• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubwanditsi 14 Apr 2017 Mu Rwanda

Ntamfurayishyari Silas wahoze mu ngabo za Ex-FAR avuga ko yahungishije Abatutsi barenga 18 i Burundi, mu gihe bagenzi be bijandikaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Ni ubuhamya yatanze kuwa 7 Mata 2017, mu ijoro ryo kwibuka ryabereye kuri Stade Amahoro i Remera, ryabanjirijwe n’urugendo rwo kwibuka (Walk to Remember) rwayobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Uyu mugabo uri mu barinzi b’igihango, yavukiye mu Karere ka Musanze, ariko ubu atuye mu Karere ka Bugesera. Ubu akaba afite imyaka 48, arubatse afite n’abana barindwi.

Yize amashuri 3 ya CERAI, mu mwaka wa 1987 ngo yifuje akazi kuko ngo yabonaga nta mashuri menshi afite. Agerageza amahirwe yo kujya mu gisirikare. Yaje kuyagira yinjira igisirikare muri Mata 1990, mu Kigo cya Gisirikare cya Gako.

Avuga ko yumvaga ko ari akazi abonye, kazamufasha kuzajya ahembwa neza nk’abandi bakozi bose.

Akigera mu gisirikare, ngo batangiye babigisha imyitozo ya gisirikare nk’ibisanzwe ariko ngo bakanabigisha n’amateka y’u Rwanda ngo bibanda uburyo ingabo zagiye zirwana intamabara zitandukanye, intambara ngo zaterwaga n’Inyenzi, bakababwira ko izo Nyenzi zari Abatutsi bari i Burundi ndetse ngo Abatutsi benshi bakaba baratangaga ibintu bitandukanye bafasha izo Nyenzi ngo zitere u Rwanda.

Uyu mugabo anavuga ko babigishaga ububi bw’Abatutsi, aho ngo umwanzi w’u Rwanda ari Umututsi, ati “ibyo bintu twajyaga tubyiga mu gisirikari, tukabyumva . N’ubwo byari bimeze gutyo ariko hari Abatutsi bake b’abasirikare twabanaga, n’ubwo kwinjira mu gisirikare byari bigoye, abenshi bajyaga kwinjira mu gisirkare barabanje guhinduza indangamuntu kugira ngo ivemo ubwoko. Barabitwigishaga rero na bo banarimo, tubana na bo rimwe na rimwe hakaba uwo mwumvikana akaba yakubwira ngo n’ubwo bimeze bitya buriya iwacu turi Abatutsi.”

Ubwo Inkotanyi zateraga u Rwanda tariki ya 1 Ukwakira 1990, urugamba rwo kubohora igihugu rutangiye, uyu wahoze mu ngabo zatsinzwe avuga ko kuva icyo gihe ibintu byabaye bibi. Babwirwa ko u Rwanda rwatewe n’Abatutsi, bababwira ko Abatutsi bose aho bari ari abanzi b’igihugu, ko bagomba kubacungira hafi, aho ngo bashyizeho za bariyeri za gisirikare ku buryo uwashakaga kugira icyo akora cyangwa aho ashaka kujya bitamushobokeraga.

Yagize ati “icyo gihe hari ibikorwa byinshi byagiye biba ku buryo abaturage benshi cyane cyane Abatutsi bari batuye mu Karere ka Bugesera barabizi, abazaga kurema amasoko yabo y’ahantu za Ririma, za Ruhuha barabizi, ingorane bahuraga na zo barazizi iyo bageraga kuri bariyeri yabaga imbere y’ikigo cya Gako.”

Mu mwaka wa 1992, mu Bugesera habayeho igeragezwa rya Jenoside, nk’uko akomeza abisobanura. Avuga ko hishwe Abatutsi benshi muri aka gace ndetse n’abasirikare babigiramo uruhare rukomeye, aho kurinda umutekano w’Abanyarwanda muri rusange.

Yifashishije urugero, avuga ko hari igihe kimwe hari Abatutsi bari barahungiye kuri Paruwasi Gatulika ya Ririma, ubuyobozi bwa Segiteri ya Ririma ngo bwifuza ko abo batutsi bari bahahungiye bicwa.

Uwari konseye w’iyo Segiteri ya Ririma ngo yagiye ku kigo cya gisirikare cya Gako avuga ko abasirikare bari kuri paruwasi bacunze umutekano w’Abatutsi bahungiye kuri paruwasi bamunanije, ngo ko banze ko bakwicwa.

Ubwo ngo iki kigo cyategetse ko uyu Ntamfurayishyari ngo agende hamwe na bagenzi be ngo bacungire umutekano abo batutsi bategekwa ko bagomba kumva amabwiriza ya konseye.

Bageze i Ririma ngo konseye yabajyanye ahantu yacururizaga inzoga arabasengerera anabasaba ko Abatutsi bahungiye kuri paruwasi bamufasha kuhabakura hakarebwa uburyo bakwicwa.

Avuga ko yatekereje ku burere se yamuhaye n’ibyo yajyaga amubwira ngo yumva umutima ntumwemerera gukora ibyo uwo mukonseye yifuzaga. Asa nk’umwemereye ariko amubeshya ariko ibyo amwemereye ntiyabishyira mu bikorwa.

Nyuma mu minsi itatu ngo haje imiryango ishinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu batangira kubafasha, bituma za mbaraga za konseye zigabuka. Bigeza igihe ibintu ngo byabaye nk’ibituza abantu bagasubira mu ngo zabo nta kibazo.

Uburyo yarengeye Abatutsi bafungiwe i Gako

Avuga ko yibuka umunsi umwe, ubwo yari yagizwe chef de poste w’uburinzi bw’ikigo, ubwo ngo yari kumwe n’abandi basirikare batandatu bagiye aho bagombaga gukorera uburinzi, basanga hari kasho yari ifungiwemo Abatutsi, baza kubabwira ko bashinjwa gutega mine yaturikanye imodoka y’umumajoro witwaga Uwimana.

Yagize ati “Nageze aho bari bafungiye mu kasho nsanga hafungiwemo abagabo bakubiswe, bafite ibikomere byinshi, abantu ari intere, barishwe n’inzara ibintu bikomeye.”

Avuga ko abo bagabo atari abazi kuko ngo atavukaga muri Bugesera ariko ngo yumva impuhwe zije ashaka icyo yabamarira. Ngo yinginze umusirikare umwe wari umufasha w’abaganga bari barinjiranye igisirikare amusaba ko yagira icyo afasha izo mfungwa ngo wenda ibikomere zifite byorohe na cyane ko byari bitangiye kubora.

Anavuga ko yabashakiye icyo kurya ariko ngo kuko bari barakubiswe cyane kandi badaheruka kurya ngo birabananira.

Anavuga ko hari igihe mu gicuku umwe mu basirikare wavugakaga ku Gisenyi yaje kuri iyo kasho amusaba ko abo bagabo bari bahafungiye yabamuha akajya kubica, ngo yaramuhakaniye, amusaba kujya kubisabira uburenganzira umuyoibozi wari ushinzwe uburinzi, birangira atagiyeyo.

Abo bantu narabimanye, kubera uko uwo mugabo yari azi ko mvuka mu cyahoze ari Ruhengeri yambwiye amagambo mabi cyane, ambwira ko ntari umukiga ambwira ibintu byinshi ariko biza kurangira agiye, nari nziko agiye gushaka uwo wari ushinzwe uburinzi, ngize amahirwe mbona ntagarutse mbona burakeye.”

Abo bagabo bari bafungiwe aho ngaho na bo ngo baje kugobokwa n’imiryango irengera uburenganzira bwa muntu baza gufungurwa, gusa muri Jenoside yakorewe Abatutsi barishwe haza kurokoka umwe ubu ngo na we atuye mu Bugesera.

Uko yatabaye Abatutsi akabahungishiriza i Burundi

Ubwo indege y’uwari Perezida w’u Rwanda, Habyalimana Juvenal yahanurwaga, aho mu Bugesera ibintu byabaye bibi cyane, mu gisirikare ngo batanze amabwiriza ko abasirikare bagomba gukora ibishoboka byose bagafasha interahamwe mu guhiga Abatutsi.

-6279.jpg

Perezida Kagame na Madamu n’abandi banyacyubahiro mu ijoro ryo kwibuka

“Byarabaye, kugeza ubwo ku itariki 11 Mata 1994, igitero cya mbere cyagabwe i Nyamata cyari kigizwe n’abasirikare bari bavuye i Gako. Aho ngaho i Bugesera nta kindi kintu twari twakumvise ku buryo wabonaga abantu bariho bagenda bafite ubwoba bwinshi, abantu bibaza ibiri buze kuba, twumva ibintu biturikira i Kigali ariko muri ako gace nta kindi kintu cyari cyakabaye uretse kubona abantu bafite ubwoba.”

Ku itariki 11 ngo basirikare bakimara kugaba icyo gitero, ngo byahise bigaragara ko abasirikare aho kurinda abaturage, ahubwo ari bo bafashe iya mbere mu kwica Abatutsi.

Ngo abasirikare bajyaga mu biturage bakica abantu bagaruka mu kigo ngo bakivuga imyato y’Abatutsi bishe.

Nubwo yari umusirikare, avuga ko yabonaga ibikorwa akumva biramubabaje akumva ari akarengane gakomeye, ashaka uburyo yazajya agerageza uwo abashije kurokora akamurokora, ati “nashatse uburyo nashaka abantu ni yo yaba n’umwe nkareba uburyo nabafasha uburyo nabahungisha nkabageza i Burundi. Ntabwo byari byoroshye kubona umusirikare ukomoka mu Ruhengeri wambaye imyenda ya gisirikare ufite n’imbunda kugira ngo agere imbere y’umututsi ashaka kumuhungisha ntabwo byari ikintu cyoroshye.”

Avuga ko hari umusirikare umwe wamwemereye ko agize umuntu yabona yamuzana akamufasha umuhisha ngo kuko yabaga hanze y’ikigo.

Avuga ko yaje kubona umwana umwe amuraza mu rugo rwa wa musirikare, nyuma aza kuhamukura mugitondo cya kare yanga ko bashobora kumwica. Ahita amwimurira mu rundi rugo i Mayange mu muryango bagira icyo bapfana.

Akomeza avuga ko yabonye ko uwo mwana ashobora kuzahapfira, afata umwanzuro wo kumujyana i Burundi. Mbere yo kugenda yongeye gusaba wa musirikare mugenzi we ko niba hari abandi batutsi yabona ngo na bo abajyane hamwe n’uwo mwana.

Tariki ya 13 Mata ngo yaje kubona abandi 18, biyongera kuri wa mwana we n’undi musirikare umwe babajyana i Burundi barokoka batyo.

Ku wa 16 Mata, avuye i Burundi ngo yahuye n’interahamwe zimereye nabi umukecuru wari uhetse umwana zishaka kumwica, azisaba ko bamumuha ababeshya ko aza kumwiyicira, birangira na we amwambukije umupaka amujyana i Burundi.

Mu kugaruka mu kigo cya Gako, uyu mugabo avuga ko akinjira yasanze byaramaze kumenyekana ko ahungisha Abatutsi, umusirikare wese yahuraga na we yahitaga amubwira ko natitonda bamwica.

Ubwo ngo yashatse inzira y’ubusamo yinjira mu kigo yambara indi myenda afata imbunda ye, ahita ahungira i Burundi, aho yahungutse abasirikare b’Inkotanyi bamaze gufata u Bugesera.

Ngo ageze mu Rwanda, Inkotanyi zamwakiriye neza, ndetse bahita banamwinjiza mu ngabo, afatanya na zo urugamba, aho yaje kuva mu gisirikare mu mwaka wa 1998.

-6280.jpg

Ntamfurayishyari Silas wahoze mu gisirikare cya Ex FAR

2017-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
[ VIDEO ] Walk to Remember|#Kwibuka23| Kigali, 7 April 2017

[ VIDEO ] Walk to Remember|#Kwibuka23| Kigali, 7 April 2017

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa
Amakuru

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020
Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)
INKURU NYAMUKURU

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri
Amakuru

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 01 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru