• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iravuga umupolisi warashe umunyamategeko Nzamwita Toy nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yahagaritswe akanga ahubwo agahatiriza kwinjira ahatemewe.

Mu ijoro ryo kuwa 30 Ukuboza 2016 nibwo umunyamategeko Nzamwita Ntabwiba Toy yarashwe na polisi ahita apfa ubwo yageragezaga kwinjira mu buryo butemewe ku nyubako ya Kigali Convention Center polisi yamuhagarika akabyanga.

Muri iryo joro kandi polisi yarashe imodoka y’umukozi wa MTN witwa Karenzi Benjamin nawe washakaga kurenga bariyeri zari zashyizwe hafi ya Kigali Convention Center ariko we ntacyo yabaye.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko aba bose bari banyoye inzoga birengeje urugero.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 02 Mutarama 2017, umuyobozi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi yavuze ko mu minsi isatira ubunani bwa 2017 polisi yakajije umutekano w’inyubako ya Kigali Convention Center kubera ibirori byari kuhabera ngo hatagira uwiyoberanya agahungabanya umutekano ari nayo mpamvu hari hashyizweho bariyeri uwarashwe yashatse kurenga ku ngufu.

CP George Rumanzi yavuze ko kandi umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yamuhagaritse akabyanga kandi ntawri uzi icyo agambiriye.

Yagize ati “niyo mahitamo umupolisi yari asigaranye kuko uyu muntu wari utwaye, icyambere turebye amasaha hari nijoro, icyapa ntiyacyitayeho, ibihagarika yarabigonze, umupolisi ahagararamo ngo amuhugarike nawe yari amugonze, icyari gisigaye rero ni ugukoresha intwaro nk’uko byemewe n’amategeko, umupolisi yagombaga kureba icyakorwa kindi,kwari ugukoresha ingufu kugira ngo uwo muntu utazwi, nta wari uzi icyo agamije nta n’uwari uzi icyo atwaye.”

CP George Rumanzi yavuze ko bishoboka ko iyo polisi itarasa iyo modoka yari kugenda ikaba yakwangiza umutekano w’abari mu gitaramo kandi ko ari byo byari kuba bibi kurushaho dore ko hari n’ingero z’aho byagiye biba.

Yagize ati “ Mu mwanya muto umupolisi yari afite n’umuntu tutazi uwo ari we, tutazi n’icyo agamije, tutazi n’icyo atwaye kandi hagaragara ibibera hirya no hino, umupolisi yari afite umwanya muto wo gukoresha ingufu, iyo atazikoresha imodoka ikagenda igakandagira abantu cyangwa igaturikira mu bantu kuko nta wari ubizi ubwo sinzi niba ari byo byari gushimwa.”

Nyuma y’urupfu rwa Me Toy urugaga rw’abavoka mu Rwanda rwagaragaje ko rutishimiye uburyo mugenzi wabo yishwe basaba polisi y’u Rwanda gukora iperereza ryimbitse kandi rikihutishwa.

Ishusho y’umutekano mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko umutekano mu minsi mikuru wari wifashe neza kuko impanuka zabaye nke ndetse n’ibyaha bikagabanuka ugeranije n’umwaka washize.

CP George Rumanzi uyobora ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze hagaragaye impanuka zidakabije zahitanye ubuzima bw’abantu 8 abandi 6 bagakomereka mu buryo bukomeye.

Hafashwe kandi imodoka 11 zari zitwawe n’abantu basinze, nyuma ziza kugenda zirekurwa.

ACP Moris Muligo uyobora ishami ry’ubugenzacyaha yavuze ko nta byaha bikomeye byabaye uretse ubujura bw’amatungo magufi, gukoresha amafaranga y’amigananano ibihumbi 64 byose ngo byabaga bigamije gushaka amaramuko,hafashwe kandi urubyiruko 22 rwafatanywe ibiyobyabwenge.

-5236.jpg

Uhereye ibumoso, ACP Twahirwa Celestin, CP George Rumanzi na ACP Moris Muligo mu kiganiro n’abanyamakuru

2017-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2022
Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.
Amakuru

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021
Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi
Mu Rwanda

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye  television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru