• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Ubwanditsi 07 Feb 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Gashyantare 2016, ku isaha ya Saa moya z’igitondo (7am), hose mu Rwanda haratangira amatora azahera ku y’abayobozi b’inzego z’ibanze ku rwego rw’Umudugudu, Akagali n’Umurenge.

Abaturage bose bemerewe gutora basabwa kuza bujuje ibisabwa byose, kugira ngo hatazagira ubuzwa kuzuza inshingano ze n’uburenganzira ahabwa n’amategeko bwo gutora umuyobozi yihitiyemo.

Kuri aya matora yo kuri tariki 8 Gashyantare buri muturage asabwa gusa kuzitabira, akazira igihe agatanga ijwi rye, ahagarara inyuma y’umukandida we yifuza byose abikoze mu kinyabupfura.

Uwamahoro Rehema, wo mu Murenge wa Rwezamenyo uhagarariye ibikorwa by’amatora yatangaje ko nta kindi kintu umuturage asabwa kuri uyu munsi kitari ukwitabira ku gihe agatora.

Yagize ati “Umutarage uje gutora we nta kindi asabwa ni ijwi rye, ni ukuza agahagarara inyuma y’umukandida we yifuza akamutora nta kindi asabwa. Arasabwa kandi kuzagira ikinyabupfura gisanzwe kiranga Abanyarwanda, ntabe yavunda ngo avuge ngo mvuye kuri uyu murongo ngiye ku wundi kugira ngo amatora arusheho kugenda neza.”

Umuturage witwa Niyomusabwa Roza, w’imyaka 39, utuye mu Kagali ka Nyakabanda ya II avuga ko yiteguye kuzajya gutora kandi neza. Yagize ati “Twiteguye gutora abazatuyobora mu nzego z’ibanze kandi nditegura gutora abazatugirira akamaro.”

Muri aya matora umunyarwanda wemerewe gutora ni ufite imyaka iri hejuru ya 18, udafite imiziro, nk’uko bigenwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Itegeko rigenga amatora, ingingo yaryo ya 132, ivuga ko gutora bizakorwa abantu bajya inyuma y’umukandida bifuza, nyuma habarurwe amajwi, urushije abandi menshi azabe ari we utangazwa nk’uwatsinze.

-2016.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi inyuma y’abandi ategereje gutora

Abazatorwa uri iyi tariki ya 8 Gashyantare ni Komite Nyobozi z’Imidugudu n’abahagarariye Imidugudu mu Nama Njyanama z’Utugari; hatorwe Abajyanama b’Abagore bangana na 30% by’abagomba kugira Inama njyanama z’Utugali, hanatorwe abagize za Komite Nyobozi z’Inama y’Igihugu y’Abagore, iy’Urubyiruko n’iy’Abafite ubumuga ku Midugudu n’Utugari.

Amatora meza

2016-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG  aravuga ko Amerika ari intangarugero  igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Ubwanditsi 06 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal
IMIKINO

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Ubwanditsi 23 May 2018
Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?
Amakuru

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend
HIRYA NO HINO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru