• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu murenge wa Tumba, mu karere ka Rulindo ku wa 12 Ugushyingo bifatanyije na Polisi y’u Rwanda muri aka karere mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikije; bakaba barateye ibiti bitangiza imyaka ku buso bwa hegitari enye mu rwego rwo kurwanya isuri.

Ibyo biti byo mu bwoko bwa Gereveriya babiteye mu nkengero za Sitasiyo ya Polisi ya Tumba iherereye mu kagari ka Nyirabirori ndetse no mu mirima y’abaturage ihegereye.

Icyo gikorwa cyateguwe na Polisi y’u Rwanda muri Rulindo ifatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Tumba; kikaba kandi cyaritabiriwe n’Ingabo z’Igihugu hamwe n’Urwego rwunganira uturere mu kubungabunga umutekano (DASSO).

Uretse gutera ibiti mu nkengero za Sitasiyo ya Polisi ya Tumba, abaturage n’izo nzego bakoze kandi isuku ku muhanda ugana kuri iyo Sitasiyo ya Polisi.

Nyuma y’uwo muganda, izo nzego zagiranye inama n’abo baturage, zikaba zarabakanguriye kutangiza ibidukikije mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Tumba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Nsabimana yasabye abo baturage gufata neza amaterase y’indinganire bakorewe na Leta, gutera ibiti aho batuye ndetse no mu mirima yabo, kudacukura amabuye y’agaciro, umusenyi, n’amabuye asanzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Yabagiriye inama yo kuzirika ibisenge by’amazu yabo kugira ngo umuyaga utabigurukana, gufata amazi ava ku mazu yabo mu rwego rwo kwirinda ko yagira abo asenyera cyangwa akangiza ibikorwa remezo nk’imihanda n’intindo.

IP Nsabimana yakomeje ababwira ati:”Kwangiza ibidukikije bitera ibiza birimo inkangu n’imyuzure. Murasabwa kwirinda ibikorwa byose bishobora kubyangiza (ibidukikije); kandi mwubahirize gahunda za Leta zigamije kubibungabunga.

Yashimye inzego n’abaturage bifatanyije na Polisi muri ibyo bikorwa byo gutera ibiti no gukora isuku ku muhanda ugana kuri Sitasiyo ya Polisi ya Tumba.

Umuyobozi w’iyo Sitasiyo yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibyaha aho biva bikagera no kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru y’ababikoze cyangwa abo babikekaho.

Ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu murenge wa Tumba, Nkurunziza Diogene yasabye abaturage kurengera ibidukikije mu byo bakora birinda ibikorwa birimo gutema amashyamba no gutwika amakara mu buryo butubahirije amategeko.

Mu rwego rwo kwifatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zigera kuri 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

Yashyizeho kandi agashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho (Environmental Protection Unit – EPU), kakaba mu byo gashinzwe harimo karwanya uburobyi bw’amafi butemewe n’amategeko cyangwa budatunganye, guhumanya ikirere n’amazi , n’ibyaha ndengamipaka bijyanye no kwangiza ibidukikije.

-4687.jpg

Na none mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’izindi nzego mu kubungabunga no kurengera ibidukikije; Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uturere twose tw’igihugu akubiyemo ingingo zirimo kubungabunga amapariki, amashyamba n’ibishanga, kurwanya ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko, n’ibindi bikorwa bigira ingaruka mbi ku rusobe rw’ibinyabuzima.

RNP

2016-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
ITANGAZO

ITANGAZO

Ubwanditsi 31 May 2016
Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Ubwanditsi 14 Mar 2016
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ebola iravuza ubuhuha  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Mu Mahanga

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ubwanditsi 09 May 2018
Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana
HIRYA NO HINO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda
Amakuru

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Ubwanditsi 07 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru