• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ibigo by’ikoranabuhanga MasterCard na Ericson, isinyana kandi na Guverinoma ya Jersey, amasezerano azafasha u Rwanda mu nzego zirimo kunoza imitangire ya serivisi z’imari, ubworozi n’izindi.

Ibi ni muri gahunda yiswe “Kigali Innovation City” yatangijwe kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi, mu gihe u Rwanda rwakira inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum on Africa.

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano y’ubufatanye, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver, yavuze ko aya masezerano n’ibi bigo azafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2020, aho nibura abasaga 90 bazaba bakoresha serivisi z’imari.

Yagize ati “Twagiranye amasezerano na Jersey, aba bo ni abantu dufatanya, ni ikirwa cyo mu Bwongereza n’ubundi twakoranaga. Uyu munsi icyo twasinyaga ni ubufatanye mu nzego za serivisi z’imari, itumanaho, ubworozi kuko buriya intanga nyinshi ziva muri Jersey.”

Yakomeje agira ati “Ericson bo barazana ikoranabuhanga kugira ngo Abanyarwanda babashe kwishyurana mu buryo buboroheye. Bagiye gutangira kubikora, mu gihembwe cya mbere cy’umwaka utaha bazaba barangije ku buryo tuzaba dufite ikoranabuhanga. Abandi nabo twasinyanye ni Master Card, bafite porogaramu zigezweho nk’izo usanga dukoresha ku kibuga cy’indege nk’iyo abantu bagiye kujya hanze, nibyo bagiye kudukorera hano.”

Minisitiri Gatete yavuze ko hari icyizere ko ibigo by’itumanaho nibimara guhuzwa kuri serivisi zo kohereza amafaranga, igiciro baca kizagabanuka ku buryo bugaragara.

Umuyobozi wa Master Card muri Afurika n’Uburasirazuba bwo hagati, Raghu Malhotra, yavuze ko bazafasha u Rwanda kugabanya umubare w’abagendana amafaranga icya rimwe, hifashishijwe gahunda zinyuranye.

Ubwo buryo burimo nko gufasha mu kwishyura amafaranga y’ishuri n’ubwisungane mu kwivuza, gufasha ikigo Rwanda Online kujya kibasha kwakira amafaranga asabwa kuri serivisi za leta, gushyiraho uburyo buhuriweho bwo kwishyurana amafaranga kuri konti za telefoni n’ibindi.

Umuyobozi uhagarariye uruganda rwa Ericson muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, Fredrik Jedling, yavuze ko bizeye ko nibamara guhuza serivisi z’ibigo bitanga serivisi z’imari birimo n’iby’itumanaho, abohererezanya amafaranga baziyongera ku buryo igiciro byasabaga kizagabanuka.

-2800.jpg

-2799.jpg

-2798.jpg

Nyuma yo gusinyana amasezerano

Mu cyerekezo 2020, u Rwanda ruteganya ko bitarenze 2017, Abanyarwanda 70% bazaba bakoresha serivisi z’imari, mu 2020 bakazaba bagera kuri 90%. MasterCard izafatanya na guverinoma y’u Rwanda mu guhangana n’imbogamizi zikiri mu baturage bakennye n’abategereye ahatangirwa serivisi z’imari cyangwa ababifiteho ubumenyi budahagije.

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Ubwanditsi 15 Oct 2024
Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho
ITOHOZA

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.
INKURU NYAMUKURU

Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Ubwanditsi 18 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru