• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubwanditsi 05 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nubwo turi mu bihe bitoroshye by’icyorezo COVID-19, ariko ntibiduce intege ngo tubure gukomeza gukoma mu nkokora abatifuriza u Rwanda ineza. Aba banzi b’igihugu cyacu mureke tubashyire ku karubanda bataduca murihumye. Mukomere rero aho muri hose ni akataragwiririye umwe kandi mukomeze kwitwararika mwirinda iki cyorezo mugume murugo kandi mukarabe intoki kenshi gashoboka.

Mu minsi ishize bamwe mu bayobozi ba RNC na P5 banze kwitabira umuhango wo kwibuka Col Patrick Karegeya, abawitabiriye biswe abangambanyi, ngo nabo ntaho batandukaniye na Leah Karegeya n’abandi “bayuda” nkawe. uwo ari Joselyne ngo ushinzwe ubumwe n’ubwiyunge.

Agahinda n’amaganya Leah Karegeya umugore wa Patrick Karegeya yahisemo kujya kugatura Matabaro wa therwandan.com ashimangira ibyo Rushyashya yagiye itangaza ku mwiryane ubarizwa muri RNC. Ibiri kuba kuri Leah Karegeya umugabo we yari yarabimubwiye ariko kubera uburyo Kayumba Nyamwasa yamwiyegereje nyuma y’urupfu rw’umugabo we, bakomeje kubana kubera imigambi mibisha bari bahuriyeho ariko ngo burya ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi.

Amabanga, ukuri ndetse n’imibanire ya Leah na Kayumba nibo ubwabo bayishyirira hanze bashimangira ibyo Rushyashya yagiye itangaza. Ushaka amakuru yo muri RNC atega amatwi Jean Paul Turayishimye, Leah Karegeya cyangwa Kayumba Nyamwasa ubwe kuko bavuga ibyatangajwe kera. Leah Karegeya nareke kwikoma Rushyashya nk’uko yabikoze mu kiganiro yagiranye na The Rwandan. Ntacyo bimufasha.

Ibi byongeye gushimangira ko Leah Karegeya ariwe kibazo muri RNC, nyuma yaho Kayumba avumburiye ko yashatse gukora Coup d’Etat afatanije na Jean Paul Turayishimye nyuma y’ibura rya Ben Rutabana n’iraswa ry’ingabo za Kayumba zari muri RD-Congo. Amakuru yavuye ku muyoboke wa RNC utuye mu gihugu cy’Ububiligi tutari buvuge izina, yavuze uburyo Kayumba Nyamwasa, ngo yababajwe cyane  n’imyitwarire ya Lea Karegeya, kukibazo cya Rutabana na CMI ndetse n’uburyo yatumiye gusa abanyamuryango b’ishyaka Amahoro PC,  kwifatanya na Leah, Kwibuka Umugabo we, wahoze ari nkingi ya mwamba ya RNC.

Kayumba ngo yabwiye umwe mu nkoramutima ze, ko Lea Karegeya n’ Amahoro PC nabo ari “Abayuda”, yongeraho ko ngo ari ukubitondera. Umutaramakuru wacu uri muri ibi bihugu yagerageje kuvugana n’umwe mu bayobozi b’ Amahoro PC amubwira imvano yo kubita “Abayuda”, abagambanyi mu ihuriro P5,  bahuriyemo na FDU-Inkingi, RNC na PS-Imberakuri ya Ntaganda Bernard yagize ati:” kuritwe ibyo kuvuga ko turi abagambanyi ntabwo byadutunguye, kuko ibi byo kutuvuga nabi byatangijwe n’umwe mubari mu banyamuryango bacu witwa Muhoracyeye Joselyne.

Yakomeje agira ati: “ Joselyne akimara kujya muri RNC, yagiye atuvugaho amagambo menshi mabi, avuga ko ntacyo dushoboye, avuga ko twe ntakigenda cyacu ngo byatunaniye” ibi rero nibyo byakomeje kugenda bikura, kugeza ubwo atangiye kujya ashaka kurwanya ibikorwa byacu ndetse no kwigarurira abanyamuryango bacu, ku bufatanye na Kayumba Nyamwasa.

Abazi neza uyu mugore Muhoracyeye Joselyne, bavuga ko  n’ubwo yananiranye nyamara avuka mumu ryango mwiza w’Abanyarwanda bari barahungiye i Burundi, wamuhaye uburere, ariko uyu mugore ushaje ari indaya, akaba yaraje kwigira ikirara kubera gukunda ifaranga cyane kuburyo ngo niyo warimuhera ikuzimu yajyayo. Joselyne wamamaye mu buraya muri Toronto yose muri  Canada nta munyarwanda uba muri uno mujyi utamuzi mutubari mu tubyiniro n’ahandi henshi ahurira n’amahabara ye. Yewe, bamwe mu banyarwanda baba muri Canada bavuga ko uyu we ngo ntaho ataniye na Leah Karegeya, ngaho abanje kurongorwa n’umuyisilamu witwa Salisusa, kubera ko yamuhaga amazahabu, ashize yikubise ku bahabara benshi cyane nyuma yo gucyurwa na Galikani Gasana, kubera ko  Galicani ari umutinganyi akajya amuca inyuma akajya kuryamana n’abagabo bagenzi be. Joselyne amaze kuvumbura iby’uwo mugabo we, arahavuye, yikubise kumu Nigerian, wacuruzaga ibiyobyabwenge atawe muri yombi Joselyne aramwigarika umwana w’umukobwa aziga igikapo ke arigendera. Ariko kuko Joselyne akiri mu ishyaka Amahoro PC yari yararitaye mugutwi ko Uganda yahaye Kayumba Miliyoni y’amadorali yo gufasha inyeshyamba zari mu Minembwe muri RDC. Hagataho ayobotse RNC, no mu gitanda cya Kayumba ngo ba. Kayumba nawe yarazi ko azakoresha abagore nkabo b’indaya none reka babirwaniremo.

Kuki Kayumba yahisemo gukoresha indaya zishaje nka Joselyne, Mukankunsi, Tabita, Lea n’abandi nkabo biyita  abanyapolitiki nk’uko Joselyne nawe abyiyita ndetse, aho agereye muri RNC, nyuma yo kuryamana na Kayumba, akaba yaramugororeye umwanya ngo wabari n’abategarugori ?. Uyu muyoboke wo mu ishyaka Amahoro PC Ati: “Nubwo harabo batwaye muri RNC ariko hari nabagiye bakagaruka ndetse banatubwira uko byagenze, uriya mugore niwe nyirabayazana kuko niwe wagiye mu matwi ya Kayumba Nyamwasa amubwira ko Amahoro PC iri gufatanya na Leah Karegeya muri gahunda yo kwibuka umugabo we no kwigarurira abanyamuryango ba RNC bagacika kuri Kayumba Nyamwasa.

Abagize amahoro PC, ngo kuba bakurwa muri P5.  kubera Joselyne ntacyo bibatwaye kuko n’ubundi uruhare rwabo mu ihuriro bakomeje kugenda barwigizayo bityo rero ngo kuvanwa mu ihuriro, ridafite epfo na ruguru ngo ntagihombo nagito bagira ngo kuko ntanicyo bayungukiramo.

Kayumba ari kumera nka za ngurube zirya zikarya n’ibibwana byazo? Ese kuki aho gushaka umuti w’ibibazo byaturutse ku ibura rya Ben Rutabana, ahubwo birushaho kwiyongera yahisemo kwirwaza Coronavirus. Nzaba mbariwa ni umwana w’umunyarwanda.

2020-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gaspard Musabyimana na Emmanuel Neretse mu kinyoma gikabije ko FAR yari ifite abasirikari bakuru benshi b’Abatutsi

Gaspard Musabyimana na Emmanuel Neretse mu kinyoma gikabije ko FAR yari ifite abasirikari bakuru benshi b’Abatutsi

Ubwanditsi 03 Jun 2020
Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 15 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu
Mu Mahanga

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu
HIRYA NO HINO

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”
SHOWBIZ

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru