• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Ubwanditsi 24 Jul 2017 Mu Rwanda

Muri iki gihe cyo kwiyamamaza kw’abakandida baharanira kuyobora u Rwanda, abasomyi ba Rushyashya bagenda bagaragaza ibitekerezo byabo uko babona abo bakandida. Iyi nkuru yakozwe mu rwego rwo gutangaza bimwe mu bitekerezo bya bamwe mubadukurikira hirya no hino kw’isi. Mwisomere ibikurikira:

Uru rwandiko ndwanditse ngirango nshime kandi mvuge ibigwi intore izirusha INTAMBWE, uwo nta wundi, ni Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Mu ri iyi myaka Kagame amaze ayobora u Rwanda ibikorwa byiza kandi by’indashyikirwa amaze kugeza k’u Rwanda n’abanyarwanda, isura nziza amaze guhesha u Rwanda mu ruhando rw’amahanga, ntawabirondora ngo abirangize. Hasingizwe Imana yamuduhaye. Iyo nitegereje ibikorwa bye nkatega amatwi inyigisho akunda guha abanyarwanda baba abo mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta, baba n’abanyarwanda muri rusange mbona u Rwanda kugira umuyobozi nka Kagame ari Umugisha utagererwanywa.

Dore nawe, Ubumwe n’ubwiyunge by’abanyarwanda yabigize ishingiro rya politiki ye ndetse n’ishyaka RPF-Inkotani abereye chairman, ibyo turabimushimira twivuye inyuma kuko ntawe uyobewe ko amarorerwa ya jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, yasize abana b’u Rwanda mu bibazo by’inzitane rutashoboraga kwikuramo, ariko we yashoboye kubibonera umuti, ariwo wiswe Gacaca, yaje ifasha abanyarwanda kwicara hamwe maze bagasuzumira hamwe ibibazo bahuye nabyo ari nako babishakira ibisubizo by’igihe kirambye, ikaba umusingi w’ubumwe n’ubwiyunge, kuko ibyayivuyemo byatumye u Rwanda n’abarutuye bashobora kuba icyo baricyo ubu ngubu. Ibyo byatangaje amahanga, biranayahuruza ngo bajye kwirebera uko ubumwe n’ubwiyunge byashoboye kwiyubaka mu gihe gito kandi ari ntawundi muntu wo hanze ubyivanzemo. Ku bw’iyo mpamvu, ubu abanyarwanda babanye neza nta kibazo bafitanye, ubu buri munyarwanda wese afite ijambo n’uburenganzira mu gihugu cye.

Kubijyanye n’umutekano w’imbere mu gihugu, ubu amahanga yose asigaye aza kwigira ku Rwanda, byose bishingiye ku miyoborere myiza irangwa mu gihugu cyacu. Abanyarwanda Nyakubahwa Kagame yabatoje umuco mwiza wo kwibungabungira umutekano, buri wese akumva ko ari ijisho rya mugenzi we. Ibyo byatumye abanyarwanda basigaye bitabazwa n’amahanga kuza kubacungira umutekano, byose nta wundi bikeshwa utari , Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Intore izirusha intambwe, kuko buri gihe imvugo yabaye ingiro.

Mu rwego rw’imiyoborere myiza Kagame yatoje abanyarwanda, ituma buri munyarwanda ndetse n’abanyamahanga bagenda mu gihugu cy’u Rwanda bahabwa servisi nziza kandi mu gihe gikwiye, ibi byahesheje Kagame ibikombe haba ku rwego rw’afrika ndetse no ku rwego rw’isi.

Ugereranije uko u Rwanda rwari ruhagaze mbere ya 1994 ukanareba aho ruhagaze ubu mu rwego rw’Iterambere, haba mu bukungu, Imibereho myiza, ikoranabuhanga ndetse n’ubuzima usanga u Rwanda Perezida Kagame amaze kuruteza imbere mu nzego zose ku buryo bwishimirwa n’abanyarwanda ubwabo, bigatangaza abanyamahanga basura u Rwanda. Ibyo byose bikaba bitanga icyizere cy’uko, mu gihe cyose Perezida Kagame azaba ayoboye uru Rwanda rutazigera rusubira inyuma mu iterambere. Mu nzego zose, ubu u Rwanda rwabaye indashyikirwa muri Afrika haba mu miyoborere, ubukungu, iterambere, ikoranabuhanga, ubuzima n’izinde nzego zose ari Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, rubikesha. Ubu umunyarwanda ajya aho ashaka hose haba imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo, u Rwanda rwagaruriwe icyizere mu ruhando rw’amahanga, abasuye u Rwanda bose ndetse n’abarubwirwa bose bifuza ko ibihugu byabo byagira abayobozi nka Nyakubahwa Paul Kagame.

Nsoze nsaba Nyagasani kudukomereza Intore izirusha Intambwe maze akomeze ayobore u Rwanda kuko ari umugisha u Rwanda ndetse n’amahanga byahawe na Rurema.

Umusomyi : Ir Majyambere Silas

2017-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Ubwanditsi 30 Apr 2025
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Ubwanditsi 21 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora
Mu Rwanda

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”
Amakuru

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman
IMIKINO

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman

Ubwanditsi 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru