• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi   |   29 Sep 2023

  • Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere   |   28 Sep 2023

  • Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB   |   28 Sep 2023

  • Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”   |   27 Sep 2023

  • Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana   |   27 Sep 2023

  • APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League   |   26 Sep 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Editorial 06 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ubwo, mu mwaka wa 2018, Madamu Louise Mushikiwabo yatorerwaga kuba Umunyamabanga Mukuru w’umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF, yasezeranyije abanyamuryango bawo 88 ko agiye kuvugurura imicungire ya OIF, dore ko havugwagamo abakozi ba baringa, ingwizamurongo zidakorwaho kubera ibihugu zikomokamo, no gusesagura umutungo w’Umuryango mu buryo bukabije.

Abanyamuryango barabimwemereye, ndetse banamwizeza kumushyigikira.Ubwo ivugururwa ryatangiraga, uwa mbere utararyishimiye ni Madamu Cathérine Cano ukomoka muri Canada, akaba yari icyegera cya mbere cy’Umunyamabanga Mukuru, ndetse aza kwivumbura, yegura kuri uwo mwanya mu Kwakira 2020.

Madamu Cathérine Cano amaze gusezera ku mirimo ye, yasimbuwe na Bwana Godefroy Montpetit nawe uva muri Canada, ariko amakosa y’imiyoborere akomeza kwiyongera. Nyuma yo kwihanangirizwa kenshi no kugirwa inama ariko akanga kuhindura imyitwarire, amasezerano ye y’akazi arangiye tariki 10 Werurwe 2023, Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo yanze kuyongera, ahubwo amusimbuza Cathérine Saint-Hillaire, nawe ukomoka muri Canada, dore ko amasezerano ateganya ko uwo mwanya ugenewe icyo gihugu.

Kuvugurura imikorere ya OIF, gukorera mu mucyo no gucunga neza imari y’Umuryango byahesheje amanota menshi Louse Mushikiwabo, ndetse mu Nteko Rusange yabereye i Djerba muri Tuniziya mu Gushyingo umwaka ushize wa 2022, abanyamuryango, hafi ya bose, bongera kumutorera kuyobora OIF mu yindi manda y’imyaka 4 iri imbere.

Biratangaje rero kubona nyuma y’amezi 4 gusa yongeye kugirirwa icyizere, ejo bundi tariki 02 Mata 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Canada, Madamu Mélanie Joly yandikira OIF ayimenyesha ko igihugu cye gihagaritse umusanzu wa miliyoni 3(arasaga miliyari 3 uvunje mu manyarwanda) cyatangaga buri mwaka, ngo kubera umwuka mubi no gusesagura biri muri uwo muryango.

Mu birego byihariye Louise Mushikiwabo ashinjwa, ngo harimo kuba yarasohoye ibihumbi 120 by’amadolari mu kuvugurura inzu yagombaga kwimukiramo ubwo yari atangiye akazi muw’2018. Nyamara abamunenga bakirengagiza ko uwo yasimbuye Madamu Michelle Jean, we yatanze ibihumbi 400 kurirango batunganye icumbi rye.

Twibutse ko uyu Michelle Jean nawe akomoka muri Canada, iki gihugu kikaba kitarigeze cyishimira ko umuntu wabo asimburwa n’uturuka mu “gahugu gato” nk’uRwanda!Louise Mushikiwabo kandi aregwa kuba mu nzu yishyurwa amadolari 18.000 buri kwezi, mu gihe abamubanjirije, kuva ku munya Sénegal Abdou Diouf, kugeza kuri Michelle Jean wasimbuwe na Mushikiwabo, bacumbikirwaga mu nzu yishyurwa 21.000 by’ amadolari buri kwezi.

Bikagaragara ko amafarangay’ubukore madamu Mushikiwabo yayagabanyije cyane, mu gihe nyamara yagombye kwiyongera, kuko ibiciro by’amacumbi mu Mujyi wa Paris nabyo byiyongera cyane buri mwaka.Ababikurikiranira hafi rero baremeza ko Louise Mushikiwabo azira gusa kuba umunyakuri, wakuye amata mu kanwa abasahuzi. Birazwi ko Cathérine Cano na Modeffroy Montpetit bari ku ibere ry’ubutegetsi bwa Canada, kubanyeganyeza rero bikaba ari nko kwigerezaho. Bivugwa ko Madamu Carhérine Saint-Hillaire uri mu mwanya ibyo bikomerezwa byahozemo, ‘ubwo nawe ari umuna Canada, ariko atari umutoni cyane i Québec, ari nayo mpamvu kumuha umwanya bitacubije uburakari bw’abategetsi ba Canada.

Louise Mushikiwabio afite uburambe muri dipolomasi, akagira ubunyangamugayo bw’Umunyarwandakazi nyawe, ndetse n’ubushishozi n’igitsure akesha ahaninini kuba yarakoranye igihe ktari gito na Perezida Kagame.

Ntiyashoboraga rero kwihanganira ruswa n’icyenewabo bikunze kuranga imiryango mpuzamahanga. Abazi neza imikorere ya Loni baduha aubuamya.Ikindi kitavugwa ku mugaragaro ariko abasesenguzi bamaze gutera imboni, ni rwa rwango n’ishyari bamwe mu banyamahanga bafitiye u Rwanda.

Bararushywa n’ubusa ariko, kuko butya uko zahabu icishwa mu muriro kenshi, ari ko irushaho kubengerana. Imihigo irakomeje, Mushiki w’abachou!!

2023-04-06
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Editorial 10 May 2016
Amafoto – Amavubi yatangiye imyitozo yitegura Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika2023

Amafoto – Amavubi yatangiye imyitozo yitegura Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika2023

Editorial 09 Jun 2023
Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Editorial 15 Feb 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

20 Sep 2023
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

15 Sep 2023
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

10 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

05 Sep 2023
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

30 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

24 Sep 2023
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

20 Sep 2023
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

20 Sep 2023
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

29 Aug 2023
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

26 Aug 2023
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

22 Aug 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

22 Aug 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru