• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yibukije ko kugira imyumvire ishingiye ku bufatanye no kwita ku banyantege nke bitagamije inyungu, bizazamura imibereho y’abatuye Isi ya none igaragaramo ubusumbane cyane cyane mu bukungu.

Ibi yabitangarije ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane mu muhango wo guhemba Abanyafurika bihangiye imirimo ifasha abaturage ‘2016 Africa Social Entrepreneurs of the Year Award’.

Uyu muhango wanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Akinwumi Adesina wari umushyitsi mukuru; Umuyobozi Nshingwabikorwa wa UNFPA, Dr. Babatunde Osotimehin, Umuyobozi wa Motsepe Foundation, Dr Precious Moloi-Motsepe; Adrian Monck; Christoph von Toggenburg, Umuyobozi wa Schwab Foundation for Community Lead, n’abandi barimo abikorera baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, avuga ku gushimira abihangira imirimo ifasha abantu baturage mu mpinduka nziza ku Isi, yagize ati “Bayoborwa niyo ndangagaciro kuruta indonke, bagabaharanira ubuzima bwiza, uburezi, ubuzima n’ibindi bizamura imibereho y’abaturage.”

Yasabye ibihugu gukomeza guteza imbere abagore bihangiye imirimo bafashwa kugera kuri serivisi z’imari.

Umuyobozi Mukuru wa BAD yavuze kuri gahunda zitandukanye iyi banki igiye gushyiraho mu rwego rwo gufasha urubyiruko kuzamura ubumenyi no kwihangira imirimo, agira ati ‘tugomba kurema icyizere’.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kuzirikana ba rwiyemezamirimo bakoze ibikorwa bifasha abaturage mu 2016, ari igihe cyo kwishimira umusanzu wabo utagereranywa, abo bagabo n’abagore batanga mu buzima bw’abaturage bwa buri munsi yaba mu bukungu no mu mibereho myiza.

-2791.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu ifoto hamwe na Dr. Motsepe (ibumoso), Dr. Akinwumi Adesina (iburyo), Dr. Babatunde Osotimehin (uwa mbere ibumoso), Adrian Monck (uwa kabiri ibumoso), Dr Tshepo Motsepe-Ramaphosa (uwa gatatu uhereye ibumoso), n’abandi ba rwiyemezamirimo

Yagize ati “Ibyo bakora binyuze mu miryango yabo igamije kuzamura abandi, ni uburyo bushya butanga akazi buzana ibisubizo bishya bihangana n’inzitizi zihari, yaba guhashya ubujiji, guhugura abayobozi b’ejo hazaza, guteza imbere ikoranabuhanga, byose bigamije guhindura ibintu byiza.”

Yashimangiye ko iyo ntego yo guharanira ubuzima bwiza aribyo byatumye habaho umuryango Imbuto Foundation, wabayeho ngo ushake ibisubizo by’ibibazo biri muri sosiyete, wongerera ubushobozi abahungu n’abakobwa hagamijwe ko bakoresha ubushobozi bwabo mu kwishakira ibisubizo bikemura ibibazo bafite.

Yavuze ko kuzirikana ibyakozwe n’abihangiye imirimo ifasha abaturage ari isoko yo kubatera imbaraga no gukangura bagenzi babo gutera ikirenge mu cyabo.

Yagize ati “Tuba mu Isi aho ubusumbane mu by’ubukungu bugaragara cyane, buri wese agomba kuzirikana umumaro wo kugira imyumvire y’ubufatanye no kwita ku banyantege nke. Nemera ko hari imbaraga ziri mu kwiyumvamo ubushobozi bwo gukorera undi muntu ikintu, utitaye ko uzabyishyurwa ahubwo ari uko wemera ko afite uburenganzira bwo kubaho neza.”

Abahembwe barimo Luvuyo Rani wo muri Afurika y’Epfo wihangiye imirimo mu ikoranabuhanga akiyemeza gushinga ibigo bihugura abantu mu ikoranabuhanga rigamije kwihangira imirimo, Tracey Chambers na Tracey Gilmore, bashinzwe The Clothing Bank, Yasmina Filali washinze umuryango Orient Occident ukorera muri Maroc.

-2790.jpg

Madamu Jeannette Kagame aha impanuro abari bitabiriye ibi biganiro

Source: Igihe

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kuba abanyamwunga no kugira imyitwarire myiza mu kazi

Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kuba abanyamwunga no kugira imyitwarire myiza mu kazi

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Ubwanditsi 20 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 29 May 2017
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma
POLITIKI

Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru