• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Ubwanditsi 21 Jun 2018 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Rwanda kirizeza ko abantu abaherutse kugaba igitero mu Murenge wa Nyabimata, mu Karere ka Nyaruguru , bakica abaturage babiri babarashe ndetse bagakomeretsa abandi, bazamenyekana kandi n’abaturage bakabibona kuko hari abatangiye gukurikirana iki kibazo.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, akaba avuga ko aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka.

Amakuru yagiye ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, yavugaga ko abagabye igitero  muri Nyaruguru baturutse mu ishyamba riri ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi, bakambukira mu cyayi mbere yo guhingukira ku Murenge wa Nyabimata, ari naho bahunze basubira bari kumwe n’abantu bari bashimuse.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu kandi rivuga ko inzego z’umutekano zihutiye gutabara no gushakisha abo bagizi ba nabi, rivuga ko abayobozi b’ibanze n’ab’umutekano bakoranye inama n’abaturage yo kubahumuriza mu gihe hagishakishwa abo bagizi ba nabi.

Amakuru kandi akomeza avuga ko aba bantu bari bashimuswe barekuwe bagasubira iwabo nyuma yo kubageza hafi y’ishyamba rya Nyungwe. Umwe muri aba bari bashimuswe wavuganye n’itangazamakuru w’umumotari ari nawe batwikiye moto, yatangaje uko byagenze.

Yagize ati: “Nari mvuye ku kazi ninjoro ntashye ngeze mu nzira numva bari kurasa ntega amatwi ngo numve ahantu imbunda ziri kuvugira, ntashye nsanga batwitse imodoka ya gitifu. Ngirango mbaze amakuru y’uko bimeze, mbona ni abasirikare mpita nagiserera moto ngo ntahe, ngeze ku irembo nsanga ikindi gitero giturutse ku murenge gihita kimfata.”

Yakomeje avuga ko bamwatse ibyangombwa bye byose barangiza bakamutwikira moto byarangira bakabajyana n’abandi bari bafashe bagenda babakubita kugera mu gasantere ko mu Rumenero bica inzugi z’amabutiki barasahura bikoreza aba bari bafashe ibyo basahuye barabibatwaza.

Ati: “Tubagejeje mu ishyamba barongera baraturekura badukoresha inama batwicaje tugirango bagiye kudutwika natwe, birangije batubwira amagambo…ngo ntabwo batwanga…baratubwira ngo umuntu uzajya ababona akavuza induru bazajya bamurasa mu kanwa..ngo tugende tuburire abantu, ngo nibajya bababona ntibakajye bavuza induru..”

Imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Nyabimata basize bayitwitse

Yongeyeho ko babakubise bakabavunagura mbere yo kubarekura, bakaba bavugaga Igiswahili, Ikinyarwanda ndetse n’Ikirundi bavanga kandi ngo bose uko bageraga mu 100 bari bafite imbunda harimo abambaye gisirikare n’abambaye gisivili.

Yakomeje agira ati: “Bavugaga ngo uwo baje kureba baramuzi..ngo ntitugire ubwoba..ngo kandi, uyu murenge wose wa Nyabimata ngo ni uwabo..ngo ushaka ko bakorana azagumamo, ngo utazabishaka azawuhunge naho ubundi ngo isaha ni isaha umurenge ni uwabo barawufashe.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango  yashubije itangazamakuru bimwe mu bibazo nkuko Bwiza dukesha iyi nkuru ibyandika.

Yagize ati: “Urumva..igisirikare ntigitangaza ibyo kigiye gukora. Ahubwo icyo nkwizeza gusa nuko ibivugwa bitazaba, kandi n’ababikoze bazamenyekana mukabibona. Ibindi byo kuvuga ngo igisirikare kigiye gukora iki,… icyo kibazo nawe urabizi ko utakibonera igisubizo.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yakomeje avuga ko hari abari gukurikirana iki kibazo bo mu nzego z’umutekano naho ngo ku ruhande rwa RDF aho umwanzi yaturuka hose ntibyamuhira.

Yagize ati: “Aho yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka.”

Yabajijwe niba baba bamenye aba bantu bagabye iki gitero abo ari bo, yirinda kuvuga abo ari bo agira ati: “Oya” gusa yumvikanisha ko bashobora kuba hari abo bakeka atifuje gutangaza.

Ati: “Reka njyewe n’aho baturutse njye sindahamenya, wowe urahazi?”

Bivugwa ko abateye bashobora kuba baturutse I Burundi , maze mu gusubiza ati: “Reka da, ayo makuru ntabwo njyewe nyazi.”

Ibyabaye kuwa 19 Kamena bibaye mu gihe hari hashize icyumweru kimwe n’iminsi, aho kuwa 10 Kamena abantu bitwaje intwaro gakondo bagabye igitero mu wundi murenge wo muri aka karere ka Nyaruguru witwa Ngera, bagakomeretsa abaturage ndetse bakabasahura.

2018-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

Ubwanditsi 22 Dec 2018
BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ubwanditsi 18 Dec 2018

3 Ibitekerezo

  1. Yayeli G.
    June 21, 20185:21 pm -

    None se ubu bariya bishe abaturage bagakomeretsa abandi , ikibazo cyabo cyarangiye? Muzarangiza ikibazo cyose cy abanzi b urwanda? Ko ari benshi cyane kandi bafite intwaro se muzabashobora? Ntabwo muzi aho bari ..ntimuzi aho bihishe ,ntimuzi imigambi yabo….
    Aya magambo ndabona ari nko kwihagararaho, kwiha akanyabugabo! Ahubwo musenge cyane!

    Subiza
  2. GAEL
    June 22, 201811:16 am -

    hahahaaa YAYELI we ufite ubwenge buuukeeee cyane nka gatonyi niko FPR 94 niba uzi amateka yarwanaga n abangana gute?uzanabaze uko yakosoye muri CONGO MY DEAR FPR ntabwo ari FDRL y ibigambo gusa FPR ishyira mubikorwa ukanure neza amaso uraje urebe uburyo bakosora FPR urayibarirwa!!!!!

    Subiza
  3. dada
    June 22, 201811:19 am -

    YAYELI ngo bazarangiza ikibazo cy abanzi b uRWANDA hahahaaa nibashaka bazabe benshi nk umucanga uri kunyanja uzarebe ABASORE BACU NGO …….INKOTANYI zo kabyara zibaha isomo nkazikunda!!!!!bahe akanya uzirebere wowe n abandi nkawe!!!

    Subiza

Leave a Reply to Yayeli G. Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Ubwanditsi 06 Feb 2022
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports
Amakuru

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru