• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Ubwanditsi 21 Jun 2018 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Rwanda kirizeza ko abantu abaherutse kugaba igitero mu Murenge wa Nyabimata, mu Karere ka Nyaruguru , bakica abaturage babiri babarashe ndetse bagakomeretsa abandi, bazamenyekana kandi n’abaturage bakabibona kuko hari abatangiye gukurikirana iki kibazo.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, akaba avuga ko aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka.

Amakuru yagiye ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, yavugaga ko abagabye igitero  muri Nyaruguru baturutse mu ishyamba riri ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi, bakambukira mu cyayi mbere yo guhingukira ku Murenge wa Nyabimata, ari naho bahunze basubira bari kumwe n’abantu bari bashimuse.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu kandi rivuga ko inzego z’umutekano zihutiye gutabara no gushakisha abo bagizi ba nabi, rivuga ko abayobozi b’ibanze n’ab’umutekano bakoranye inama n’abaturage yo kubahumuriza mu gihe hagishakishwa abo bagizi ba nabi.

Amakuru kandi akomeza avuga ko aba bantu bari bashimuswe barekuwe bagasubira iwabo nyuma yo kubageza hafi y’ishyamba rya Nyungwe. Umwe muri aba bari bashimuswe wavuganye n’itangazamakuru w’umumotari ari nawe batwikiye moto, yatangaje uko byagenze.

Yagize ati: “Nari mvuye ku kazi ninjoro ntashye ngeze mu nzira numva bari kurasa ntega amatwi ngo numve ahantu imbunda ziri kuvugira, ntashye nsanga batwitse imodoka ya gitifu. Ngirango mbaze amakuru y’uko bimeze, mbona ni abasirikare mpita nagiserera moto ngo ntahe, ngeze ku irembo nsanga ikindi gitero giturutse ku murenge gihita kimfata.”

Yakomeje avuga ko bamwatse ibyangombwa bye byose barangiza bakamutwikira moto byarangira bakabajyana n’abandi bari bafashe bagenda babakubita kugera mu gasantere ko mu Rumenero bica inzugi z’amabutiki barasahura bikoreza aba bari bafashe ibyo basahuye barabibatwaza.

Ati: “Tubagejeje mu ishyamba barongera baraturekura badukoresha inama batwicaje tugirango bagiye kudutwika natwe, birangije batubwira amagambo…ngo ntabwo batwanga…baratubwira ngo umuntu uzajya ababona akavuza induru bazajya bamurasa mu kanwa..ngo tugende tuburire abantu, ngo nibajya bababona ntibakajye bavuza induru..”

Imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Nyabimata basize bayitwitse

Yongeyeho ko babakubise bakabavunagura mbere yo kubarekura, bakaba bavugaga Igiswahili, Ikinyarwanda ndetse n’Ikirundi bavanga kandi ngo bose uko bageraga mu 100 bari bafite imbunda harimo abambaye gisirikare n’abambaye gisivili.

Yakomeje agira ati: “Bavugaga ngo uwo baje kureba baramuzi..ngo ntitugire ubwoba..ngo kandi, uyu murenge wose wa Nyabimata ngo ni uwabo..ngo ushaka ko bakorana azagumamo, ngo utazabishaka azawuhunge naho ubundi ngo isaha ni isaha umurenge ni uwabo barawufashe.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango  yashubije itangazamakuru bimwe mu bibazo nkuko Bwiza dukesha iyi nkuru ibyandika.

Yagize ati: “Urumva..igisirikare ntigitangaza ibyo kigiye gukora. Ahubwo icyo nkwizeza gusa nuko ibivugwa bitazaba, kandi n’ababikoze bazamenyekana mukabibona. Ibindi byo kuvuga ngo igisirikare kigiye gukora iki,… icyo kibazo nawe urabizi ko utakibonera igisubizo.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yakomeje avuga ko hari abari gukurikirana iki kibazo bo mu nzego z’umutekano naho ngo ku ruhande rwa RDF aho umwanzi yaturuka hose ntibyamuhira.

Yagize ati: “Aho yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka.”

Yabajijwe niba baba bamenye aba bantu bagabye iki gitero abo ari bo, yirinda kuvuga abo ari bo agira ati: “Oya” gusa yumvikanisha ko bashobora kuba hari abo bakeka atifuje gutangaza.

Ati: “Reka njyewe n’aho baturutse njye sindahamenya, wowe urahazi?”

Bivugwa ko abateye bashobora kuba baturutse I Burundi , maze mu gusubiza ati: “Reka da, ayo makuru ntabwo njyewe nyazi.”

Ibyabaye kuwa 19 Kamena bibaye mu gihe hari hashize icyumweru kimwe n’iminsi, aho kuwa 10 Kamena abantu bitwaje intwaro gakondo bagabye igitero mu wundi murenge wo muri aka karere ka Nyaruguru witwa Ngera, bagakomeretsa abaturage ndetse bakabasahura.

2018-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Ubwanditsi 05 Feb 2016
Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016

3 Ibitekerezo

  1. Yayeli G.
    June 21, 20185:21 pm -

    None se ubu bariya bishe abaturage bagakomeretsa abandi , ikibazo cyabo cyarangiye? Muzarangiza ikibazo cyose cy abanzi b urwanda? Ko ari benshi cyane kandi bafite intwaro se muzabashobora? Ntabwo muzi aho bari ..ntimuzi aho bihishe ,ntimuzi imigambi yabo….
    Aya magambo ndabona ari nko kwihagararaho, kwiha akanyabugabo! Ahubwo musenge cyane!

    Subiza
  2. GAEL
    June 22, 201811:16 am -

    hahahaaa YAYELI we ufite ubwenge buuukeeee cyane nka gatonyi niko FPR 94 niba uzi amateka yarwanaga n abangana gute?uzanabaze uko yakosoye muri CONGO MY DEAR FPR ntabwo ari FDRL y ibigambo gusa FPR ishyira mubikorwa ukanure neza amaso uraje urebe uburyo bakosora FPR urayibarirwa!!!!!

    Subiza
  3. dada
    June 22, 201811:19 am -

    YAYELI ngo bazarangiza ikibazo cy abanzi b uRWANDA hahahaaa nibashaka bazabe benshi nk umucanga uri kunyanja uzarebe ABASORE BACU NGO …….INKOTANYI zo kabyara zibaha isomo nkazikunda!!!!!bahe akanya uzirebere wowe n abandi nkawe!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras
Mu Mahanga

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze
Mu Rwanda

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda
UBUKUNGU

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru