• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016 Mu Mahanga

Kuwa Mbere, tariki ya 18 Mutarama 2016, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 16 Ukuboza 2015.

2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho raporo y’aho ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ya Leta mu mwaka w’ingengo y’imari warangiye wa 2014/2015 no mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari wa 2015/2016 rigeze, ishima ko habaye intambwe ishimishije, inasaba kongera imbaraga mu mishinga igikeneye kwihutishwa.

3. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho raporo y’ibyavuye mu mishyikirano y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yo kwemerera Igihugu cya Sudani y’Epfo kwinjira muri uwo Muryango, umwanzuro ukazafatwa n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu biwugize.

4. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe gahunda y’ibikorwa ya Sosiyete Muhabura Multichoice Ltd, Leta ihagarariwe na RCS kandi ifatanyije na BRD na KUBUMWE Entreprises, isaba ko ibigomba gukorwa kugira ngo iyo Sosiyete itangire gukora byihutishwa.

5. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho aho imyiteguro yo kwizihiza Umunsi w’Intwari uzaba tariki ya mbere Gashyantare 2016 igeze. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Duharanire Ubutwari, twubaka ejo hazaza”. Imihango yo kwizihiza uwo munsi izabera mu Midugudu. Inama y’Abaminisitiri yasabye Abanyarwanda bose kuzayitabira.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko ku Ishuri ry’i Nyange, ahaguye abanyeshuri banze kwivangura nk’uko babihatirwaga n’abacengezi bagenderaga ku ngengabitekerezo ya Jenoside hashyirwa ikimenyetso cy’ubutwari bagize banga kwivangura kugira ngo ayo mateka y’ubutwari bwabo azakomeze kwibukwa.

7. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amasezerano y’Ubufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na University of Global Health Equity.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko inshingano z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) zivugururwa hakiyongeramo inshingano zo gushyigikira no korohereza abashoramari mu buhinzi n’ubworozi.

9. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amasezerano yo gukodesha Abikorera imishinga 8 y’ingomero nto z’amazi zitanga amashanyarazi arizo: Nyundo, Rwaza-Muko, Rubagabaga, Giciye II, Nyirantaruko, Muhembe na Nyirahindwe I&II.

10. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Sosiyete Ignite Power Ltd yerekeranye n’ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga w’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba agenewe gucanira Uturere tw’icyaro tutagerwamo n’amashanyarazi aturuka ku miyoboro y’amashanyarazi isanzwe.

11. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko No 33/2015 ryo kuwa 30 Kamena 2015 rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2015/2016;
Umushinga w’Itegeko rigena imisoro ku musaruro.

12. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Perezida rigena imikorere n’ububasha by’Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemeza ko ubutaka n’Ikibanza no 2294 biri mu mutungo bwite wa Leta, biherereye mu Mudugudu wa Kibiraro II, Akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, bihabwa umushoramari “Century Park Hotel and Residences Ltd”, mu rwego rw’ishoramari;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena uburyo amahugurwa y’abakozi ba Leta akorwa;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana MALAALA Aimable, wari Civil Litigation Service Division Manager/Senior State Attorney muri Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryirukana burundu ku kazi Bwana TUYIZERE Straton wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gutanga Amasoko mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere rya Transiporo (RTDA);

13. Mu Bindi:

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda rwiteguye amatora y’Inzego z’Ibanze ateganyijwe muri Gashyantare na Werurwe 2016. Nk’uko amategeko abiteganya, manda y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze batowe muri Werurwe 2011 izarangira ku itariki ya 29 Mutarama 2016. Abayobozi bateganyijwe gutorwa barimo: Abagize za Komite Nshingwabikorwa na za Njyanama z’Uturere n’Umujyi wa Kigali, Abagize Inama y’Igihugu y’Abagore, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga hamwe na za Komite Nshingwabikorwa z’Imidugudu. Inama y’Abaminisitiri yahamagariye Abanyarwanda bose bageze igihe cyo gutora kuzitabira ayo matora y’Abagize Inzego z’Ibanze.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Stella Ford MUGABO

Ministiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Ubwanditsi 01 Apr 2022
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Ubwanditsi 24 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 09 Mar 2021
Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana
POLITIKI

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC  basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru