• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Mukankomeje na Tito Rutaremara bahawe imyanya mishya, Kabandana wayoboye Kigali yongera kugaragara

Dr Mukankomeje na Tito Rutaremara bahawe imyanya mishya, Kabandana wayoboye Kigali yongera kugaragara

Ubwanditsi 05 Nov 2019 POLITIKI

Dr Rose Mukankomeje wigeze kuba Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije, REMA, na Tito Rutaremara wabaye Umusenateri, bahawe imyanya mishya mu buyobozi bw’ibigo birimo HEC n’Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye.

Mu mpinduka zakozwe na Perezida wa Repubulika muri Guverinoma no mu zindi nzego, harimo ko Dr Rose Mukankomeje wabaye Umuyobozi REMA, yahawe kuba Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kaminuza.

Dr Mukankomeje ni umwe mu bize ibijyanye n’ibinyabuzima n’andi masomo ajyanye na siyansi, aho mu 1992 yanabiherewe impamyabumenyi y’ikirenga, PhD.

Yakoze mu myanya itandukanye mu nzego za leta harimo ko kuva mu 1995 kugera mu 2001 yari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, nyuma akora muri Minisiteri y’Uburezi kuva mu 2002 kugera mu 2003 nk’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Siyansi, Ikoranabuhanga n’ubushakashatsi.

Yabaye kandi mu buyobozi bukuru bw’amashuri makuru na Kaminuza mu Rwanda harimo ko yabaye Visi Perezida wa Kaminuza yari ishinzwe iby’uburezi, KIE.

Kuri ubu, uyu mugore utari ufite umwanya w’ubuyobozi uzwi kuva mu 2016 ubwo yavaga ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa REMA, yagizwe Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Amashuri makuru na Kaminuza, HEC.

Hari hashize ukwezi HEC ihawe umuyobozi w’agataganyo Muhizi Kageruka Benjamin wari wasimbuye Dr Muvunyi Emmanuel mu mpinduka zakozwe na Minisitiri w’Uburezi.

Ku rundi ruhande, Tito Rutaremara wahoze ari Umusenateri, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, urwego rutari rufite umuyobozi kuva Dr Iyamuremye Augistin yagirwa Umusenateri akanatorerwa kuba Perezida wa Sena.

Rutaremara w’imyaka 74 ni umwe mu mpuguke n’inararibonye u Rwanda rufite, akaba mu b’imena batangije Umuryango FPR Inkotanyi ahagana mu 1987 ndetse yabaye mu ishyaka NRM riyoboye Uganda, ubwo ryafataga ubutegetsi Museveni akajya ku buyobozi.

Yabaye Umunyamabanga Mukuru wa FPR – Inkotanyi (1987-1989); Komiseri ushinzwe ubukangurambaga (1989-1991) n’umuhuzabikorwa wa Politike n’igisirikare (1991-1993). Yanabaye umudepite (1995-2000); ayobora Komisiyo yo gushyiraho Itegeko Nshinga (2000-2003); aba Umuvunyi Mukuru (2003-2012), umwanya yavuyeho ajya kuba Senateri kugera manda ye irangiye muri uyu mwaka.

Ku rundi ruhande Marc Kabandana wigeze kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ndetse akanayobora Ikigo cya leta gishinzwe guhugura abakozi (Rwanda Institute of Administration and Management – RIAM), yagizwe umwe mu bagizwe Umwe mubagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye.

Dr. Rose Mukankomeje yahawe kuyobora HEC

Tito Rutaremara yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye

Marc Kabandana yigeze kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali

2019-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Ubwanditsi 02 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo
Mu Rwanda

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?
HIRYA NO HINO

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga
Mu Rwanda

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Ubwanditsi 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru