• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ubwanditsi 05 May 2018 Mu Rwanda

Abaturage bishimira ibikorwa bitandukanye by’ingabo mu iterambere ry’abaturage cyane ko hari n’abavurwa indwara bamaranye igihe kirekire zarabazahaje zigakira.

Abo baturage bemeza ko ibikorwa binyuranye ingabo zibafashamo ari umusanzu ukomeye mu iterambere ry’imibereho yabo, kuko ari bo ba mbere bifitiye akamaro.

Umwe mu baganiriye na Kigali Today aho yabasanze ku bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera bavurwa n’ingabo, Karekezi Thacien w’imyaka 62 wabazwe ikibyimba, avuga ko yahawe servisi nziza.

Ati “Nari mfite ikibyimba cyanzahaje iruhande rw’igitsina, nari nkimaranye imyaka itanu. Nari narivuje inshuro nyinshi bakampa imiti yaba iya kizungu n’iya Kinyarwanda cyaranze gukira. Icyakora naje hano mpasanga abasirikare bahita bakibaga bampa imiti none ndumva meze neza”.

Arongera ati “Ndashima cyane ingabo zacu zitwitaho zikaduha servisi nziza, kuba zinkijije icyo kibyimba ni ishimwe rikomeye cyane. Ubu sinzongera gutakaza umutungo w’urugo nivuza”.

JPEG - 59.3 kb
Abo zivura ni abadafite ubushobozi bwo kwivuza indwara zikomeye

Musabyemariya Sorina wari waje kwivuza amaso na we ati “Ingabo zanyakiriye neza zirampima, ziramvura mbona n’imiti ku buryo mfite n’ikizere cyo gukira. Bananyemereye ko ngize ikibazo nabasanga ku bitaro bya Kanombe bagakomeza kunyitaho, ndabashimira cyane”.

Maj. Dr John Bukuru ukuriye itsinda rivurira ku bitaro bya Nyamata, agaruka ku ndwara ziboneka cyane muri ako gace.

Ati “Tumaze kuvura abantu basaga 1300 indwara zitandukanye, ariko 40% byabo n’abafite uburwayi bw’amenyo buturuka ku isuku nke yo mu kanwa, tukaba tunabakangurira kuyongera. Izindi ni iz’amaso, amagufa, izo mu mubiri, indwara zitandukanye z’abagore n’izindi”.

Akomeza asaba abarwaye kwitabira icyo gikorwa kuko haba hari inzobere zitandukanye zabegereye.

Ingabo zifasha abaturage no kwihaza mu biribwa

Mu karere ka Rulindo ingabo zirimo gufatanya n’abaturage guhinga ibijumba mu gishanga cya Bahimba cyo mu murenge wa Mbogo ku buso bwa Ha 14, abaturage bakaba ari bo bazasarura.

Umwe mu bari bitabiriye icyo gikorwa, Dusabimana Jacqueline, ahamya ko ingabo zaje kubafasha kurwanya inzara.

Ati “Kuba abasirikare baje kudutera ingabo mu bitugu badufasha guhinga, bitwongereye imbaraga mu kurwanya inzara kuko ibijumba ari igihingwa cy’ingenzi hano iwacu. Iki ni ikitugaragariza imiyoborere myiza y’igihugu cyacu, turishimye”.

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Emmanuel Kayiranga, yavuze ko ibikorwa by’ingabo ku bufatanye n’abaturage bituma umusaruro wiyongera, ntihagire inzara irangwa muri ako karere.

Imibare itangwa n’abakurikirana iki gikorwa mu gihugu hose kuva cyatangira ku ya 20 Mata 2018, yerekana ko abantu 9.409 bamaze kuvurwa indwara zitandukanye, 11.191 b’igitsina gabo barakebwa naho 795 bipimisha SIDA ku bushake.

Hamaze guhingwa Ha 221 zateweho ibijumba, ibirayi n’imboga ndetse hanarwanywa kirabiranya mu rutoki ku buso bwa Ha 61.39.

Hamaze gusanwa kandi inzu 135 z’abatishoboye ndetse hubakwa n’ubwiherero 356.

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Masisi: Hagabwe igitero gihitana ubuzima bw’abantu 14
HIRYA NO HINO

Masisi: Hagabwe igitero gihitana ubuzima bw’abantu 14

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda
INKURU NYAMUKURU

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru