• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Ubwanditsi 13 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 12 Nyakanga 2021, ubwo yari ahitwa Sofala, Perezida wa Mozambike, Filipe Nyusi yavuze ko igihugu cye gifite uburenganzira bwo kugirana amasezerano y’ubufatanye n’ibindi bihugu, nk’uko byagenze hagati ya Mozambike n’uRwanda, mbere y’uko uRwanda rwohereza abasirikari n’abapolisi barwo kugarura amahoro n’umutekano muri Mozambike.

Ibi Perezida Nyusi yabivuze yiyama abari batangiye kunenga icyo gikorwa, bavuga ko bitari bikwiye ko igihugu nk’uRwanda kitari mu Muryango w’Ibihugu byo muri Afrika y’Amajyepfo, SADC, ngo kitagombaga kohereza abasirikari n’abapolisi muri Mozambike.

Umwe mu bavugije induru ni Nosiviwe-Mapisa Nqakula, Minisitiri w’Ingabo mu gihugu cya Afrika y’Epfo, wemezaga ko ngo ingabo z’uRwanda zagombaga kubanza kubyemererwa na SADC, zikabona kohereza abasirikari n’abapolisi muri Mozambike. Aya magambo ntiyashimishije Perezida Filipe Nyusi , wahise amusubiza ko” ….Mozambike ifite ubwigenge, ubusugire n’uburenganzira bwo gufata icyemezo kiyibereye, kandi SADC igomba kubyubaha”.

Amakuru ava muri SADC aravuga igikorwa cyo kohereza abasirikari n’abapolisi b’uRwanda muri Mozambike cyateye ishyari n’isoni ibihugu nka Afrika bikunze kwivuga imyato mu bya gisirikari, nyamara Mozambike yakomeje gusaba SADC ubutabazi, ariko akajagari karanga byinshi mu bihugu bigize uwo muryango no gushyira imbere inyungu, cyane cyane iz’ubukungu, bituma habaho kuzarira mu gutabara abaturage ba Mozambike bicwa buri munsi.

Magingo aya SADC imaze kwiyemeza kohereza abasirikari bayo bitarenze iminsi 2, ni ukuvuga tariki 15 Nyakanga 2021, icyakora abazi neza imikorere yayo bakaba bafite impungenge ko imikorere idahwite ya SADC ishobora gutuma hoherezwa ingabo zititeguye neza.

Mu cyumweru gishize uRwanda rwohereje muri Mozambike ingabo n’abapolisi 1000, ndetse ubu bakaba baryamiye amajanja mu birindiro byabo mu Ntara ya Cabo Delgado imaze igihe yarabaye isibaniro hagati y’ingabo za Mozambike n’imitwe y’iterabwoba.

Mu izina ry’abaturage ba Mozambike, Perezida Filipe Nyusi yashimiye cyane mugenzi w’uRwanda, Paul Kagame, uburyo yamwumvise bwangu, avuga ko bigaragaza ubushake bw’uRwanda bwo kubaka ubufatanye n’ubuvandimwe hagati y’Abanyafrika.

2021-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka

Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka

Ubwanditsi 29 May 2023
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 02 May 2026
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU
ITOHOZA

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ubwanditsi 08 Feb 2016
HCR yemeje ko impunzi z’Abanyekongo ziherutse gupfa zizize imyigaragambyo ari 11
Mu Rwanda

HCR yemeje ko impunzi z’Abanyekongo ziherutse gupfa zizize imyigaragambyo ari 11

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru