• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Abaturage bo mu karere ka Rwamagana bavuga ko batunguwe n’urwenya rwa Barafinda Fred wagereranyije inkweto ze n’imodoka zihenze, ubwo yabaganaga mu mpera z’icyumweru gishize abasaba kumusinyira ngo abashe kuzuza ibyangombwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Barafinda ageze mu baturage bamwe babanje gushidikanya kuko benshi bari bamuzi mu mafoto n’amashusho, ku mbuga nkoranyambaga,… Bamwe bamufata nk’ukoresha iturufu yo gusetsa abaturage kugirango bamusinyire ariko abandi bakabimushimira.

Abatuye mu murenge wa Muhazi bavuga ko uyu Barafinda yahageze ku cyumweru tariki 25 Kamena, maze atangira gusetsa abaturage ngo baryoherwe n’urwenya bamusinyire.

Umwe muri bo aganira n’itangazamakuru, avuga ko yatunguwe n’urwenya rwa Barafinda yifashishaga ashaka abamusinyira.

Agira ati “Ku cyumweru yaje hano ku Agasoko ka Kabare atangira kudusetsa cyane, yakoresheje amagambo asekeje cyane nkaho yavuze ngo ‘njyewe abantu bazi ko nta modoka ngira ariko ndayigira, nubona RITCO, ujye uvuga uti Barafinda imodoka ye irahise, niyo yambaniye nkubu nishyuye 1000 gusa nza hano meze nk’uwicaye mu ndege’, yaranatubwiye ngo inkweto ze n’imodoka, ‘izi nkweto mubona imwe ni Hummer indi ni V8, no mu manegeka ndahagenda n’izi modoka zanjye’ akatwereka inkweto ze”.

Bamwe mu baturage basanga Barafinda umwuga wo gusetsa nawo wa mutunga naho ibyo kuba perezida kuri we byaba ari nk’inzozi.

Ati “Uriya mugabo afite impano yo gusetsa cyane ariko we wenda ntiyari abizi, buriya abigize umwuga nibyo byamufasha kurushaho kuko kuba perezida bisaba kuba ufite abayoboke benshi, niba we bimusaba gusetsa abantu kugirango babashe kumusinyira njye ntabwo namuca intege.

Rwose urwenya rwe twumvise, niba ashaka kumenyekana narwo rwatuma amenyekana ndetse n’amafaranga akayabona kuko twaramubajije ngo ‘ese uzabona ubushobozi bwo kwiyamamaza’ aratubwira ngo ubanza Leta ariyo izatuzana ubwo nibikora nzaza.

Bigaragara ko no kwiyamamaza kwe nabyo ari urwenya, nta mikoro afite yo kwiyamamaza mu gihe umukandida bizwi ko yirwariza mu kwiyamamaza”.

Aganira n’itangazamakuru, Segikuba Fred ahamya ko inkweto ye ari imodoka yo mu bwoko bwa hummer indi ikaba V8, akavuga ko yabitangarije abaturage muri Rwamagana bari bamushagaye ndetse banamwishimiye.

-7140.jpg

Barafinda Sekikubo Fred umunyapolitiki ufite impamvu200

Agira ati “Bakimenya ko mpasesekaye [Rwamagana], baraje baranshimira ni nabwo bambazaba iby’uko ntagira imodoka,… urukweto rwanjye rw’ibumoso ni Hummer yanjye, naho urw’iburyo ni V8 yanjye”.

Arakomeza, ati “urukweto rwanjye ni made in Rwanda rugera aho nshaka hose no mu manega ndahagera nibyo, naho imodoka ya made in Japan aho inkweto yanjye igera ntabwo yahagera”.

Mu gihe byavugwaga ko Barafinda yafashwe na Polisi mu mujyi wa Kigali, ku wa 28 Kamena, nyuma ikaza kumurekura, aya makuru arayanyomoza avuga ko rwose polisi y’igihugu irengena ahubwo ko ayishimira kugira amakenga meza.

Ati “Abantu bari benshi bafite impapuro barimo kunsinyira [mu gace kazwi nka Quartier Matheus no muri gare yo mu Mujyi ], baranshungereye cyane noneho polisi igira amakenga ko baba barimo kunkorera urugomo, rwose polisi ntabwo yigeze ibangamira Segikuba Fred, umukandida wigenga”.

Komisiyo y’igihugu itangaza ko kugeza magingo aya abakandida bemewe by’agateganyo baziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ari babiri.
Segikuba utari muri abo 2, avuga ko yizeye adashidikanya ko ibisabwa abura itariki yatanzwe azaba yabyujuje, akabona uburenganzira bwo kwiyamamaza kandi akegukana intsinzi, ati “Nzatungura Abanyarwanda nsinde amatora mbe perezida w’u Rwanda.

Barafinda Sekikubo Fred ni umugabo w’imyaka 47 y’amavuko, atuye mu Mujyi wa Kigali i Kanombe, ku wa 12 Kamena 2017, nibwo yamenyekanye ubwo yaganiraga n’ibitangazamakuru bitandukanye byamusanze kuri komisiyo y’amatora (NEC), ajyanyeyo kandidatire ye nk’ushaka kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Barafinda aravuga uko yahamagawe na Papa Francis, uko yashimuswe

[ VIDEO 2 ]


2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Ubwanditsi 14 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru
SHOWBIZ

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje
Mu Mahanga

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru