• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Abaturage bo mu karere ka Rwamagana bavuga ko batunguwe n’urwenya rwa Barafinda Fred wagereranyije inkweto ze n’imodoka zihenze, ubwo yabaganaga mu mpera z’icyumweru gishize abasaba kumusinyira ngo abashe kuzuza ibyangombwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Barafinda ageze mu baturage bamwe babanje gushidikanya kuko benshi bari bamuzi mu mafoto n’amashusho, ku mbuga nkoranyambaga,… Bamwe bamufata nk’ukoresha iturufu yo gusetsa abaturage kugirango bamusinyire ariko abandi bakabimushimira.

Abatuye mu murenge wa Muhazi bavuga ko uyu Barafinda yahageze ku cyumweru tariki 25 Kamena, maze atangira gusetsa abaturage ngo baryoherwe n’urwenya bamusinyire.

Umwe muri bo aganira n’itangazamakuru, avuga ko yatunguwe n’urwenya rwa Barafinda yifashishaga ashaka abamusinyira.

Agira ati “Ku cyumweru yaje hano ku Agasoko ka Kabare atangira kudusetsa cyane, yakoresheje amagambo asekeje cyane nkaho yavuze ngo ‘njyewe abantu bazi ko nta modoka ngira ariko ndayigira, nubona RITCO, ujye uvuga uti Barafinda imodoka ye irahise, niyo yambaniye nkubu nishyuye 1000 gusa nza hano meze nk’uwicaye mu ndege’, yaranatubwiye ngo inkweto ze n’imodoka, ‘izi nkweto mubona imwe ni Hummer indi ni V8, no mu manegeka ndahagenda n’izi modoka zanjye’ akatwereka inkweto ze”.

Bamwe mu baturage basanga Barafinda umwuga wo gusetsa nawo wa mutunga naho ibyo kuba perezida kuri we byaba ari nk’inzozi.

Ati “Uriya mugabo afite impano yo gusetsa cyane ariko we wenda ntiyari abizi, buriya abigize umwuga nibyo byamufasha kurushaho kuko kuba perezida bisaba kuba ufite abayoboke benshi, niba we bimusaba gusetsa abantu kugirango babashe kumusinyira njye ntabwo namuca intege.

Rwose urwenya rwe twumvise, niba ashaka kumenyekana narwo rwatuma amenyekana ndetse n’amafaranga akayabona kuko twaramubajije ngo ‘ese uzabona ubushobozi bwo kwiyamamaza’ aratubwira ngo ubanza Leta ariyo izatuzana ubwo nibikora nzaza.

Bigaragara ko no kwiyamamaza kwe nabyo ari urwenya, nta mikoro afite yo kwiyamamaza mu gihe umukandida bizwi ko yirwariza mu kwiyamamaza”.

Aganira n’itangazamakuru, Segikuba Fred ahamya ko inkweto ye ari imodoka yo mu bwoko bwa hummer indi ikaba V8, akavuga ko yabitangarije abaturage muri Rwamagana bari bamushagaye ndetse banamwishimiye.

-7140.jpg

Barafinda Sekikubo Fred umunyapolitiki ufite impamvu200

Agira ati “Bakimenya ko mpasesekaye [Rwamagana], baraje baranshimira ni nabwo bambazaba iby’uko ntagira imodoka,… urukweto rwanjye rw’ibumoso ni Hummer yanjye, naho urw’iburyo ni V8 yanjye”.

Arakomeza, ati “urukweto rwanjye ni made in Rwanda rugera aho nshaka hose no mu manega ndahagera nibyo, naho imodoka ya made in Japan aho inkweto yanjye igera ntabwo yahagera”.

Mu gihe byavugwaga ko Barafinda yafashwe na Polisi mu mujyi wa Kigali, ku wa 28 Kamena, nyuma ikaza kumurekura, aya makuru arayanyomoza avuga ko rwose polisi y’igihugu irengena ahubwo ko ayishimira kugira amakenga meza.

Ati “Abantu bari benshi bafite impapuro barimo kunsinyira [mu gace kazwi nka Quartier Matheus no muri gare yo mu Mujyi ], baranshungereye cyane noneho polisi igira amakenga ko baba barimo kunkorera urugomo, rwose polisi ntabwo yigeze ibangamira Segikuba Fred, umukandida wigenga”.

Komisiyo y’igihugu itangaza ko kugeza magingo aya abakandida bemewe by’agateganyo baziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ari babiri.
Segikuba utari muri abo 2, avuga ko yizeye adashidikanya ko ibisabwa abura itariki yatanzwe azaba yabyujuje, akabona uburenganzira bwo kwiyamamaza kandi akegukana intsinzi, ati “Nzatungura Abanyarwanda nsinde amatora mbe perezida w’u Rwanda.

Barafinda Sekikubo Fred ni umugabo w’imyaka 47 y’amavuko, atuye mu Mujyi wa Kigali i Kanombe, ku wa 12 Kamena 2017, nibwo yamenyekanye ubwo yaganiraga n’ibitangazamakuru bitandukanye byamusanze kuri komisiyo y’amatora (NEC), ajyanyeyo kandidatire ye nk’ushaka kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Barafinda aravuga uko yahamagawe na Papa Francis, uko yashimuswe

[ VIDEO 2 ]


2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
‘ Wihutaza umunyantege nke, na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda ‘  – Polisi y’u Rwanda

‘ Wihutaza umunyantege nke, na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda ‘ – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Ubwanditsi 18 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo
ITOHOZA

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22
Mu Mahanga

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru