• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Ubwanditsi 22 Feb 2017 Mu Mahanga

Visi Perezida w’u Buhinde uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yashimye aho u Rwanda rugeze mu gihe gito ruvuye muri Jenoside, avuga ko ibi ari ukubera imiyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

Hamid Ansari wabonanye na Perezida Kagame muri Village Urugwiro, yamubwiye ko yababajwe n’ibyo yabonye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ariko yongeraho ko ibimaze gukorwa ari ibyo gushima.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, yavuze ibiganiro byabo byibanze mu gushaka uko umubano wakomeza kunozwa.

Claude Nikobisanzwe yagize ati “Visi Perezida w’u Buhinde akigera mu Rwanda yahuye n’Abahinde baba mu Rwanda yishimira ko bameze neza, ndetse ibyo yabibwiye Perezida Kagame, nyuma kandi yo gusura Urwibutso rwa Gisozi yabwiye Perezida Kagame ukuntu byamurenze, ariko amushimira ko u Rwanda rwabashije kuva mu bibazo rwarimo icyo gihe, rukaba rugeze aha.”

Yunzemo ati “Yongeye kumushimira ko ariwe wayoboye izo mpinduka zose zimaze kugerwaho, yishimira aho amaze gutembera mu Mujyi wa Kigali uburyo hakeye kandi hakaba harimo gutera imbere, ibi byose yamubwiye ko biterwa n’ubuyobozi bwiza buri mu gihugu.”

Uretse Visi Perezida Hamid Ansari washimiye Perezida Kagame aho u Rwanda rugeze rutera imbere, Umukuru w’Igihugu na we yamushimiye umubano uhari, avuga ko ukwiye gukomeza gutezwa imbere.

Perezida Kagame yabwiye Hamid Ansari ko ubwo aheruka mu Buhinde muri Mutarama uyu mwaka, yabonanye n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu bemeranya uko umubano wakomeza gutezwa imbere.

Umubano w’u Rwanda n’u Buhinde watangiye mu mwaka wa 1999, kugeza ubu iki gihugu gifite ugihagarariye mu Rwanda ariko ufite icyicaro muri Uganda. U Rwanda narwo rufite uruhagarariye mu Buhindi.

Nyuma y’aho Perezida Kagame agiriye muri iki gihugu muri Mutarama uyu mwaka, iki gihugu cyemeye kugira ambasade yacyo mu Rwanda.

Perezida Kagame ubwo yari muri iki gihugu akabonana na Minisitiri w’Intebe Narendra Modi, uyu muyobozi yemereye u Rwanda inkunga y’imiti ikoreshwa mu buvuzi ifite agaciro ka miliyoni 2 z’amadorali, impano ya miliyoni 1 y’Amadorali yo kugura ibikoresho byo kwa muganga, n’inguzanyo yo kubaka umuhanda Huye-Kibeho ingana n’amadorali miliyoni 81.

-5792.jpg

Ku bijyanye n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere mu Rwanda kivuga ko cyanditse imishinga yavuye mu Buhinde ingana na 66 ifite agaciro k’amadorali miliyoni 317.5, ni ukuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu mwaka wa 2016.

Muri uru ruzindo rwa Visi Perezida Hamid Ansari azasoza kuri uyu wa Kabiri, biteganyijwe ko ibihugu byombi binasinyana amasezerano atatu, arimo ubufatanye mu gutwara abantu mu by’ikirere hagati y’u Rwanda n’u Buhinde, amasezerano ashyiraho Ikigo gishinzwe iterambere ry’abikorera hagati y’ibihugu byombi, no kwemeranya ibijyanye no kuvanaho za Visa ku badipolomate na Pasiporo.

-5793.jpg

Ifoto y’u Rwibutso

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

General  Major Musare wayoboraga FDLR-RUD  yitabye Imana
Mu Rwanda

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika
POLITIKI

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Minisitiri Sezibera avuga ko abarwanyi ba FDLR, badashobora kuzana amahoro mu Burundi
POLITIKI

Minisitiri Sezibera avuga ko abarwanyi ba FDLR, badashobora kuzana amahoro mu Burundi

Ubwanditsi 02 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru