• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Mar 2016 Mu Mahanga

​Nk’uko Polisi y’u Rwanda ikomeje urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge no kwereka abanyarwanda ububi bw’icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo, abaturage batuye intara zose z’igihugu nabo bamaze kumva ububi bwabyo nabo uru rugamba bakaba bamaze kurugira urwabo.

Ni muri urwo rwego intara y’uburasirazuba yihaye intego yo kuburanishiriza mu ruhame abakekwaho gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge, Polisi y’u Rwanda ikaboneraho umwanya wo kongera kwibutsa ababa bitabiriye izi manza ububi bw’ibiyobyabwenge.

Mu karere ka Kayonza mu mirenge ya Kabarondo na Mukarange, kuwa gatatu tariki ya 9 Werurwe habereye iburanishwa mu ruhame rigamije kurwanya ibiyobyabwenge, Polisi ifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage banangiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga.

Nyuma y’iburanishwa ry’abantu 10 mu ruhame bakekwaho gucuruza no kwenga ibiyobywabwenge mu murenge wa Kabarondo, Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere yagiranye inama n’abaturage bari baje gukurikira izo manza, inangiza litiro 1200 za Kanyanga n’ibiro 145 by’urumogi, iki gikorwa kikaba cyari kiyobowe n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza Murenzi Claude, ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi muri ako karere Chief Inspector of Police (CIP) Marc Minani.

Muri iyo nama, CIP Minani yabwiye abari aho ko kubona abantu 10 bagezwa imbere y’ubutabera ari ikimenyetso cy’uko hari abagikoresha ibiyobyabwenge aboneraho umwanya wo kubibutsa ububi bwabyo no kubasaba kubyirinda.

CIP Minani yagize ati:”Ibiyobyabwenge bifite ingaruka nyinshi ku buzima bw’ubikoresha no ku muryango nyarwanda muri rusange. Umuntu bimaze kurenga amenya ububi bwabyo iyo ibimenyetso by’ububi bwabyo bitangiye kugaragarira buri wese, harimo uburwayi rimwe na rimwe bikanamuviramo urupfu”.

CIP Minani yakomeje agira ati:”Izindi ngaruka zigaragara ku muntu wabaye imbata y’ibiyobyabwenge, ni uko iyo abuze amafaranga yo kubigura anyura mu nzira zitemewe n’amategeko zirimo ubujura, ngo abone amafaranga abigure. Akaba ariyo mpamvu dukwiye kurwanya inzira zose ibi biyobyabwenge biturukamo bityo tukirinda ingaruka zabyo”.

CIP Minani yavuze ko urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge ruzatsindwa igihe cyose abanyarwanda bose bazarugiramo uruhare, aho yagize ati:” kurwanya ibiyobyabwenge birasaba uruhare rwa buri wese. Aba bagejejwe imbere y’ubutabera uyu munsi, bafashwe ari uko hari abaturage b’inyangamugayo babatanzeho amakuru, tukaba dushima ubu bufatanye, ikindi turashaka ko ubu bufatanye bugera ku rundi rwego tukarandura burundu ibiyobyabwenge bizahaza ubuzima bw’abanyarwanda”.

Imanza nk’izi kandi zanaburanishirijwe mu murenge wa Mukarange, aho itsinda ry’abantu 18 bakekwaho ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ryaburanye, nyuma y’aho umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Uburasirazuba Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukarange bahura n’abaturage babasobanurira ububi bw’ibiyobyabwenge, hanangizwa litiro 846 za Kanyanga n’ibiro 300 by’urumogi.

Ibi biyobyabwenge byangijwe byose bikaba byarafatiwe mu mikwabu yakozwe mu karere ka Kayonza mu bihe bitandukanye.

RNP

2016-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yageze i Brazaville mu nama ya ICGLR

Kagame yageze i Brazaville mu nama ya ICGLR

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.
Amakuru

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021
Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda
Mu Mahanga

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru