• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukandida wigenga, Philippe Mpayimana, yemeye ko yatsinzwe amatora nyuma y’imibare y’agateganyo ya komisiyo y’igihugu y’amatora igaragaza ko umukandida wa FPR Inkotanyi yarushije abandi mu buryo budasubirwaho.

Nyuma yo kubarura amajwi angana na 80% y’abatoye bose, Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko Paul Kagame afite amajwi 98.66%, umukandida wigenga Mpayimana Philippe akagira 0.72% naho umukandida w’ishyaka Democratic Green Party, Dr Frank Habineza agira 0.45%.

Mu ijambo Mpayimana yahise avugira kuri televiziyo y’igihugu ari aho yari yakoraniye n’abamufashije mu kwiyamamaza, i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, yavuze ko aho ibarura ry’amajwi rigeze ryerekana ko yatsinzwe.

Yagize ati “Banyarwanda, nshuti mwanshyigikiye n’Abanyarwanda mwese, biragaragara ko amatora uyatsinze ari umuryango RPF na nyakubahwa Paul Kagame, ndamushimira cyane kandi ngashima amahitamo y’Abanyarwanda.”

Yavuze ko atangira umushinga wo kwiyamamariza kuyobora igihugu no kwerekana impinduka yifuza yari azi ko bitazamworohera, ariko yari yifitemo icyizere ko hakenewe impinduka zishyira igihugu mu nzira ya demokarasi nyayo.

Yakomeje agira ati “Muri urwo rwego nzi neza ko iyo ntego nayigezeho, nkaba nanjye nakwishimia intsinzi. Ndashimira rro ubutegetsi bw’igihugu kuko mu by’ukuri baramfashije kugira ngo kwiyamamaza bigende neza, inzego z’umutekano zaramfashije ku buryo bigaragara ko igihugu cyacu gitekanye, ndetse n’uburyo amatora yateguwe birimo ubunyamwuga, mbese byagenze neza.”

Mpayimana yavuze ko mu kwiyamamaza yishimiye guhura n’Abanyarwanda mu mpande zose z’igihugu bakungurana ibitekerezo, avuga ko intsinzi abonye y’amanota make atakwitwa mato.

Yavuze ko yifuza ko abanyarwanda bazamushyigikira mu bihe biri imbere, ngo azabashe kugira ubushobozi burenze bwo kumvikashisha umushinga we no kuzatsinda.

Dr Frank Habineza we yavuze ko ubu ntacyo yatangaza kuko hakiri amajwi menshi akibarurwa, ngo azagira icyo avuga ejo kuwa Gatandatu, ubwo amajwi yose azaba amaze gutangazwa, I saa kumi z’umugoroba. Yahise asezerera abantu bari muri Lemigo Hotel.

-7475.jpg

Mpayimana Philippe

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Ubwanditsi 01 Sep 2016
‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe
UBUKUNGU

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Ubwanditsi 11 May 2019
Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024
Amakuru

Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024

Ubwanditsi 28 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru