• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019 UBUKUNGU

Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo ko ingengo y’imari bahabwa ingana na miliyari 120 Frw, buri mwaka igomba gukoreshwa kandi hakagaragazwa impinduka,  umukuru w’igihugu yabivuze kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Mbere abwira,  abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo  mu Karere ka Huye,  bagera kuri 600.

Ni mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri asura abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe.

Aya makuru dukesha IGIHE aravuga ko Perezida Kagame yabibukije ko ikigamijwe ari ugukorera hamwe uko bishoboka kugira ngo iterambere ryihuse rigerweho. Yavuze ko hakenewe kugaragaza icyo ingengo y’imari iba yarahawe inzego zitandukanye yagezeho kuko bitumvikana uburyo yatangwa ariko imyaka igasimburana nta mpinduka zigaragara.

Ati “Iki nicyo nshaka ko tuganiraho, inshingano zacu nk’abayobozi. Ntabwo twasa n’abavomera mu rutete. Ugasanga turavoma amazi akanyuramo agasubira aho yaturutse. Icyaba kiva cyose ntabwo ukivomesha. Ahaba hava hose tugomba kureba uko tuhahoma naho ubundi ntaho twaba tuva ntanaho twaba tujya.”

Perezida Kagame yabajije uko ‘waba ufite umutwaro uremereye w’ubukene ariko wahabwa igisubizo cyo kuwutura ukabyanga ugahora wikoreye ibikuvuna.’

“Ntabwo washaka umuntu wo kuza kukubwira ukuntu umuzigo wikoreye ukuvuna. Ntabwo twahora dufite abantu birirwa batubwira ukuntu ubukene buryana.Turi ikiremwamuntu, turatekereza”.

“Abahungu n’abakobwa bagenda ibilometero baje kutwigisha icyo ubukene ari cyo, imirire mibi, uko twagaburira abana bacu. Tunafite impuguke zambara amakote zikaza kwigisha u Rwanda uko twakwiyunga. Kuki mushobora kubyemera?”.

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko badakwiye kuba abantu bahora bibutswa ko bikoreye umutwaro, abasaba gukemura ikibazo cy’imyumvire.

Ati “Bayobozi muri hano, mu gihe mudakemuye ikibazo cy’imyumvire, muzatera intambwe imwe mujya imbere ebyiri zisubire inyuma. Iyi niyo mpamvu muhabwa ingengo y’imari ariko ntitubone umusaruro”.

Kurwanya ubukene si impuhwe

Perezida Kagame kandi yibukije abayobozi ko iyo abanyarwanda batameze neza na bo baba batameze neza.

Ati “Kurwanya ubukene ntabwo ari impuhwe uba urimo kugirira abaturage, imibereho myiza y’abaturage niba itameze neza twese bizatugiraho ingaruka. Abakoresha nabi ibya leta baba bumva ko bazamera neza ariko ntushobora kumera neza mu gihe abaturage batameze neza”

Yakomoje ku mubano n’akarere 

Perezida Kagame kandi yakomoje ku mubano n’ibihugu byo mu Karere, avuga ko u Rwanda rwahisemo inzira y’amahoro kuko ari yo iboneye, icyakora ashimangira ko hari nyirantarengwa.

Ati “Nta n’umwe ushobora guhitamo intambara mu gihe hari igisubizo cy’amahoro. Tuzakomeza guhitamo inzira y’amahoro ariko hari umurongo ntarengwa. Ntituzemera ko hari uhindura intambwe n’intego twahisemo”.

Intara y’Amajyepfo ihana imbibi n’u Burundi butabanye neza n’u Rwanda muri iyi minsi. Perezida Kagame yabigarutseho avuga ko ubundi abaturanyi bakabaye bahahirana ariko ‘iyo umuturanyi akubereye mubi ugomba gukora uko ushoboye, ibyinshi ukaba wabyibonaho aho kugira ngo ubimutegerezeho’.

Yavuze ko intego u Rwanda rwahisemo ari impinduka kandi kwigeza kuri byinshi ubwabyo bitanga umutekano.

Perezida Kagame ubwo yahabwaga ikaze mu Karere ka Huye ahabereye iki kiganiro

Bari basazwe n’ibyishimo byo kugendererwa n’Umukuru w’Igihugu

Umukuru w’Igihugu yagiirye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Amajyepfo rubaye urwa mbere ahuyemo n’abavuga rikumvikana b’aho ariho hose mu gihugu muri uyu mwaka

Perezida Kagame yavuze ko hakenewe kugaragaza icyo ingengo y’imari iba yarahawe inzego zitandukanye yagezeho kuko bitumvikana uburyo yatangwa ariko imyaka igasimburana nta mpinduka zigaragara

Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo ko ingengo y’imari bahabwa ingana na miliyari 120 Frw, buri mwaka igomba gukoreshwa kandi hakagaragazwa impinduka yagejeje ku baturage

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Umukuru w’Igihugu yahuriye mu Karere ka Huye n’abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo bagera kuri 600

Perezida Kagame yumva igitekerezo cy’umwe mu bari bitabiriye iki kiganiro

Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel; yayoboye ikiganiro cyitabiriwe n’abavuga rikumvikana bo muri iyi ntara

Abitabiriye iki kiganiro bahawe umwanya wo kugeza ibitekerezo byabo ku Mukuru w’Igihugu

Abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kuba umusemburo w’ibiganisha abanyarwanda ku iterambere

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel, ageza ijambo ry’ikaze ku bari bitabiriye iki kiganiro

Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano na Gisirikare, Gen. Kabarebe James, ni umwe mu bitabiriye ibi biganiro

Amafoto: Village Urugwiro

2019-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019
Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Ubwanditsi 11 May 2019
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Ubwanditsi 05 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko
Amakuru

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe
INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 11 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru