• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Muri Kamena 2001 nibwo urukiko rw’ i Buruseli mu Bubiligi rwahanishije Consolata Mukangango (Mama Gertrude) igifungo cy’imyaka 15 naho mugenzi we Julienne Mukabutera (Maria Kizito) ahanishwa gufungwa imyaka 12, bombi bamaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aba Babikira Consolata Mukangango na Julienne Mukabutera babaga mu kigo cy’Aba”benedictines” i Sovu mu Ntara y’Amajyepfo, ndetse uwo Mukangango akaba ariwe wari”Mameya”, ni ukuvuga ukuriye abandi babikira muri icyo kigo.

Abatangabuhamya benshi basobanuriye urukiko uburyo “Mama Gertrude” na “Maria Kizito” bafatanyije n’interahamwe nkuru Emmanuel Rekeraho na Jonathan Ruremesha wari Burugumesitiri wa Huye, bicishije Abatutsi bababarirwa mu ibihumbi icumi(10.000) bari bahungiye aho i Sovu, harimo na bagenzi babo 9 nabo bahiciwe. Ubuhamya bwerekanye uko aba”bihaye Imana” bahaye interahamwe petelori na lisansi byo gushumika inzu abo bantu bari bahungiyemo, bose bashya batabaza kugeza imibiri yabo ihindutse ivu.

Nyuma y’imyaka mike batanarangije ibihano byabo, Consolata Mukangango na Julienne Mukabutera barafunguwe. Bapfuye kuvanamo imyenda y’imfungwa gusa, Kiliziya Gatolika mu Bubiligi ibasanganiza amakanzu yererana y’abihaye Imana. Bahise bisubirira mu mirimo ya Kiliziya, hirengagijwe ibyaha ndengakamere byabahamye. Ubu ni Ababikira bakomeye ahitwa Maradret muri Province ya Namur, ndetse “Mama Gertrude” akaba yarashubijwe umwanya wa Mameya yahoranye i Sovu.

Muri icyo kigo cyabo kandi barakorera amafaranga riravuga, dore ko benga inzoga igezweho mu Bubiligi yitwa”Maradret Abbey Beer”. Hari amashusho yashegeshe imitima y’abazi ubugome bw’aba Babikira, ubwo bagaragaraga bamamaza iyi nzoga yabo, bizihiwe, mbese batewe ishema no kwiyereka isi yose. Byibukije abantu umunsi bakatirwa, kuko nabwo bisekeraga ubona nta mpungenge batewe no guhamwa n’icyaha gikomeye cya Jenoside. Bari babizi ko bazikoza muri gereza byo kurangiza umuhango, bakisubirira mu buzima buzira imihangayiko.

N’ubu rero Consolata Mukangango ”Mama Gertrude” na Julienne Mukabutera”Maria Kizito” barakishongora kubo bahemukiye. Barinywera byeri nk’abandi bose bagashize, mu gihe abo bagize imfubyi n’abapfakazi bakirwana n’ibikomere babasigiye. Barabuzwa n’iki ko Kiliziya Gatolika yabahaye rugari, nk’aho abo bishe bo batari bafite agaciro. Nta gitangaje ariko, kuko mu myumvire ya Kiliziya Gatolika ubanza kwica Umututsi atari icyaha. Urugero ruheruka ni urwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka umaze imyaka aregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi Kiliziya ikabyima amatwi, ahubwo mu minsi ishize ikaza kumuca kubera gusa ko ngo yabyaye hanze.

Ni akumiro gusa!

 

 

2022-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Ubwanditsi 08 Mar 2019
UK Minister for International Development honours victims of the Genocide against the Tutsi at Kigali Genocide Memorial

UK Minister for International Development honours victims of the Genocide against the Tutsi at Kigali Genocide Memorial

Ubwanditsi 27 Sep 2016
PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Perezida wa Repubulika , akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda arashimira Ingabo na Polisi umurava n’ubudashyikirwa mu kurengera ubusugire n’umutekano w’Abanyarwanda.

Perezida wa Repubulika , akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda arashimira Ingabo na Polisi umurava n’ubudashyikirwa mu kurengera ubusugire n’umutekano w’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 31 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti
HIRYA NO HINO

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye
Amakuru

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020
Mu Rwanda : Leta yiyemeje kwishyurira amazi, amashanyarazi n’imihanda abubaka ‘appartments’
Mu Rwanda

Mu Rwanda : Leta yiyemeje kwishyurira amazi, amashanyarazi n’imihanda abubaka ‘appartments’

Ubwanditsi 12 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru