• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Ubwanditsi 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Burundi iramagana icyo yise kuvogera ku mugaragaro amasezerano mpuzamahanga kwa Canada nyuma y’aho minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu cyo ku mugabane wa Amerika iburije Abarundi bagituyemo kwitabira amatora ya referandumu yakozwe kuri uyu wa Kane, itariki 17 Gicurasi 2018, mu Burundi ndetse no mu bindi bihugu bufitemo ambasade.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko yagenewe ambasade y’u Burundi muri Ottawa, Stéphane Henry, umuyobozi muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Canada, yasobanuye ko hagendewe kuri politiki ya Canada ku matora y’amahanga ku butaka bwayo, Leta y’u Burundi idashobora gufungura ibiro by’itora muri Canada.

Iyi nyandiko ikaba yasubizaga ubusabe bwa ambasade y’u Burundi muri Ottawa yasabaga gufungura ibiro by’itora mu nyubako za ambasade muri Ottawa mu rwego rwo kwitabira amatora ya referandumu ku itegeko nshinga yari ateganyijwe kuri uyu wa 17 Gicurasi.

Agira icyo avuga kuri iyi nyandiko ya Canada, umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Philippe Nzobonariba, yatangarije Radio y’igihugu, RTNB, ko ibyo Canada yakoze ari uguhonyora amasezerano mpuzamahanga ku mugaragaro.

Philippe Nzobonariba

Miliyoni zigera kuri 5 z’Abarundi bemerewe gutora kuri uyu wa kane zitabiriye amatora ya referandumu ataravuzweho rumwe n’ubutegetsi n’abatavuga rumwe nabwo.

Nubwo mbere y’amatora kuwa gatatu hagaragaraga igisa nk’umwuka w’icyoba bitewe n’ibitero n’ibindi bikorwa bigamije guhungabanya amatora byagaragaye mu minsi ishize, amatora yatangiye mu mutuzo kuri uyu wa Kane arangira neza nubwo Atari hose kuko nko muri Muramvya havugwa abayoboke b’Amizero y’Abarundi batawe muri yombi.

Igihugu cy’u Burundi kuva mu 2015 kikaba gikomeje kuvugwamo ibibazo bya politiki n’umutekano mukeya byatangiye ubwo perezida Pierre Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza gukomeza kuyobora u Burundi nyuma ya manda yari yemerewe n’itegeko nshinga riri mu nzira yo kuvugururwa dore ko hatitezwe ko hari icyabihagarika.

 

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye

Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Ubwanditsi 17 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 14, 20184:49 pm -

    NONESE KWANGA KWABO BA KOLONI KWATANZE IKI? AMATORA NTIYABAYE ISI YOSE IBONA BAKAMWARA?? NIMWE KWA KAGAME MUGITEZE IBIGANZA ABAKORONI MAZE NGO MWARATEYE IMBERE!!! HAHAHAHAH AKUMIRO NI AMAVUNJA PE!!!
    ABARUNDI BARABATAYE KURE MURI DEMOKARASI NA INDEPANDANCE, MWE NUKWIRIRWA MWIRATA GUSA! MWISHWE NO GUTUNGWA NIBISABIRANO NO GUKOMBA IBIRENGE BYABAZUNGU!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Amakuru

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.
Amakuru

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru