• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ubwanditsi 17 Nov 2022 Amakuru, IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga yaraye ihagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, yerekeza mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzaniya, aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship, aho abakinnyi bazahatana mu ntera ya Metero 800 muri Pisine ndetse na 5000 mu Kiyaga.

Yahagurukanye abakinnyi 5 n’Umutoza, bagiwe na;

Ishimwe Claudette: Cercle Sportif de Karongi
• Maniraguha Eloi: Mako Sharks Swimming Club
• Iradukunda Eric: Cercle Sportif de Karongi
• Dusabe Claude: Cercle Sportif de Karongi
• Neema Clemantine: Cercle Sportif de Karongi
• Niyomugabo Jackson: Umutoza

Ni imikino igiye gukinwa ku nshuro yayo ya Karindi (7), mu gihe u Rwanda rumaze kuyitabira inshuro Enye (4) n’iyi ya Gatanu (5) ruzaba rwitabiriye.

Uretse iyi mikino igiye kubera muri Tanzaniya, u Rwanda kandi rwitabiriye imikino nk’iyi yabereye mu gihugu cya Kenya mu Mwaka w’i 2019.

Gusa, bitewe n’inkubiri zitandukanye z’Icyorezo cya Covid-19, yageze mu Isi mu Mwaka w’i 2020, imikino nk’iyi yakinywe mu 2020 mu gihugu cya Tanzaniya n’i 2021muri Uganda ntabwo Ikipe y’Igihugu yabashije kuyitabira.

 Ntabwo u Rwanda rwitabira imikino nk’iyi yabereye ahandi gusa, kuko mu Mwaka w’i 2016 rwarayakiriye, ibera mu Karere ka Bugesera kuri Pisine ya Hoteli La Palisse.

Uretse aba bakinnyi bazaba bagiye guhatana, Bwana Bazatsinda James, Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda ‘Rwanda Swimming Federation’, nawe yajyanye n’iri tsinda, aho biteganyijwe ko azahagararira Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda mu nama izahuza abayobozi b’Amashyirahamwe agize CANA ZONE 3.

Twibutse ko iyi mikino izabera kuri Pisine y’Ikipe ya Gymkhana Club, iherereye mu Mujyi wa Dar es Salaam, mu gihugu cya Tanzaniya guhera tariki ya 17 kugeza ku ya 20 Ugushyingo, 2022.

Mu gihe Ibihugu biteganyijwe ko bizitabira iyi mikino birimo; U Rwanda, Uganda, Burundi, Sudan, Eritrea na Tanzania izaba yakiriye iyi mikino.

Aka Karere ka Gatatu (3), ZONE 3, kagizwe n’Ibihugu 7 birimo; U Rwanda, Uganda, Burundi, Sudan, Eritrea, Ethiopia na Tanzania.

Biteganyijwe ko batangira guhatana kuri uyu wa Kane tariki ya 17 kugeza ku ya 20 Ugushyingo 2022, bakagaruka mu gihugu ku wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022.

2022-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024
U Bufaransa: Ubwumvikane buke hagati y’ubuyobozi n’ababyeyi bashaka kwita umwana amazina ’Griezmann Mbappé’

U Bufaransa: Ubwumvikane buke hagati y’ubuyobozi n’ababyeyi bashaka kwita umwana amazina ’Griezmann Mbappé’

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Ubwanditsi 18 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rtd Maj. Mudasiru wari mu ngabo za Kayumba muri RD-Congo na bagenzi be batangiye kuburanishwa
INKURU NYAMUKURU

Rtd Maj. Mudasiru wari mu ngabo za Kayumba muri RD-Congo na bagenzi be batangiye kuburanishwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “
INKURU NYAMUKURU

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF
Amakuru

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Ubwanditsi 09 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru