• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bahaye amazi meza n’amashanyarazi abaturage

Gasabo: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bahaye amazi meza n’amashanyarazi abaturage

Ubwanditsi 08 Jun 2017 Mu Rwanda

Kuwa gatatu tariki ya 7 Kamena, abaturage b’umudugudu w’Agahinga mu murenge wa Jali, biriwe mu byishimo byinshi nyuma yo guhabwa amazi meza ndetse n’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba na Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo. Ingo 56 nizo zahawe ayo mashanyarazi ndetse n’umudugudu wavuzwe hejuru uhabwa amavomo atatu y’amazi meza.

Ibi bikorwa by’iterambere abaturage bagejejweho bifite aho bihuriye n’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda, aho ifasha abaturage hirya no hino mu gihugu, ibaha ibikorwa by’iterambere birimo amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba n’ibindi, ku buryo bibafasha kwiteza imbere no kwicungira umutekano.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye wari n’umushyitsi mukuru mu gutaha ku mugaragaro ibyo bikorwa, yagarutse ku bikorwa byo kwibohora byaranze abanyarwanda mu bihe byashize. Yavuze ko kimwe mu byari bigamijwe harimo no gusezerera burundu imibereho mibi bari bafite icyo gihe yatumaga ubuzima n’imibereho byabo biba bibi bitewe n’ubukene, kutiga, ubujiji, n’ibindi. Yavuze ko ibi bikorwa byiza by’iterambere bitandukanye abaturage bagenda bagezwaho na Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego bifitanye isano n’uko kwibohora.

Minisitiri Busingye yakomeje avuga ko ubufatanye n’abaturage bwatumye ibi bikorwa byose bigerwaho, abasaba gukomeza kugira uruhare mu kubirinda no kubisigasira ndetse hagaharanirwa ko n’ibitaraboneka byazagerwaho kubera ubu bufatanye.

Minisitiri w’Ubutabera yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira icyahungabanya umutekano ndetse bakirinda ibyaha; yibutsa ko amategeko ndetse n’inzego z’ubutabera biba byiteguye guhana ubangamira ituze n’umudendezo w’igihugu.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana we mu ijambo rye, yashimiye abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda barimo Minisiteri y’ibikorwa remezo, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura ndetse n’igishinzwe umuriro, urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ndetse n’izindi nzego, kuba bakomeje gufatanya na Polisi muri ibyo bikorwa byose bigamije iterambere ry’abaturage n’umutekano w’igihugu.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu, mu gihugu hose ingo zigera ku bihumbi 3400 ndetse n’ibigo nderabuzima 20 bimaze guhabwa amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba, hanatanzwe ubwisungane mu kwivuza ku baturage bugera kuri 700, hanakozwe n’ibindi bikorwa bigamije isuku n’isukura birimo guha abaturage amazi meza, kubaka ubwiherero bw’abatishoboye, guharura no gutunganya imihanda, kubakira abatishoboye ibikoni, n’ibindi.

IGP Gasana yakomeje asaba abaturage gufatanya kwicungira umutekano kuko ariwo shingiro ry’iterambere ndetse n’ibyo bikorwa byiza byose bashyikirizwa.

Ibi bikorwa byose bigenda bihabwa abaturage hirya no hino mu gihugu, bigendana no kubagezaho ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, icuruzwa ry’abantu, kurwanya ruswa, ubujura buciye icyuho, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kubungabunga umutekano wo mu muhanda, kurwanya ibiyobyabwenge, kurengera ibidukikije n’ibindi.

-6848.jpg

Byose bizasozwa no kwizihiza isabukuru y’imyaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe ku itariki ya 16 Kamena, hishimirwa ubufatanye buri hagati y’abaturage na Polisi y’u Rwanda mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Source : RNP

2017-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Ubwanditsi 05 Apr 2017
Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru
Mu Rwanda

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Ubwanditsi 24 Mar 2018
RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF
ITOHOZA

RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF

Ubwanditsi 25 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru