• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe mu mpera za 2025 byatangajwe ko hari ingabo z’Uburundi zavuye muri Congo mu rwego rwo kubahiriza amasezerano mpuzamahanga, amakuru aturuka ku basirikare basigaye mu burasirazuba bwa Congo agaragaza ko hari brigades zitatu zitigeze zivayo. Abo basirikare bavuga ko bamaze amezi badahembwa, bakaba babayeho mu bukene n’umwanda bikabije, ku buryo batinya kwibasirwa n’indwara ya tifusi iterwa n’umwanda w’inda.

Amakuru yatanzwe n’umwe mu basirikare ari ku rugamba akayaha FOCODE avuga ko kuva mu Ukwakira 2025 batakibona amafaranga bita “ikibango” yabafashaga kwitunga buri kwezi. Ibi byatumye babura ibikoresho by’isuku n’ibyo kwifashisha mu mibereho ya buri munsi.

Abasirikare bavuga ko batangiye kwibaza niba bakiri mu ngabo z’Igihugu koko, nyuma yo kumara amezi menshi badafashwa. Mu butumwa bwabo, bagaragaza ko babona ari nko kwibagirana ku basirikare bari mu butumwa bw’Igihugu.

“Turabaza ubuyobozi bw’igisirikare: Ese abasirikare twasigaye muri Congo turazwi? Niba tukiri mu butumwa bwa TAFOC, kuki amafaranga twahoraga tubona buri kwezi atakiboneka?”

Ibi bibazo byabo bigaragaza impungenge z’uko babayeho mu buzima bugoye, badafite icyizere ku hazaza habo mu gihe bari mu butumwa bw’intambara.

Abasirikare bavuga ko ubuzima babayemo bugenda burushaho kuba bubi. Babura amasabune, ntibamesa imyenda, kandi boga mu mazi adasukuye. Ibi byose byatumye imyenda yabo yuzura inda bituma bagira ubwoba ko bashobora kwibasirwa n’indwara ya tifusi.

Bavuga ko byaba ari agahomamunwa kumva umusirikare uri mu butumwa bw’Igihugu yandura indwara ituruka ku mwanda n’ubukene.

Ikindi kibazo gikomeye ni ukubura amazi yo kunywa. Abo basirikare bavuga ko buri musirikare yagombaga guhabwa amacupa abiri y’amazi ku munsi, ariko ubu ngo anyobwa n’abofisiye gusa. Uwari uyoboye bataillon imwe yari yarashyizeho uburyo bwo guha abasirikare amafaranga angana n’ibihumbi 30 by’amafaranga ya Congo buri kwezi, kugira bigurire amazi, ariko ngo nabyo byaje guhagarara.

Ibi byatumye abasirikare bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga, kuko babayeho mu bushyuhe bwo ku rugamba badafite amazi meza yo kunywa.

Abasirikare bavuga ko bagabanijwe mu duce dutandukanye two mu burasirazuba bwa RDC: Brigade ya 5 iri muri Mwenga, Brigade ya 6 iri i Baraka, Brigade ya 7 iri i Kalemie

Abo bari i Baraka bavuga ko bakorera mu bice bikomeye by’intambara birimo Katanga, Mutego, Bibokoboko ndetse no mu duce twa Minembwe, aho intambara zikomeye zikomeje.

Muri rusange, ubutumwa bwabo bugamije gusaba ubuyobozi bw’Igihugu gutabara abasirikare bari mu buzima bugoye. Basaba Perezida w’Igihugu, Minisiteri y’ingabo n’ubuyobozi bw’igisirikare kumenya amagorwa barimo.

Banibutsa ko ari abasirikare bari mu butumwa bw’Igihugu, bityo bakwiye guhabwa uburenganzira ku mibereho iboneye, isuku, amazi meza n’agahembo kabo ka buri kwezi.

Général Prime Niyongabo yari yaratangaje ko ingabo zimwe zavuye muri RDC, ariko ubuhamya bw’abasirikare busigaye ku rugamba bugaragaza ko hari izindi brigades zitigeze ziva ku butaka bwa Congo, zikaba zikomeje guhangana n’intambara mu gihe zibayeho mu bukene n’umwanda ukabije.

Aba basirikare basaba ko ubutumwa bwabo bwagera ku bayobozi, kugira ngo haboneke igisubizo cyihuse cyakuraho ubukene, umwanda n’impungenge z’indwara bibugarije mu butumwa bw’Igihugu.

2026-02-23
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Ubwanditsi 06 May 2018
Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Ubwanditsi 02 May 2016
Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2020
Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Ubwanditsi 13 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside
Mu Rwanda

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC
Amakuru

Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Ubwanditsi 28 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru