• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe hirya no himo abantu bagenda bumva bimwe mu bigo by’imari byafunze bivugwa ko byahombe hagaragajwe zimwe mu mpamvu zibitera aho kutishyura inguzanyo ziba zaratanzwe biza ku mwanya wa mbere.

Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena,2016 mu kiganiro kigenewe abanyamakuru cyateguwe n’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) mu rwego rwo kugaragaza ibizakorwa mu cyumweru cyahariwe ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda kizatangira mu Cyumweru gitaha.

Umuyobozi wa AMIR ,Rwema Peter yavuze ko zimwe mu mpamvu zituma bimwe mu bigo by’imari bihomba bimwe bikaba byafunga imiryango biterwa no kuba bamwe mu bakiriya baba baratse inguzanyo nyuma ntibazishyura kandi iki kigo kiba cyarayimuhaye nk’umugabane w’abandi bakiriya baba baje kubitsa.

Ati “Ikigo cy’imari ubwaco nta mafaranga kiba igifite ahanini usanga gicungira ku migabane yabaza kubitsa iyo rero umukiriya umwe atwaye amafaranga runaka nk’inguzanyo nyuma ntayishyure biviramo cya kigo guhomba.”

Impamvu ya kabiri Peter agaragaza nk’itera igihombo ni Ubuyobozi ndetse n’abakozi badakurikirana ati “Iyo ubuyobozi budakurikirana ibintu usanga wa muntu watse inguzanyo rimwe na rimwe abura umuntu umwibutsa cyangwa ngo amwegere.”

Indi mpamvu ya Gatatu Peter agaragaza ko ifite gutera igihombo ku bigo by’imari ndetse n’ama banki muri rusange ni Ibiza aha yatanze urugego rw’ibiherutse kubera mu Karere ka Gakenke aho imvura yangije ibintu byinshi ndetse igahitana n’abatari bake.

Ati “Umuturage afite kwanga inguzanyo yiteguye ko azishyura imyaka yeze imvura cyangwa ibindi biza bikaba byayangiza bityo bikaba byatera kutishyura inguzanyo yafashe cyangwa hakabaho gukererwa.”

Rwema akaba yavuze ko mu bigo by’imari iciriritse mu Rwanda ikibazo cy’inguzanyo zitarishyurwa kiri kuri 7,6% cy’izagujijwe abakiriya.

-2921.jpg
Icyumweru cyahariwe ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda kikaba kizatangira ku ya 14 Kamena,2016 aho abanyarwanda bazahabwa umwanya bakagaragaza icyo bamaze kugeraho bitewe no gukorana n’ibi bigo ndetse bakabakangurira gukorana na byo.
Ibindi bikorwa bizakorwa ni ibiganiro bizahuza abayobozi b’ibigo by’imari icyiriritse bizabera mu Ntara zose z’igihugu aho hazabaho kungurana ibitekerezo.

Jean Claude Nyandwi

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 13 Feb 2023
Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC
ITOHOZA

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda
Mu Mahanga

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Ubwanditsi 22 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru