• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Ubwanditsi 18 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tribert Rujugiro Ayabatwa ni umwe mu baherutse gutungwa urutoki na Perezida Kagame nk’umwe mu bakomeje guteza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda.

Rujugiro avugwa mu baterankunga bakuru ba RNC , uyu akaba afite n’uruganda Meridian Tobacco Company aherutse gufungura ahitwa Arua muri Uganda, afatanyije na Gen. Salim Saleh murumuna wa Perezida Museveni. Uru ruganda akaba ari ishami rya Pan-African Tobacco Group ikora amatabi yo mu bwoko bwa Supermatch.

Mu ijambo yavugiye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu uheruka, Perezida Paul Kagame  ngo yatangajwe na Perezida Museveni kwirengagiza ko azi Rujugiro.

Ati: “Ku ikubitiro (Museveni) yavuze ko atamuzi, mwereka ko amuzi.”

Tribert Rujugiro mu kiganiro yagiranye na The New Vision, kegamiye k’ubutegetsi muri Uganda. Yatamaje Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi, aho Rujugiro avuga ko yahuye na Museveni ariwe umuhambagaye ngo bahure.

Rujugiro yahishuye ko muri Gashyantare [ 2018 ] yagiye muri Uganda ku butumire bwa Perezida Museveni, aho ngo yamugiriye inama yo gufunga zimwe muri business afite muri Uganda mu rwego rwo gutabara umubano w’iki gihugu n’u Rwanda.

Ati: “Muri Gashyantare 2018 Perezida Yoweri Museveni yasabye ko twahura. Iyo niyo nshuro nahuye nawe.”

Yakomeje agira ati: “Perezida yambajije niba ndimo kurwanya Kagame. Namubwiye ko ntashishikajwe na politiki z’u Rwanda.”

Rujugiro kandi akomeza avuga ko Museveni yamubajije niba ari inshuti ya David Himbara, ukunze gusohora inyandiko zivuga nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi ngo niba ari inshuti amusabe guhagarika izo nyandiko kuko zidashimisha Perezida w’u Rwanda.

Akavuga ko yabwiye Museveni ko Himbara afite ibindi apfa n’ubutegetsi yabayemo imyaka 8 kubw’ibyo niba hari ikibazo afitanye na Perezida w’u Rwanda babirangiza ubwabo.

Museveni na Himbara

Muri uwo mubonano kandi ngo Museveni yamubwiye ko Perezida Kagame ashaka amahoro kandi ko kugirango u Rwanda na Uganda bigire amahoro agomba kugerageza kugurisha business ze ubundi akava muri Ugada.

Mu kumusubiza ngo yagize ati: “Ngiye kugerageza nshake umuguzi mve muri Uganda. Sinshaka ko akarere kagira ibibazo kubera njyewe.”

Ati: “Na n’ubu ndimo kugerageza cyane kugurisha ariko sindabona umuguzi.” Ariko Perezida Museveni aza kumubuza ko atafunga Business ze kubera igitutu.

Yongeyeho ariko ko aramutse ashatse gufasha inyeshyamba bitamara amezi atandatu ubutegetsi bw’u Rwanda butaravaho.

Rujugiro ni umwe mu bacuruzi babanyarwanda wafashijwe n’ubutegetsi, ariko aza kubuhemukira kubera ubujura no kunyereza imisoro ya Leta byamuviriyemo guhunga igihugu, ubu akaba yarifatanyije n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda barimo Kayumba Nyamwasa na FDLR.

2019-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yari yemereye Sankara, intwaro zikomeye zo gutera u Rwanda

Uganda yari yemereye Sankara, intwaro zikomeye zo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2019
Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Ubwanditsi 14 Jan 2021
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    March 18, 20192:14 pm -

    Uriya musaza yakwicururie agatabi ke ibya Politique ko byamunaniye igihe yahereye kuva kuri Bagaza ibyo kunyereza imisoro no gukora amanyanga reba muri S.Africa!!!!!! nareke gusaza yanduranya.gusa ngo iyakameze irakabaganwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu
Amakuru

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza
IMIKINO

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo  wa Jacques Bihozagara
Mu Mahanga

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru