• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iravuga umupolisi warashe umunyamategeko Nzamwita Toy nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yahagaritswe akanga ahubwo agahatiriza kwinjira ahatemewe.

Mu ijoro ryo kuwa 30 Ukuboza 2016 nibwo umunyamategeko Nzamwita Ntabwiba Toy yarashwe na polisi ahita apfa ubwo yageragezaga kwinjira mu buryo butemewe ku nyubako ya Kigali Convention Center polisi yamuhagarika akabyanga.

Muri iryo joro kandi polisi yarashe imodoka y’umukozi wa MTN witwa Karenzi Benjamin nawe washakaga kurenga bariyeri zari zashyizwe hafi ya Kigali Convention Center ariko we ntacyo yabaye.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko aba bose bari banyoye inzoga birengeje urugero.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 02 Mutarama 2017, umuyobozi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi yavuze ko mu minsi isatira ubunani bwa 2017 polisi yakajije umutekano w’inyubako ya Kigali Convention Center kubera ibirori byari kuhabera ngo hatagira uwiyoberanya agahungabanya umutekano ari nayo mpamvu hari hashyizweho bariyeri uwarashwe yashatse kurenga ku ngufu.

CP George Rumanzi yavuze ko kandi umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yamuhagaritse akabyanga kandi ntawri uzi icyo agambiriye.

Yagize ati “niyo mahitamo umupolisi yari asigaranye kuko uyu muntu wari utwaye, icyambere turebye amasaha hari nijoro, icyapa ntiyacyitayeho, ibihagarika yarabigonze, umupolisi ahagararamo ngo amuhugarike nawe yari amugonze, icyari gisigaye rero ni ugukoresha intwaro nk’uko byemewe n’amategeko, umupolisi yagombaga kureba icyakorwa kindi,kwari ugukoresha ingufu kugira ngo uwo muntu utazwi, nta wari uzi icyo agamije nta n’uwari uzi icyo atwaye.”

CP George Rumanzi yavuze ko bishoboka ko iyo polisi itarasa iyo modoka yari kugenda ikaba yakwangiza umutekano w’abari mu gitaramo kandi ko ari byo byari kuba bibi kurushaho dore ko hari n’ingero z’aho byagiye biba.

Yagize ati “ Mu mwanya muto umupolisi yari afite n’umuntu tutazi uwo ari we, tutazi n’icyo agamije, tutazi n’icyo atwaye kandi hagaragara ibibera hirya no hino, umupolisi yari afite umwanya muto wo gukoresha ingufu, iyo atazikoresha imodoka ikagenda igakandagira abantu cyangwa igaturikira mu bantu kuko nta wari ubizi ubwo sinzi niba ari byo byari gushimwa.”

Nyuma y’urupfu rwa Me Toy urugaga rw’abavoka mu Rwanda rwagaragaje ko rutishimiye uburyo mugenzi wabo yishwe basaba polisi y’u Rwanda gukora iperereza ryimbitse kandi rikihutishwa.

Ishusho y’umutekano mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko umutekano mu minsi mikuru wari wifashe neza kuko impanuka zabaye nke ndetse n’ibyaha bikagabanuka ugeranije n’umwaka washize.

CP George Rumanzi uyobora ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze hagaragaye impanuka zidakabije zahitanye ubuzima bw’abantu 8 abandi 6 bagakomereka mu buryo bukomeye.

Hafashwe kandi imodoka 11 zari zitwawe n’abantu basinze, nyuma ziza kugenda zirekurwa.

ACP Moris Muligo uyobora ishami ry’ubugenzacyaha yavuze ko nta byaha bikomeye byabaye uretse ubujura bw’amatungo magufi, gukoresha amafaranga y’amigananano ibihumbi 64 byose ngo byabaga bigamije gushaka amaramuko,hafashwe kandi urubyiruko 22 rwafatanywe ibiyobyabwenge.

-5236.jpg

Uhereye ibumoso, ACP Twahirwa Celestin, CP George Rumanzi na ACP Moris Muligo mu kiganiro n’abanyamakuru

2017-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 23 Apr 2024
Polisi y’u Rwanda yashubije umunya Sudani y’Epfo  imodoka ye yari yibwe

Polisi y’u Rwanda yashubije umunya Sudani y’Epfo imodoka ye yari yibwe

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Ubwanditsi 25 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko bazimya umuriro w’Amatora!
Mu Mahanga

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20
IKORANABUHANGA

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka
IMIKINO

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru