• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Ubwanditsi 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Burundi iramagana icyo yise kuvogera ku mugaragaro amasezerano mpuzamahanga kwa Canada nyuma y’aho minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu cyo ku mugabane wa Amerika iburije Abarundi bagituyemo kwitabira amatora ya referandumu yakozwe kuri uyu wa Kane, itariki 17 Gicurasi 2018, mu Burundi ndetse no mu bindi bihugu bufitemo ambasade.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko yagenewe ambasade y’u Burundi muri Ottawa, Stéphane Henry, umuyobozi muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Canada, yasobanuye ko hagendewe kuri politiki ya Canada ku matora y’amahanga ku butaka bwayo, Leta y’u Burundi idashobora gufungura ibiro by’itora muri Canada.

Iyi nyandiko ikaba yasubizaga ubusabe bwa ambasade y’u Burundi muri Ottawa yasabaga gufungura ibiro by’itora mu nyubako za ambasade muri Ottawa mu rwego rwo kwitabira amatora ya referandumu ku itegeko nshinga yari ateganyijwe kuri uyu wa 17 Gicurasi.

Agira icyo avuga kuri iyi nyandiko ya Canada, umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Philippe Nzobonariba, yatangarije Radio y’igihugu, RTNB, ko ibyo Canada yakoze ari uguhonyora amasezerano mpuzamahanga ku mugaragaro.

Philippe Nzobonariba

Miliyoni zigera kuri 5 z’Abarundi bemerewe gutora kuri uyu wa kane zitabiriye amatora ya referandumu ataravuzweho rumwe n’ubutegetsi n’abatavuga rumwe nabwo.

Nubwo mbere y’amatora kuwa gatatu hagaragaraga igisa nk’umwuka w’icyoba bitewe n’ibitero n’ibindi bikorwa bigamije guhungabanya amatora byagaragaye mu minsi ishize, amatora yatangiye mu mutuzo kuri uyu wa Kane arangira neza nubwo Atari hose kuko nko muri Muramvya havugwa abayoboke b’Amizero y’Abarundi batawe muri yombi.

Igihugu cy’u Burundi kuva mu 2015 kikaba gikomeje kuvugwamo ibibazo bya politiki n’umutekano mukeya byatangiye ubwo perezida Pierre Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza gukomeza kuyobora u Burundi nyuma ya manda yari yemerewe n’itegeko nshinga riri mu nzira yo kuvugururwa dore ko hatitezwe ko hari icyabihagarika.

 

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Ubwanditsi 07 Dec 2018
1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

RUSHYASHYA 22 Mar 2026
U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

Ubwanditsi 23 Jan 2018
“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 14, 20184:49 pm -

    NONESE KWANGA KWABO BA KOLONI KWATANZE IKI? AMATORA NTIYABAYE ISI YOSE IBONA BAKAMWARA?? NIMWE KWA KAGAME MUGITEZE IBIGANZA ABAKORONI MAZE NGO MWARATEYE IMBERE!!! HAHAHAHAH AKUMIRO NI AMAVUNJA PE!!!
    ABARUNDI BARABATAYE KURE MURI DEMOKARASI NA INDEPANDANCE, MWE NUKWIRIRWA MWIRATA GUSA! MWISHWE NO GUTUNGWA NIBISABIRANO NO GUKOMBA IBIRENGE BYABAZUNGU!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana
UBUKUNGU

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi
Mu Mahanga

Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu
Mu Mahanga

Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru