• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Ubwanditsi 17 May 2016 Mu Mahanga

Abicishije ku rukuta rwe rwa Facebook, Faustin Twagiramungu, Perezida w’ishyaka RDI-Rwanda Rwiza, yagize icyo avuga ku witwa Theodosie Mahoro, wiciwe mu kigo abagenzi bategeramo imodoka cya Nyabugogo, azizwa ko acuruza ibintu bitemewe abibunza bimwe bita ubuzunguzayi.

Twagiramungu yagize ati:

“Umurambo wa nyakwigendera UWAMAHORO Theodeziya warashyinguwe. Turasaba IMANA RUREMA ngo imwakire nk’Intungane ye.

UWAMAHORO, ise na mama we bari baramwise neza, maze bamwita Uwamahoro. Apfuye afite imyaka 27. Apfuye akiri muto, apfuye amahoro yasabiwe n’abamwibarutse atayabonye. Apfuye yishwe na Leta, kandi ariyo yakagombye kumuha ayo mahoro.

-2802.jpg

UWAMAHORO akimara kwicwa

Aha icyo twavuga ni uko Mahoro atishwe na Leta, ahubwo ariyo ya mutabaye mu ishyingurwa rye. Tubibutse ko kuwa Gatandatu tariki 07 Gicurasi 2016 ni bwo Mahoro Theodosie ( Twagiramungu yita Uwamahoro ) wakoraga ubucuruzi buciriritse ndetse butemewe (Umuzunguzayi) yakubitiwe muri Gare ya Nyabugogo aragapfa. Polisi yavuze ko uwishe Mahoro nta ho ahuriye n’inzego z’umutekano za Leta ahubwo ko ari umukozi wa Kampani ikora isuku muri Nyabugogo yitwa AGRUNI.

-2803.jpg

Twagiramungu Faustin

Twagiramungu we avuga ko Leta yahaye ubububasha amabandi azi gutera ingumi n’imigeri kugira ngo bateshe umutwe abakene bakora ibishoboka byose ngo bitunge,kandi batunge n’abana babo.

Ati : Nibyo yishwe na Leta yahaye ubububasha amabandi azi gutera ingumi n’imigeri kugira ngo bateshe umutwe abakene bakora ibishoboka byosengo bitunge,kandi batunge n’abana babo. LETA aho gushaka uburyo bwo gufasha abatishoboye, ahubwo ibagabiza amabandi yo kubakubita bakabica, kugira ngo bagabanuke.

Umubyeyi uwo ariwe wese yishyire mu mwanya w’ababyeyi ba UWAMAHORO, kugira ngo yumve agahinda bafite ko gupfusha umwana wabo warufite imyaka 27 gusa, agapfa asize uburiza n’uwo bashakanye, nawe ukiri muto. Agapfa atarwaye, agapfa azize guhahira umwana we. Agapfa azize gukena.

Twifatanije nabo.

Twagiramungu akongeraho ko ngo Leta igomba gutanga ikiru ati: Jye ndizera ko LETA igomba gutanga icyiru, igaha umuryango wa UWAMAHORO amafaranga y’Amanyarwanda atari hasi ya 20.000.000. Ntabwo ari menshi kubera ko ariyo Perezida Kagame yishyura ijoro rimwe kuri hotel araramo i New York. Niyo mbona ko akwiye kuba indishyi y’akababaro ku muryango wa nyakwigendera UWAMAHORO THEODEZIYA. RIP,

Umudepite mu nteko ishingamategeko mu Rwanda Gatabazi Jean Marie Vianney aherutse kuvuga ko Twagiramungu ari Kanseri muri politiki.

Ati: Ni byiza kuba Twagiramungu yararose kuko bibaho, cyane ko n’Ishyaka rye rishingiye ku nzozi [Rwanda ’Dream’ Initiative], agafata n’umwanya wo kwerekana ko ahangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyarwanda .

Ku batamuzi n’abandi bafite inyungu muri Politiki y’u Rwanda bamwibeshyaho, Twagiramungu ni nka Kanseri muri politiki y’imyaka myinshi mu Rwanda kuva muri za 60, akiri umunyeshuriiyo muri za Canada ndetse no mu myaka ya 90-94 igihe cy’amashyaka menshi kugeza n’ubu,keretse niba ubwonko bwe butibuka ariko twe abanyarwanda twibuka amateka ye yose.

Cyiza Davidson

2016-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020
INKURU NYAMUKURU

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano
Mu Mahanga

Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we
Mu Rwanda

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we

Ubwanditsi 19 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru