• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Muri Kamena 2001 nibwo urukiko rw’ i Buruseli mu Bubiligi rwahanishije Consolata Mukangango (Mama Gertrude) igifungo cy’imyaka 15 naho mugenzi we Julienne Mukabutera (Maria Kizito) ahanishwa gufungwa imyaka 12, bombi bamaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aba Babikira Consolata Mukangango na Julienne Mukabutera babaga mu kigo cy’Aba”benedictines” i Sovu mu Ntara y’Amajyepfo, ndetse uwo Mukangango akaba ariwe wari”Mameya”, ni ukuvuga ukuriye abandi babikira muri icyo kigo.

Abatangabuhamya benshi basobanuriye urukiko uburyo “Mama Gertrude” na “Maria Kizito” bafatanyije n’interahamwe nkuru Emmanuel Rekeraho na Jonathan Ruremesha wari Burugumesitiri wa Huye, bicishije Abatutsi bababarirwa mu ibihumbi icumi(10.000) bari bahungiye aho i Sovu, harimo na bagenzi babo 9 nabo bahiciwe. Ubuhamya bwerekanye uko aba”bihaye Imana” bahaye interahamwe petelori na lisansi byo gushumika inzu abo bantu bari bahungiyemo, bose bashya batabaza kugeza imibiri yabo ihindutse ivu.

Nyuma y’imyaka mike batanarangije ibihano byabo, Consolata Mukangango na Julienne Mukabutera barafunguwe. Bapfuye kuvanamo imyenda y’imfungwa gusa, Kiliziya Gatolika mu Bubiligi ibasanganiza amakanzu yererana y’abihaye Imana. Bahise bisubirira mu mirimo ya Kiliziya, hirengagijwe ibyaha ndengakamere byabahamye. Ubu ni Ababikira bakomeye ahitwa Maradret muri Province ya Namur, ndetse “Mama Gertrude” akaba yarashubijwe umwanya wa Mameya yahoranye i Sovu.

Muri icyo kigo cyabo kandi barakorera amafaranga riravuga, dore ko benga inzoga igezweho mu Bubiligi yitwa”Maradret Abbey Beer”. Hari amashusho yashegeshe imitima y’abazi ubugome bw’aba Babikira, ubwo bagaragaraga bamamaza iyi nzoga yabo, bizihiwe, mbese batewe ishema no kwiyereka isi yose. Byibukije abantu umunsi bakatirwa, kuko nabwo bisekeraga ubona nta mpungenge batewe no guhamwa n’icyaha gikomeye cya Jenoside. Bari babizi ko bazikoza muri gereza byo kurangiza umuhango, bakisubirira mu buzima buzira imihangayiko.

N’ubu rero Consolata Mukangango ”Mama Gertrude” na Julienne Mukabutera”Maria Kizito” barakishongora kubo bahemukiye. Barinywera byeri nk’abandi bose bagashize, mu gihe abo bagize imfubyi n’abapfakazi bakirwana n’ibikomere babasigiye. Barabuzwa n’iki ko Kiliziya Gatolika yabahaye rugari, nk’aho abo bishe bo batari bafite agaciro. Nta gitangaje ariko, kuko mu myumvire ya Kiliziya Gatolika ubanza kwica Umututsi atari icyaha. Urugero ruheruka ni urwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka umaze imyaka aregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi Kiliziya ikabyima amatwi, ahubwo mu minsi ishize ikaza kumuca kubera gusa ko ngo yabyaye hanze.

Ni akumiro gusa!

 

 

2022-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019
Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Ubwanditsi 07 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside
ITOHOZA

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya
POLITIKI

Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya
HIRYA NO HINO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Ubwanditsi 22 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru