• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 31 May 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hakomeje icyumweru cy’ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda, kuwa kabiri tariki ya 30 Gicurasi, kuri sitade nto ya Remera mu karere ka Gasabo, Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo, bagejeje ubutumwa ku baturage bubakangurira gukumira no kurwanya ruswa iyo iva ikagera mu nsanganyamatsiko igira iti:” Kurwanya ruswa ni inkingi y’umutekano n’iterambere birambye”.

Iki kiganiro cyayobowe n’umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire ari nawe wari umushyitsi mukuru, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana bari kumwe n’umuyobozi wa Transparecy International, ishami ry’u Rwanda, Marie Immaculee Ingabire.

Mu kiganiro yagejeje kubari aho, Aloysie Cyanzayire , yavuze ko ingamba zose dufata zizagira icyo zigeraho ari uko duhinduye imitekerereze n’imyumvire kuri ruswa.

Yagize ati:” Tubwirwa kenshi ingaruka zayo ariko ni bake babiha agaciro n’uburemere bwabyo.”

Yatanze urugero rw’amafaranga agera kuri miliyari 35,5 zatanzweho ruswa mu mwaka wa 2016, mu cyegeranyo cyiswe Rwanda Bribery Index cya Transparency International ishami ry’u Rwanda ryakoze, harimo 13 zatanzwe mu nzego z’ibanze.

Cyanzayire yagize ati:”Ingaruka za ruswa zitugeraho twese kandi ingamba zo kuyirwanya zikwiriye gushingira ku ruhare rwa buri wese kuko ntaho twagera mu iterambere tukigendera muri ruswa, abateye imbere ni abubatse umuco wo kurwanya ruswa , dukwiye natwe kuwubaka duhereye mu rubyiruko.”

Ati:”Igiti kigororwa kikiri gito, ibi byonyine nibyo bizadufasha kubaka u Rwanda rw’ejo hazaza.”

Yasabye kandi ko umuco wo guhishirana n’ubufatanyacyaha ko ari mubi kandi ukwiye gucika.

Yashishikarije abari aho kwitabira gukoresha serivisi z’ikoranabuhanga zikumira ikoreshwa ry’amafaranga mu ntoki kuko zifasha mu gukumira ruswa.

Umuvunyi mukuru yashoje asaba ko inzego zose za Leta zikwiye gushyiraho ingamba zikumira ruswa muri zo imbere no hanze yazo kandi ko ingamba zose zifatwa zikwiye gushingira ku guhindura imyumvire kuri ruswa.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda we mu ijambo rye, yavuze ko intego yo kurwanya ruswa ifasha mu iterambere rituma habaho ubuzima bwiza bw’abaturage, kuzamura ubukungu bw’Igihugu hashingiye kw’itangwa rya serivisi nziza.

IGP Gasana yagize ati:” Igihugu cyacu cyihaye intego yo kugera ku buyobozi bwiza kandi buzira ruswa nkuko bigarara muri vision 2020.”

Yavuze ko raporo zinyuranye zishyira u Rwanda mu myanya ya mbere mu bihugu bifite ubuyobozi bwiza, buhamye kandi bwashyizeho ingamba zihamye mu kurwanya isesagura ry’umutungo wa Leta, bikaba bishimangirwa n’umwanya mwiza u Rwanda rufite ugereranyije n’ahandi.

Aha ariko IGP Gasana akaba yavuze ko n’ubwo tugaragara kuri iyi myanya myiza, tuzi neza ko ruswa ikigaragara mu gihugu cyacu kandi ifite ingaruka mbi ku mibereho myiza y’abaturage, ubukungu n’iterambere by’igihugu muri rusange aho yagize ati:” Ruswa iracyagaragara mu nzego zacu, ntidukwiriye kuba mu mwanda n’agasuzuguro kameze gutyo, n’ubwo nta byacitse ihari ariko, n’ako gato ntigakwiriye kubaho.”
Yavuze ko kandi mu myaka itatu ishize, hari dosiye 700 za ruswa Polisi yashyikirije ubushinjacyaha kandi muri zo, harimo 42 zifitanye isano n’abapolisi.
Yongeyeho ati:”Kurwanya ruswa ntibyagerwaho, ababigizemo uruhare badashyikirijwe inzego z’ubutabera kugirango bahanwe kandi nta rwego rwakora rwonyinye hatabayeho kuzuzanya kw’inzego zose zaba iza leta, imiryango itegamiye kuri leta n’ izabikorera ku giti cyabo.”

-6734.jpg

IGP Emmanuel Gasana

Mu gusoza, IGP Gasana yavuze ko hakenewe imikoranire ya hafi y’inzego za leta n’abikorera ku giti cyabo barebwa no kurwanya ruswa ku buryo bw’umwihariko, avuga kandi ko hakenewe inkunga ya buri wese ku bijyanye cyane cyane no guhanahana amakuru ku cyaha cya ruswa, haba ibitarakorwa mu rwego rwo kubikumira cyangwa ibyarangije gukorwa kugirango ababigizemo uruhare bashyikirizwe inzego z’ubutabera. Yavuze ko hakenewe ubukangurambaga bugera kuri bose bugamije kwigisha ububi bwa ruswa no gukangurira abantu kuba inyangamugayo.

Umuyobozi wa Transparency International, ishami ry’u Rwanda, Marie Immaculee Ingabire, yavuze ko ruswa ikiri ikibazo gihangayikishije aho yagize ati:” Ruswa si icyaha nk’ibindi kuko kugenza icyaha cya ruswa bigoye kuko ikorwa hagati y’abantu babyumvikanyeho, babifitemo icyo bibeshya ngo n’ inyungu.. ”

Asobanura zimwe mu ngaruka zayo, yagaragaje ko idindiza igihugu mu nzego zose aho yagize ati:” Ituma imishinga yigwa nabi, ikumira abashoramari, itera ubusumbane,ituma abaturage batera icyizere ubuyobozi, iteza umutekano muke n’ibindi byinshi bitari byiza.”

Yashoje agira ati:”Ingaruka zayo turazizi none mureke duhitemo kubera inyungu rusange z’Abanyarwanda.”

Iyi nama yanitabiriwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pascal Nyamurinda, Umushinjacyaha mukuru Jean Bosco Mutangana , abayobozi batandukanye muri Polisi y’u Rwanda, abayobozi b’uturere tugize Umujyi wa Kigali n’abo mu nzego z’ibanze mu Mujyi wa Kigali uhereye ku rwego rw’umudugudu n’abandi.

Muri iki kiganiro, abaturage bakitabitriye bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo, aho uwitwa Friend Samuel, umuyobozi w’umudugudu w’Inyanga, akagari ka Bibare mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo, yashimye Polisi y’u Rwanda ku biganiro yateguye maze yizeza ko n’abaturage bamaze kumenya ububi bwa ruswa kandi bazafatanya na Polisi n’izindi nzego kuyirwanya.

Muri uwo myanya kandi, babajije ibibazo ku bijyanye na ruswa, maze bahabwa ibisubizo n’abayobozi barimo abatanze ibiganiro ndetse n’umushinjacyaha mukuru ndetse n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ibitabonewe umwanya wo kubazwa bikaba bizabarizwa mu biganiro kuri ruswa Polisi igiye gukorera mu baturage n’ibigo bitandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu gihugu hose muri rusange.

Source : RNP

2017-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Urukiko rwemeje ko Mutuyemariya Christinewari ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR arekurwa

Urukiko rwemeje ko Mutuyemariya Christinewari ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR arekurwa

Ubwanditsi 29 Sep 2017
Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ubwanditsi 05 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo
INKURU NYAMUKURU

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani
HIRYA NO HINO

Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Ubwanditsi 24 Oct 2019
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 17 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru