• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Hopital Ruli : Uwabyaye agapfunyikirwa ‘igipupe’ yasubijwe uruhinja ruzima “Ukekwa yatawe muri yombi “

Hopital Ruli : Uwabyaye agapfunyikirwa ‘igipupe’ yasubijwe uruhinja ruzima “Ukekwa yatawe muri yombi “

Ubwanditsi 24 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yasubije umubyeyi uruhinja byavugwaga ko yabyaye uwapfuye maze agahabwa ‘igipupe’ ngo abe ari cyo ashyingura.

Mu ijoro ryo kuwa 23 Kanama, ku Bitaro bya Ruli biri mu Karere ka Gakenke ni ho habereye iri bara ubwo umubyeyi wahabyariye yahamirizwaga n’abaganga ko uruhinja rwe rwapfuye ariko bajya gushyingura bagasanga bahawe ‘igipupe’ kiri kumwe n’amabuye abiri.

Binyujijwe ku rubuga rwa Twitter rwa Polisi y’u Rwanda, hatangajwe ko uru ruhinja rwabonetse ari ruzima maze rugasubizwa nyina warubyaye.

Polisi yagize iti “Umwana yabonetse kandi yasubijwe nyina umubyara. Ukekwa yatawe muri yombi.”

-3797.jpg

-3795.jpg

-3796.jpg

Cyari kigiye gushyingurwa

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyarugu, IP Gasasira Innocent yemeza amakuru y’uko umwana wavugwaga ko yapfuye nyuma yo kuvuka yabonetse akerekwa ababyeyi be.

IP Gasasira avuga ko kuwa 22 Kanama ari bwo Nzamwitakuze Brigitte yabyariye mu bitaro bya Ruli umwana muzima, maze kuwa 23 uruhinja rugira ikibazo cy’umuriro maze umuforomo witwa Bucyensenge ajya kuruvura.

Ngo hashize umwanya, yabwiye abarwaza ba Nzamwitakuze ko umwana yapfuye anabazanira mu gakarito yavugaga ko yashyizemo umurambo we bajya gushyingura batiriwe barebamo.

IP Gasasira yagize ati “Yafashe agakarito ashyiramo igipupe, ashyiramo n’amabuye ashaka kuzuza ibiro by’umwana, ahereza abarwaza b’uwo mugore, batwara mu muryango bajya gushyingura.”

Ngo mbere yo gushyingura, se w’umwana yagize amatsiko yo kumureba bwa nyuma, afunguye abona amabuye n’igipupe.

Bahise batangira gukurikirana, bashaka umuganga wamuvuraga bamuhamagaye ababwira ko ari iwe mu rugo yabyaye.

Ngo bahize bajya kumureba basanga nta bimenyetso by’uko yabyaye afite, bamujyana kwa muganga kumupima, none nk’uko IP Gasasira abihamya, ngo ibisubizo by’agateganyo bigaragaza ko uyu muforomo atigeze abyara.

Umwana we ngo ubu ni muzima, bari kumusuzuma ngo barebe niba nta kibazop afite abone gusubizwa ababyeyi be nab o bahamya ko ari uwabo.

IP Gasasira asaba abaganga n’abandi bakozi bose kuba ababyamwuga mu byo bakora bakirinda amakosa nk’aya yo guhemuka.

Ngo aramutse ahamwe n’icyaha, Bucyensenge yahanishwa ingingo ya 224 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, ihana icyaha cyo kwambura ababyeyi umwana ku maherere.

Iyi ngingo iteganya igihano kuva ku mwaka 1 kugeza ku myaka 3 n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 50 kugeza ku bihumbi 500.

Source : Izuba rirashe

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irishimira ubufatanye bwayo n’abaturage mu minsi mikuru itambutse

Polisi y’u Rwanda irishimira ubufatanye bwayo n’abaturage mu minsi mikuru itambutse

Ubwanditsi 03 Jan 2017
ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘

ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Kinshasa: Ambasade ya Amerika yongeye gufungura imiryango nyuma y’icyumweru ifunze

Kinshasa: Ambasade ya Amerika yongeye gufungura imiryango nyuma y’icyumweru ifunze

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ubwanditsi 24 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi
HIRYA NO HINO

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?
Amakuru

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho
IMIKINO

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Ubwanditsi 09 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru