• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yibukije ko kugira imyumvire ishingiye ku bufatanye no kwita ku banyantege nke bitagamije inyungu, bizazamura imibereho y’abatuye Isi ya none igaragaramo ubusumbane cyane cyane mu bukungu.

Ibi yabitangarije ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane mu muhango wo guhemba Abanyafurika bihangiye imirimo ifasha abaturage ‘2016 Africa Social Entrepreneurs of the Year Award’.

Uyu muhango wanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Akinwumi Adesina wari umushyitsi mukuru; Umuyobozi Nshingwabikorwa wa UNFPA, Dr. Babatunde Osotimehin, Umuyobozi wa Motsepe Foundation, Dr Precious Moloi-Motsepe; Adrian Monck; Christoph von Toggenburg, Umuyobozi wa Schwab Foundation for Community Lead, n’abandi barimo abikorera baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, avuga ku gushimira abihangira imirimo ifasha abantu baturage mu mpinduka nziza ku Isi, yagize ati “Bayoborwa niyo ndangagaciro kuruta indonke, bagabaharanira ubuzima bwiza, uburezi, ubuzima n’ibindi bizamura imibereho y’abaturage.”

Yasabye ibihugu gukomeza guteza imbere abagore bihangiye imirimo bafashwa kugera kuri serivisi z’imari.

Umuyobozi Mukuru wa BAD yavuze kuri gahunda zitandukanye iyi banki igiye gushyiraho mu rwego rwo gufasha urubyiruko kuzamura ubumenyi no kwihangira imirimo, agira ati ‘tugomba kurema icyizere’.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kuzirikana ba rwiyemezamirimo bakoze ibikorwa bifasha abaturage mu 2016, ari igihe cyo kwishimira umusanzu wabo utagereranywa, abo bagabo n’abagore batanga mu buzima bw’abaturage bwa buri munsi yaba mu bukungu no mu mibereho myiza.

-2791.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu ifoto hamwe na Dr. Motsepe (ibumoso), Dr. Akinwumi Adesina (iburyo), Dr. Babatunde Osotimehin (uwa mbere ibumoso), Adrian Monck (uwa kabiri ibumoso), Dr Tshepo Motsepe-Ramaphosa (uwa gatatu uhereye ibumoso), n’abandi ba rwiyemezamirimo

Yagize ati “Ibyo bakora binyuze mu miryango yabo igamije kuzamura abandi, ni uburyo bushya butanga akazi buzana ibisubizo bishya bihangana n’inzitizi zihari, yaba guhashya ubujiji, guhugura abayobozi b’ejo hazaza, guteza imbere ikoranabuhanga, byose bigamije guhindura ibintu byiza.”

Yashimangiye ko iyo ntego yo guharanira ubuzima bwiza aribyo byatumye habaho umuryango Imbuto Foundation, wabayeho ngo ushake ibisubizo by’ibibazo biri muri sosiyete, wongerera ubushobozi abahungu n’abakobwa hagamijwe ko bakoresha ubushobozi bwabo mu kwishakira ibisubizo bikemura ibibazo bafite.

Yavuze ko kuzirikana ibyakozwe n’abihangiye imirimo ifasha abaturage ari isoko yo kubatera imbaraga no gukangura bagenzi babo gutera ikirenge mu cyabo.

Yagize ati “Tuba mu Isi aho ubusumbane mu by’ubukungu bugaragara cyane, buri wese agomba kuzirikana umumaro wo kugira imyumvire y’ubufatanye no kwita ku banyantege nke. Nemera ko hari imbaraga ziri mu kwiyumvamo ubushobozi bwo gukorera undi muntu ikintu, utitaye ko uzabyishyurwa ahubwo ari uko wemera ko afite uburenganzira bwo kubaho neza.”

Abahembwe barimo Luvuyo Rani wo muri Afurika y’Epfo wihangiye imirimo mu ikoranabuhanga akiyemeza gushinga ibigo bihugura abantu mu ikoranabuhanga rigamije kwihangira imirimo, Tracey Chambers na Tracey Gilmore, bashinzwe The Clothing Bank, Yasmina Filali washinze umuryango Orient Occident ukorera muri Maroc.

-2790.jpg

Madamu Jeannette Kagame aha impanuro abari bitabiriye ibi biganiro

Source: Igihe

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 16 May 2016
Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ubwanditsi 13 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu cyunamo hagaragagaye ibyaha 24 by’abafite ingengabitekerezo ya Jenoside
Mu Rwanda

Mu cyunamo hagaragagaye ibyaha 24 by’abafite ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 14 Apr 2017
Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )
Mu Mahanga

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Ubwanditsi 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru