• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016 Mu Mahanga

Kuwa Mbere, tariki ya 18 Mutarama 2016, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 16 Ukuboza 2015.

2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho raporo y’aho ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ya Leta mu mwaka w’ingengo y’imari warangiye wa 2014/2015 no mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari wa 2015/2016 rigeze, ishima ko habaye intambwe ishimishije, inasaba kongera imbaraga mu mishinga igikeneye kwihutishwa.

3. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho raporo y’ibyavuye mu mishyikirano y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yo kwemerera Igihugu cya Sudani y’Epfo kwinjira muri uwo Muryango, umwanzuro ukazafatwa n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu biwugize.

4. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe gahunda y’ibikorwa ya Sosiyete Muhabura Multichoice Ltd, Leta ihagarariwe na RCS kandi ifatanyije na BRD na KUBUMWE Entreprises, isaba ko ibigomba gukorwa kugira ngo iyo Sosiyete itangire gukora byihutishwa.

5. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho aho imyiteguro yo kwizihiza Umunsi w’Intwari uzaba tariki ya mbere Gashyantare 2016 igeze. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni: “Duharanire Ubutwari, twubaka ejo hazaza”. Imihango yo kwizihiza uwo munsi izabera mu Midugudu. Inama y’Abaminisitiri yasabye Abanyarwanda bose kuzayitabira.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko ku Ishuri ry’i Nyange, ahaguye abanyeshuri banze kwivangura nk’uko babihatirwaga n’abacengezi bagenderaga ku ngengabitekerezo ya Jenoside hashyirwa ikimenyetso cy’ubutwari bagize banga kwivangura kugira ngo ayo mateka y’ubutwari bwabo azakomeze kwibukwa.

7. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amasezerano y’Ubufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na University of Global Health Equity.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko inshingano z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) zivugururwa hakiyongeramo inshingano zo gushyigikira no korohereza abashoramari mu buhinzi n’ubworozi.

9. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amasezerano yo gukodesha Abikorera imishinga 8 y’ingomero nto z’amazi zitanga amashanyarazi arizo: Nyundo, Rwaza-Muko, Rubagabaga, Giciye II, Nyirantaruko, Muhembe na Nyirahindwe I&II.

10. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Sosiyete Ignite Power Ltd yerekeranye n’ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga w’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba agenewe gucanira Uturere tw’icyaro tutagerwamo n’amashanyarazi aturuka ku miyoboro y’amashanyarazi isanzwe.

11. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko No 33/2015 ryo kuwa 30 Kamena 2015 rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2015/2016;
Umushinga w’Itegeko rigena imisoro ku musaruro.

12. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Perezida rigena imikorere n’ububasha by’Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemeza ko ubutaka n’Ikibanza no 2294 biri mu mutungo bwite wa Leta, biherereye mu Mudugudu wa Kibiraro II, Akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, bihabwa umushoramari “Century Park Hotel and Residences Ltd”, mu rwego rw’ishoramari;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena uburyo amahugurwa y’abakozi ba Leta akorwa;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana MALAALA Aimable, wari Civil Litigation Service Division Manager/Senior State Attorney muri Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryirukana burundu ku kazi Bwana TUYIZERE Straton wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gutanga Amasoko mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere rya Transiporo (RTDA);

13. Mu Bindi:

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda rwiteguye amatora y’Inzego z’Ibanze ateganyijwe muri Gashyantare na Werurwe 2016. Nk’uko amategeko abiteganya, manda y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze batowe muri Werurwe 2011 izarangira ku itariki ya 29 Mutarama 2016. Abayobozi bateganyijwe gutorwa barimo: Abagize za Komite Nshingwabikorwa na za Njyanama z’Uturere n’Umujyi wa Kigali, Abagize Inama y’Igihugu y’Abagore, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga hamwe na za Komite Nshingwabikorwa z’Imidugudu. Inama y’Abaminisitiri yahamagariye Abanyarwanda bose bageze igihe cyo gutora kuzitabira ayo matora y’Abagize Inzego z’Ibanze.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Stella Ford MUGABO

Ministiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Ubwanditsi 26 Jan 2023
Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Ubwanditsi 01 Apr 2018
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru
Amakuru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021
“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.
Amakuru

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria
IMIKINO

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Ubwanditsi 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru