabangira ingata.

Bivugwa ko izo nyeshyamba ari iza François Bozizé wigeze kuba Perezida w’icyo gihugu, ndetse amakuru afitiwe gihamya akemeza ko   afashwa ku rugamba n’ingabo za Uganda, dore ko ngo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yijeje Bozizé kumusubiza ku butegetsi.

 

2021-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Ubwanditsi 06 Jun 2016
U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we
ITOHOZA

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba
Mu Mahanga

Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019
HIRYA NO HINO

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Ubwanditsi 17 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru