• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe hirya no himo abantu bagenda bumva bimwe mu bigo by’imari byafunze bivugwa ko byahombe hagaragajwe zimwe mu mpamvu zibitera aho kutishyura inguzanyo ziba zaratanzwe biza ku mwanya wa mbere.

Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena,2016 mu kiganiro kigenewe abanyamakuru cyateguwe n’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) mu rwego rwo kugaragaza ibizakorwa mu cyumweru cyahariwe ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda kizatangira mu Cyumweru gitaha.

Umuyobozi wa AMIR ,Rwema Peter yavuze ko zimwe mu mpamvu zituma bimwe mu bigo by’imari bihomba bimwe bikaba byafunga imiryango biterwa no kuba bamwe mu bakiriya baba baratse inguzanyo nyuma ntibazishyura kandi iki kigo kiba cyarayimuhaye nk’umugabane w’abandi bakiriya baba baje kubitsa.

Ati “Ikigo cy’imari ubwaco nta mafaranga kiba igifite ahanini usanga gicungira ku migabane yabaza kubitsa iyo rero umukiriya umwe atwaye amafaranga runaka nk’inguzanyo nyuma ntayishyure biviramo cya kigo guhomba.”

Impamvu ya kabiri Peter agaragaza nk’itera igihombo ni Ubuyobozi ndetse n’abakozi badakurikirana ati “Iyo ubuyobozi budakurikirana ibintu usanga wa muntu watse inguzanyo rimwe na rimwe abura umuntu umwibutsa cyangwa ngo amwegere.”

Indi mpamvu ya Gatatu Peter agaragaza ko ifite gutera igihombo ku bigo by’imari ndetse n’ama banki muri rusange ni Ibiza aha yatanze urugego rw’ibiherutse kubera mu Karere ka Gakenke aho imvura yangije ibintu byinshi ndetse igahitana n’abatari bake.

Ati “Umuturage afite kwanga inguzanyo yiteguye ko azishyura imyaka yeze imvura cyangwa ibindi biza bikaba byayangiza bityo bikaba byatera kutishyura inguzanyo yafashe cyangwa hakabaho gukererwa.”

Rwema akaba yavuze ko mu bigo by’imari iciriritse mu Rwanda ikibazo cy’inguzanyo zitarishyurwa kiri kuri 7,6% cy’izagujijwe abakiriya.

-2921.jpg
Icyumweru cyahariwe ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda kikaba kizatangira ku ya 14 Kamena,2016 aho abanyarwanda bazahabwa umwanya bakagaragaza icyo bamaze kugeraho bitewe no gukorana n’ibi bigo ndetse bakabakangurira gukorana na byo.
Ibindi bikorwa bizakorwa ni ibiganiro bizahuza abayobozi b’ibigo by’imari icyiriritse bizabera mu Ntara zose z’igihugu aho hazabaho kungurana ibitekerezo.

Jean Claude Nyandwi

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ubwanditsi 03 Jun 2021
U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Ubwanditsi 07 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza
Amakuru

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha
Amakuru

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Pop George Michael yitabye Imana
IMIKINO

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Pop George Michael yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru