• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Hopital Ruli : Uwabyaye agapfunyikirwa ‘igipupe’ yasubijwe uruhinja ruzima “Ukekwa yatawe muri yombi “

Hopital Ruli : Uwabyaye agapfunyikirwa ‘igipupe’ yasubijwe uruhinja ruzima “Ukekwa yatawe muri yombi “

Ubwanditsi 24 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yasubije umubyeyi uruhinja byavugwaga ko yabyaye uwapfuye maze agahabwa ‘igipupe’ ngo abe ari cyo ashyingura.

Mu ijoro ryo kuwa 23 Kanama, ku Bitaro bya Ruli biri mu Karere ka Gakenke ni ho habereye iri bara ubwo umubyeyi wahabyariye yahamirizwaga n’abaganga ko uruhinja rwe rwapfuye ariko bajya gushyingura bagasanga bahawe ‘igipupe’ kiri kumwe n’amabuye abiri.

Binyujijwe ku rubuga rwa Twitter rwa Polisi y’u Rwanda, hatangajwe ko uru ruhinja rwabonetse ari ruzima maze rugasubizwa nyina warubyaye.

Polisi yagize iti “Umwana yabonetse kandi yasubijwe nyina umubyara. Ukekwa yatawe muri yombi.”

-3797.jpg

-3795.jpg

-3796.jpg

Cyari kigiye gushyingurwa

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyarugu, IP Gasasira Innocent yemeza amakuru y’uko umwana wavugwaga ko yapfuye nyuma yo kuvuka yabonetse akerekwa ababyeyi be.

IP Gasasira avuga ko kuwa 22 Kanama ari bwo Nzamwitakuze Brigitte yabyariye mu bitaro bya Ruli umwana muzima, maze kuwa 23 uruhinja rugira ikibazo cy’umuriro maze umuforomo witwa Bucyensenge ajya kuruvura.

Ngo hashize umwanya, yabwiye abarwaza ba Nzamwitakuze ko umwana yapfuye anabazanira mu gakarito yavugaga ko yashyizemo umurambo we bajya gushyingura batiriwe barebamo.

IP Gasasira yagize ati “Yafashe agakarito ashyiramo igipupe, ashyiramo n’amabuye ashaka kuzuza ibiro by’umwana, ahereza abarwaza b’uwo mugore, batwara mu muryango bajya gushyingura.”

Ngo mbere yo gushyingura, se w’umwana yagize amatsiko yo kumureba bwa nyuma, afunguye abona amabuye n’igipupe.

Bahise batangira gukurikirana, bashaka umuganga wamuvuraga bamuhamagaye ababwira ko ari iwe mu rugo yabyaye.

Ngo bahize bajya kumureba basanga nta bimenyetso by’uko yabyaye afite, bamujyana kwa muganga kumupima, none nk’uko IP Gasasira abihamya, ngo ibisubizo by’agateganyo bigaragaza ko uyu muforomo atigeze abyara.

Umwana we ngo ubu ni muzima, bari kumusuzuma ngo barebe niba nta kibazop afite abone gusubizwa ababyeyi be nab o bahamya ko ari uwabo.

IP Gasasira asaba abaganga n’abandi bakozi bose kuba ababyamwuga mu byo bakora bakirinda amakosa nk’aya yo guhemuka.

Ngo aramutse ahamwe n’icyaha, Bucyensenge yahanishwa ingingo ya 224 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, ihana icyaha cyo kwambura ababyeyi umwana ku maherere.

Iyi ngingo iteganya igihano kuva ku mwaka 1 kugeza ku myaka 3 n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 50 kugeza ku bihumbi 500.

Source : Izuba rirashe

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Ubwanditsi 04 Feb 2016
Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse  no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo  bunyago  gukora muruganda  rw’Umunyarwanda  Kayitare Jean Bosco baratabaza
ITOHOZA

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo bunyago gukora muruganda rw’Umunyarwanda Kayitare Jean Bosco baratabaza

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Umumotari Yishe Nyina Umubyara Kubera kumuzengereza amusabaga ko bakorana imibonano mpuzabitsina
Mu Rwanda

Umumotari Yishe Nyina Umubyara Kubera kumuzengereza amusabaga ko bakorana imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi
Amakuru

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru