• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Abaturage bo mu karere ka Rwamagana bavuga ko batunguwe n’urwenya rwa Barafinda Fred wagereranyije inkweto ze n’imodoka zihenze, ubwo yabaganaga mu mpera z’icyumweru gishize abasaba kumusinyira ngo abashe kuzuza ibyangombwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Barafinda ageze mu baturage bamwe babanje gushidikanya kuko benshi bari bamuzi mu mafoto n’amashusho, ku mbuga nkoranyambaga,… Bamwe bamufata nk’ukoresha iturufu yo gusetsa abaturage kugirango bamusinyire ariko abandi bakabimushimira.

Abatuye mu murenge wa Muhazi bavuga ko uyu Barafinda yahageze ku cyumweru tariki 25 Kamena, maze atangira gusetsa abaturage ngo baryoherwe n’urwenya bamusinyire.

Umwe muri bo aganira n’itangazamakuru, avuga ko yatunguwe n’urwenya rwa Barafinda yifashishaga ashaka abamusinyira.

Agira ati “Ku cyumweru yaje hano ku Agasoko ka Kabare atangira kudusetsa cyane, yakoresheje amagambo asekeje cyane nkaho yavuze ngo ‘njyewe abantu bazi ko nta modoka ngira ariko ndayigira, nubona RITCO, ujye uvuga uti Barafinda imodoka ye irahise, niyo yambaniye nkubu nishyuye 1000 gusa nza hano meze nk’uwicaye mu ndege’, yaranatubwiye ngo inkweto ze n’imodoka, ‘izi nkweto mubona imwe ni Hummer indi ni V8, no mu manegeka ndahagenda n’izi modoka zanjye’ akatwereka inkweto ze”.

Bamwe mu baturage basanga Barafinda umwuga wo gusetsa nawo wa mutunga naho ibyo kuba perezida kuri we byaba ari nk’inzozi.

Ati “Uriya mugabo afite impano yo gusetsa cyane ariko we wenda ntiyari abizi, buriya abigize umwuga nibyo byamufasha kurushaho kuko kuba perezida bisaba kuba ufite abayoboke benshi, niba we bimusaba gusetsa abantu kugirango babashe kumusinyira njye ntabwo namuca intege.

Rwose urwenya rwe twumvise, niba ashaka kumenyekana narwo rwatuma amenyekana ndetse n’amafaranga akayabona kuko twaramubajije ngo ‘ese uzabona ubushobozi bwo kwiyamamaza’ aratubwira ngo ubanza Leta ariyo izatuzana ubwo nibikora nzaza.

Bigaragara ko no kwiyamamaza kwe nabyo ari urwenya, nta mikoro afite yo kwiyamamaza mu gihe umukandida bizwi ko yirwariza mu kwiyamamaza”.

Aganira n’itangazamakuru, Segikuba Fred ahamya ko inkweto ye ari imodoka yo mu bwoko bwa hummer indi ikaba V8, akavuga ko yabitangarije abaturage muri Rwamagana bari bamushagaye ndetse banamwishimiye.

-7140.jpg

Barafinda Sekikubo Fred umunyapolitiki ufite impamvu200

Agira ati “Bakimenya ko mpasesekaye [Rwamagana], baraje baranshimira ni nabwo bambazaba iby’uko ntagira imodoka,… urukweto rwanjye rw’ibumoso ni Hummer yanjye, naho urw’iburyo ni V8 yanjye”.

Arakomeza, ati “urukweto rwanjye ni made in Rwanda rugera aho nshaka hose no mu manega ndahagera nibyo, naho imodoka ya made in Japan aho inkweto yanjye igera ntabwo yahagera”.

Mu gihe byavugwaga ko Barafinda yafashwe na Polisi mu mujyi wa Kigali, ku wa 28 Kamena, nyuma ikaza kumurekura, aya makuru arayanyomoza avuga ko rwose polisi y’igihugu irengena ahubwo ko ayishimira kugira amakenga meza.

Ati “Abantu bari benshi bafite impapuro barimo kunsinyira [mu gace kazwi nka Quartier Matheus no muri gare yo mu Mujyi ], baranshungereye cyane noneho polisi igira amakenga ko baba barimo kunkorera urugomo, rwose polisi ntabwo yigeze ibangamira Segikuba Fred, umukandida wigenga”.

Komisiyo y’igihugu itangaza ko kugeza magingo aya abakandida bemewe by’agateganyo baziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ari babiri.
Segikuba utari muri abo 2, avuga ko yizeye adashidikanya ko ibisabwa abura itariki yatanzwe azaba yabyujuje, akabona uburenganzira bwo kwiyamamaza kandi akegukana intsinzi, ati “Nzatungura Abanyarwanda nsinde amatora mbe perezida w’u Rwanda.

Barafinda Sekikubo Fred ni umugabo w’imyaka 47 y’amavuko, atuye mu Mujyi wa Kigali i Kanombe, ku wa 12 Kamena 2017, nibwo yamenyekanye ubwo yaganiraga n’ibitangazamakuru bitandukanye byamusanze kuri komisiyo y’amatora (NEC), ajyanyeyo kandidatire ye nk’ushaka kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Barafinda aravuga uko yahamagawe na Papa Francis, uko yashimuswe

[ VIDEO 2 ]


2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu
POLITIKI

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri
Mu Mahanga

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016
U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru