• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa

Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa

Ubwanditsi 15 Mar 2019 Mu Mahanga

Abanyarwanda batatu bavuga ko bari bafungiwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri Uganda bashyikirijwe ubutegetsi bw’u Rwanda ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare.

Aba barimo  Amon Ngabonzima, Xavier Gashongore na Augustin Maniragaba nk’uko TNT dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Ngabonzima w’imyaka 15 atuye mu Karere ka Gakenke akaba yari yaratawe muri yombi kuwa 5 Ukwakira 2018, afungirwa muri Gereza ya Gisirikare ya Makenke iri mu Karere ka Mbarara. Avuga ko yari agiye muri Uganda gusura mushiki we.

Yagize ati  “ Ubwo nari ngeze Kisoro, nafashe bisi injyana Fort portal (…) ngeze mu gasanteri ka Bushenyi basi irahagarara (…). Abanyarwanda  batatu twari kumwe  bahise babavanamo ari nako badushinja kuba intasi z’u Rwanda.”

Ngabonziza avuga ko polisi yahise ibajyana ahitwa Makenke ndetse akemeza ko abandi Banyarwanda babiri bapfuye bitewe no gukorerwa iyicarubozo.

Mugenzi we Gashongore w’imyaka 39 ukomoka mu Karere ka Bugesera avuga ko yabaga muri Uganda kuva mu 2000. Ubusanzwe yari umuhinzi akanogosha. Avuga ko yafatiwe aho yakoreraga imirimo yo kogosha kuwa 1 Gashyantare 2019 ajyanwa mu kigo cya gisirikare ngo akorerwa iyicarubozo.

Ati “ Twajyanwe Fort Portal aba ariho dufungirwa nyuma tujyanwa Makenke. Twari abantu batatu mu cyumba cya gereza(…), batumenagaho amazi mu maso inshuro eshatu, agahita atwinjira mu mazuru. Ibi byatumaga tuva amaraso mu mazuru.”

Uyu avuga ko iyo bajyaga hanze, babambikaga imyenda ya gisirikare ku buryo utabizi wese yagiraga ngo ni abasirikare.

Gashongore avuga ko bavuye Makenke bakajyanwa  kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mbarara, nyuma bagezwa imbere y’ubutabera bashinjwa kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Uyu mugabo kandi avuga ko ibyangombwa bye byose byafatiriwe ndetse akamburwa miliyoni  imwe n’ibihumbi 200 by’amashilingi yari afite kandi ko umuryango we wari utazi aho aherereye.

“ Ku Banyarwanda niyo waba ufite ibyangombwa byemewe, baragufunga bagushinja ko uri intasi. Inama nagira Abanyarwanda ni uko Uganda atari ahantu ho kuba, mureke dukore cyane duteze imbere iguhugu cyacu.” Ibi ni ibivugwa na Ngabonziza ari na we muto mu birukanwe.

 

U Rwanda rutangaza ko hari Abanyarwanda 190 bafungiwe mu magereza atandukanye yo muri Uganda. Ruvuga ko kandi abasaga 900 bamaze kwirukanwa ku butaka bw’iki gihugu. Ku rundi ruhande, Uganda ihakana ko nta Munyarwanda n’umwe ifunze. Ku bw’ibyo, u Rwanda rwamaze kugira inama abaturage barwo kuba baretse kujya muri Uganda kuko umutekano wabo utizewe.

2019-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Ubwanditsi 27 May 2021
u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere
IMIKINO

Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero
Mu Rwanda

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere
Amakuru

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Ubwanditsi 07 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru