• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Ubwanditsi 22 Jun 2017 Mu Rwanda

Abasheshe Akanguhe bo mu Murenge wa Kimoronko bafashe ingamba ko bazatora Perezida wa Repubulika Paul Kagame 100% mu matora ateganyijwe muri Kanama 2017, kuko yabanishije Abanyarwanda mu bumwe n’ubwiyunge, bakaba bari mu mahoro n’umudendezo nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 aho kuri ubu Abanyarwanda babanye neza nta mwiryane n’amacakubiri.

Jean Claude Mugabo Umukozi ushinzwe kwakira abashyitsi no kubasobanurira amateka ku Rwibutso rwa Jeoside rwa Gisozi yagize ati ‘‘Mu gihe cya Jenoside yarimo kuba hari impurirane rw’ibibazo byariho icyo gihe aho bamwe mu baturage bahishe bagenzi babo b’Abatutsi barimo umubyeyi witwa Sule Karuhimbi utuye i Muhanga akaba akiriho’’.

Abandi birwanyeho icyo gihe barimo abatutsi bo mu Bisesero bagerageje guhangana n’abashakaga gukora Jenoside kimwe n’Abagogwe na bo bagerageje kwirwanaho, hari nanone n’abandi bari bagamije gusenya barimo nka Padiri Seromba watanze itegeko ryo gusenya kiriziya y’i Nyange ngo bazubaka indi, kuko abatutsi bari bayihungiyemo.

Icyo gihe abaturage bamwe bicaga bagenzi babo, abandi babahisha, abandi birwanaho ni bwo Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ingabo zawo zari ku rugamba zihanganye n’abakoraga Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 zagiye zirokora Abanyarwanda ibihumbi n’ibihumbi by’Abatutsi bahigwaga icyo gihe’’.

Mukandoli Euthalie umwe muri abo basheshe akanguhe waturutse mu Murenge wa Kimoronko yagize ati ‘‘Ni twe dufite urufunguzo rwo gutanga imbabazi ariko hari abagomba gufata iya mbere bakazisaba, turashimira uwahagaritse Jenoside ari we Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda wari uyoboye Ingabo za RPF Inkotanyi, kuko yemereye ubushake bw’Imana agakora icyo yamuhamagariye kugeza magingo aya akaba atari yateshuka ku inshingano yamuhaye zo kuyobora Abanyarwanda mu bumwe n’ubwiyunge’’.

Seromba Pierre Celestin Umuyobozi wa Ibuka mu Murenge wa Kimironko yashimye isuku n’umutekano yasanze ku rwibutso rwa Gisozi yagize ati ‘‘nk’atwe abacitse ku icumu rya Jenoside iyo tubona uburyo abacu bahawe agaciro biratunezeza, kuko nubwo bishwe batari ibigwari ahubwo bari intwari, Jenoside ntikongere ukundi mu Rwanda no ku isi’’.

Seromba yakomeje agira ati ‘‘Tuzatora Perezida Paul Kagame 100% kubera imiyoborere myiza no kongera kubanisha Abanyarwanda neza, kuri ubu tukaba tubanye mu mahoro mu bwumvikane n’ubwubahane nta mwiryane bitandukanye n’ubutegetsi bwa Repubulika ya 1 n’iya 2 n’iyiyise iyo abatabazi yakoze amahano ya Jenoside’’

-7034.jpg

Perezida Kagame k’urugamba asubiza abanyamakuru ba Radio Muhabura

Umuyobozi w’Abasheshe Akanguhe ku rwego rw’igihugu Basengo Munyaburanga Louis yavuze ko ababyeyi bakwiye kwigisha abana babo gukundana no gukunda igihugu, bakazaraga abana babo igihugu kizira amacakubiri n’umwiryane.

Yagize ati ‘‘Turashimira Leta yacu ifite imiyoborere myiza, ituganisha ku iterambere aho tutifuza ko tutakongera gusubira mu icuraburindi twavuyemo, turasaba ababyeyi b’abasheshe akanguhe kuraga abana babo igihugu cyiza no guhora babatoza gukundana no kubahana ndetse no kubana mu mahoro’’.

Yagize ati ‘‘Tugomba kuzaraga abana bacu igihugu cyiza kirangwa n’amahoro, twese tukiyumvamo ubunyarwanda twirinda ibyashobora kudutanya tukirinda amacakubiri n’inzangano ahubwo tugasenyera umugozi umwe’’.

Abo basheshe akanguhe bashyize indabo ku rwibutso rushyinguwemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, aho abato kugeza ku bakuze bazize uko basaga, babasubiza icyubahiro kibakwiye.

-7033.jpg

Abo basheshe Akanguhe baturutse mu Murenge wa Kimironko na Bumbogo bagera kuri 30 aho buri ishami ryagiye ryohereza abantu bari babahagarariye nabo bakazabwira abandi basigaye amateka n’ibyo babwiwe bagamije kubaka igihugu no kubana mu mahoro mu bumwe n’ubwiyunge.

Basanda Ns Oswald

2017-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018
RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Ubwanditsi 15 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.
Amakuru

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ubwanditsi 05 Mar 2021
Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Aug 2018
RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma
HIRYA NO HINO

RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

Ubwanditsi 12 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru