• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019 UBUKUNGU

Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo ko ingengo y’imari bahabwa ingana na miliyari 120 Frw, buri mwaka igomba gukoreshwa kandi hakagaragazwa impinduka,  umukuru w’igihugu yabivuze kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Mbere abwira,  abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo  mu Karere ka Huye,  bagera kuri 600.

Ni mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri asura abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe.

Aya makuru dukesha IGIHE aravuga ko Perezida Kagame yabibukije ko ikigamijwe ari ugukorera hamwe uko bishoboka kugira ngo iterambere ryihuse rigerweho. Yavuze ko hakenewe kugaragaza icyo ingengo y’imari iba yarahawe inzego zitandukanye yagezeho kuko bitumvikana uburyo yatangwa ariko imyaka igasimburana nta mpinduka zigaragara.

Ati “Iki nicyo nshaka ko tuganiraho, inshingano zacu nk’abayobozi. Ntabwo twasa n’abavomera mu rutete. Ugasanga turavoma amazi akanyuramo agasubira aho yaturutse. Icyaba kiva cyose ntabwo ukivomesha. Ahaba hava hose tugomba kureba uko tuhahoma naho ubundi ntaho twaba tuva ntanaho twaba tujya.”

Perezida Kagame yabajije uko ‘waba ufite umutwaro uremereye w’ubukene ariko wahabwa igisubizo cyo kuwutura ukabyanga ugahora wikoreye ibikuvuna.’

“Ntabwo washaka umuntu wo kuza kukubwira ukuntu umuzigo wikoreye ukuvuna. Ntabwo twahora dufite abantu birirwa batubwira ukuntu ubukene buryana.Turi ikiremwamuntu, turatekereza”.

“Abahungu n’abakobwa bagenda ibilometero baje kutwigisha icyo ubukene ari cyo, imirire mibi, uko twagaburira abana bacu. Tunafite impuguke zambara amakote zikaza kwigisha u Rwanda uko twakwiyunga. Kuki mushobora kubyemera?”.

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko badakwiye kuba abantu bahora bibutswa ko bikoreye umutwaro, abasaba gukemura ikibazo cy’imyumvire.

Ati “Bayobozi muri hano, mu gihe mudakemuye ikibazo cy’imyumvire, muzatera intambwe imwe mujya imbere ebyiri zisubire inyuma. Iyi niyo mpamvu muhabwa ingengo y’imari ariko ntitubone umusaruro”.

Kurwanya ubukene si impuhwe

Perezida Kagame kandi yibukije abayobozi ko iyo abanyarwanda batameze neza na bo baba batameze neza.

Ati “Kurwanya ubukene ntabwo ari impuhwe uba urimo kugirira abaturage, imibereho myiza y’abaturage niba itameze neza twese bizatugiraho ingaruka. Abakoresha nabi ibya leta baba bumva ko bazamera neza ariko ntushobora kumera neza mu gihe abaturage batameze neza”

Yakomoje ku mubano n’akarere 

Perezida Kagame kandi yakomoje ku mubano n’ibihugu byo mu Karere, avuga ko u Rwanda rwahisemo inzira y’amahoro kuko ari yo iboneye, icyakora ashimangira ko hari nyirantarengwa.

Ati “Nta n’umwe ushobora guhitamo intambara mu gihe hari igisubizo cy’amahoro. Tuzakomeza guhitamo inzira y’amahoro ariko hari umurongo ntarengwa. Ntituzemera ko hari uhindura intambwe n’intego twahisemo”.

Intara y’Amajyepfo ihana imbibi n’u Burundi butabanye neza n’u Rwanda muri iyi minsi. Perezida Kagame yabigarutseho avuga ko ubundi abaturanyi bakabaye bahahirana ariko ‘iyo umuturanyi akubereye mubi ugomba gukora uko ushoboye, ibyinshi ukaba wabyibonaho aho kugira ngo ubimutegerezeho’.

Yavuze ko intego u Rwanda rwahisemo ari impinduka kandi kwigeza kuri byinshi ubwabyo bitanga umutekano.

Perezida Kagame ubwo yahabwaga ikaze mu Karere ka Huye ahabereye iki kiganiro

Bari basazwe n’ibyishimo byo kugendererwa n’Umukuru w’Igihugu

Umukuru w’Igihugu yagiirye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Amajyepfo rubaye urwa mbere ahuyemo n’abavuga rikumvikana b’aho ariho hose mu gihugu muri uyu mwaka

Perezida Kagame yavuze ko hakenewe kugaragaza icyo ingengo y’imari iba yarahawe inzego zitandukanye yagezeho kuko bitumvikana uburyo yatangwa ariko imyaka igasimburana nta mpinduka zigaragara

Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo ko ingengo y’imari bahabwa ingana na miliyari 120 Frw, buri mwaka igomba gukoreshwa kandi hakagaragazwa impinduka yagejeje ku baturage

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Umukuru w’Igihugu yahuriye mu Karere ka Huye n’abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo bagera kuri 600

Perezida Kagame yumva igitekerezo cy’umwe mu bari bitabiriye iki kiganiro

Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel; yayoboye ikiganiro cyitabiriwe n’abavuga rikumvikana bo muri iyi ntara

Abitabiriye iki kiganiro bahawe umwanya wo kugeza ibitekerezo byabo ku Mukuru w’Igihugu

Abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kuba umusemburo w’ibiganisha abanyarwanda ku iterambere

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel, ageza ijambo ry’ikaze ku bari bitabiriye iki kiganiro

Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano na Gisirikare, Gen. Kabarebe James, ni umwe mu bitabiriye ibi biganiro

Amafoto: Village Urugwiro

2019-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro
Amakuru

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Ubwanditsi 14 Mar 2023
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021
Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna
Mu Mahanga

Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru