• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibikubiye mu bushakashatsi bwakozwe na Human Rights Watch (HRW) bushinja u Rwanda gufata no gufunga abana bo mu muhanda mu buryo bubangamiye uburenganzira bwa muntu, ivuga ko ibikubiye muri iyo raporo bihabanye n’ukuri kw’ibikorwa bigamije kubarinda ubuzima bubi, kubagorora no kubategurira ejo hazaza heza.

Raporo HRW yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2020 ivuga ko abana bo ku muhanda mu Mujyi wa Kigali batagira kivurira, bafatwa bakajyanwa i Gikondo, bagafungwa, bakubitwa kandi bafungiwe ahantu hari umwanda.

Mu mapaji 44, HRW yatangaje ko ibikubiye muri iyo raporo bishingiye ku biganiro yagiranye n’abana 30 bari hagati y’imyaka 11 na 17 bafungiwe i Gikondo mu gihe kigera ku mezi atandatu. Ivuga ko baganiriye hagati ya Mutarama na Ukwakira 2019.

Raporo y’ubwo bushakashatsi ivuga ko 28 mu baganirijwe bavuze ko bakubiswe, ko basangiraga matora n’ibiringiti birimo inda ari benshi kandi kubona ubuvuzi bibagora.

Ivuga ko uhafungiwe adahabwa uburenganzira bwo kuvugana n’umunyamategeko, uwo mu muryango we cyangwa umurinzi.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya leta, Busingye Johnston, yamaganye ibyatangajwe avuga ko icyo u Rwanda rukora ari ugukiza abana barwo ubuzima bubi bwo ku muhanda, kujya mu biyobyabwenge no kwishora mu byaha bitandukanye.
Yavuze ko ababitangaje nta makuru ahagije bafite kuri gahunda ya leta y’igororamuco kandi ko ibyo batangaje bigaragara ko bifite impamvu za politike bishingiyeho. Yavuze ko hari urubyiruko rwibeshejeho rubikesha iyo gahunda.

Ati “HRW ntabwo ivuga ukuri, nta makuru ifite ndetse ibyo yatangaje bishingiye ku mpamvu za politiki. Abana bato b’u Rwanda baturuka mu miryango itazwi cyangwa yatandukanye bakomeje guhabwa ubumenyi butandukanye bubakiza ubuzima bwo mu muhanda, kwishora mu biyobyabwenge ndetse n’ibyaha. Abatari bake basoje amasomo ndetse ubu bibeshejeho.”

Minisitiri Busingye yavuze ko kuri HRW kuba umwana yaba inzererezi bifatwa nk’uburenganzira bwa muntu, ku buryo itumva ko Guverinoma y’u Rwanda ifite uburenganzira bwo gufata iya mbere mu gukiza abana b’igihugu.

Yavuze ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kurwanya impamvu zose zatuma umwana muto ajya mu muhanda ariko ko kuri HRW bisa nk’aho umwana afite uburenganzira bwo kuba mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco cyashyizweho na leta y’u Rwanda kugira ngo gifashe urubyiruko kugororoka no gutegura ejo hazaza rwigishwa imyuga itandukanye n’uburere mboneragihugu. Nyamara muri raporo ya HRW basabye ko abana bose bahita barekurwa.

Minisitiri Busingye yavuze ko niba kureka umwana w’u Rwanda akaba mu buzima bwo mu muhanda byitwa uburengenzira bwa muntu, ku Rwanda atari ko byumvikana.

Imikorere y’Ibigo by’Igororamuco binyurwamo igihe gito

Iteka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ryasohotse ku wa 26 Mata 2018 riteganya ko abajyanwa muri ibyo bigo binyurwamo igihe gito (transit centre) ari abagaragaweho imikorere cyangwa imyitwarire mibi nk’uburaya, gukoresha ibiyobyabwenge, gusabiriza, ubuzererezi, ubucuruzi bwo mu muhanda cyangwa kubunza ibicuruzwa mu nzira mu buryo butemewe n’indi myitwarire yose ibangamiye abaturage.

Nyuma y’uko umuntu ajyanwe muri iki kigo, komite ngenzuramyitwarire yacyo imaze gusesengura no gusuzuma ibibazo by’uwashyikirijwe ikigo kinyurwamo by’igihe gito ishobora kwemeza kumushyikiriza ababyeyi be cyangwa umuryango akomokamo binyujijwe ku buyobozi bw’akarere akomokamo; kumushyikiriza ubugenzacyaha; kumujyana mu kigo ngororamuco; kumujyana ku kigo cy’ubuvuzi kugira ngo ahabwe ubuvuzi akeneye.

Iyi komite iyo ifashe kimwe muri ibyo byemezo, uretse icyo kugororwa by’igihe gito mu kigo kinyurwamo by’igihe gito, uwashyikirijwe ikigo yoherezwa aho komite yagennye mu gihe kitarenze iminsi cumi n’ine.

Iyo hafashwe icyemezo cyo kumugororera mu gihe by’igihe gito muri icyo kigo, uwafashwe ntashobora kurenza amezi abiri. Iyo ayo mezi ashize, biteganyijwe ko hakorwa isuzumwa bareba ko yahindutse, basanga atarahinduye imyitwarire bakamwongera ikindi gihe kidashobora kurenga ukwezi kumwe.

Iri teka rinarondora uburenganzira abajyanwe muri ibyo bigo by’igihe gito batagomba kuvutswa; burimo gushyirirwaho ibyangombwa by’ibanze bituma bagira isuku ku mubiri, ku myambaro n’aho baryama no kugira uburenganzira bwo kuvurwa; kudatotezwa cyangwa kudakorerwa ivangura iryo ari ryo ryose; guhabwa inama n’ibitekerezo no kugaragarizwa ibitagenda neza mu guhindura imyitwarire; gusurwa; kumenya amakuru; gusenga no kwidagadura.

Aba bafite kandi uburenganzira ku bintu bye byose byafatiriwe uretse ibifitanye isano n’ibyakoreshejwe mu bikorwa cyangwa mu myitwarire bibangamira abaturage; afite uburenganzira kandi bwo kudahanishwa ibihano bikomeretsa cyangwa bibabaza umubiri.

Iri teka rinavuga ko buri kwezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) gikora igenzura rigamije gusuzuma imikorere y’ikigo kinyurwamo by’igihe gito.

Muri iryo genzura, NRS yita by’umwihariko ku kumenya uko umuntu yashyikirijwe ikigo, uko ikibazo cye kirimo gusesengurwa n’ibyemezo bifatwa, hagamijwe kumenya ko amategeko n’uburenganzira bwa muntu byubahirizwa.

Muri icyo kigo uri kuhagororerwa ahabwa inyigisho kuri gahunda za Leta, ububi n’ingaruka zo kuba mu bikorwa cyangwa imyitwarire ibangamira abaturage, indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, inzira zo kwihangira imirimo iciriritse no kwibumbira mu makoperative, gutozwa ibyiza byo gukoresha amaboko ye n’indi mirimo yose yamufasha kwiteza imbere, uruhare rw’umuturage mu kubumbatira umutekano n’izindi gahunda zagirira akamaro ugororwa.

Ikigo kinyurwamo by’igihe gito giteganya kandi ibiganiro byihariye nk’ubujyanama mu by’ihungabana n’ibindi bisa nka byo bigamije gufasha no kuvura abakiriwe mu kigo, mu gihe ari byo bakeneye kugira ngo bagarure imyitwarire iboneye.

Hari ibigo binyurwamo by’igihe gito (transit Centers ) bigera kuri 30 buri kigo kigira umubare kitarenza aho nk’icya Gikondo cyakira 1,500.

Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Kuva mu myaka irenga umunani ishize, HRW yakunze gushyira ahagaragara raporo z’urudaca zishinja u Rwanda kurenga ku mahame y’uburenganzira bwa muntu. Nubwo HRW yibasira u Rwanda umusubizo, ifite amasezerano yagiranye na Leta y’u Rwanda hagamijwe kunoza ubunyamwuga mu byegeranyo byinshi irukoraho umwaka ku wundi.

Mu 2011 impande zombi zemeranyije ku masezerano y’imikoranire, humvikanwa ko u Rwanda ruzajya ruhabwa umwanya wo kugira icyo ruvuga kuri ibyo byegeranyo mbere y’uko bisohoka, nubwo kenshi ibi bitubahirizwa.

Mu biganiro Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, yagiranye na Lewis Mudge, uhagarariye HRW muri Afurika yo hagati, muri Mata 2014, yamugaragarije ko uyu muryango ukomeje kwica nkana amasezerano wagiranye n’u Rwanda kandi ko bishobora gutuma ruyasesa.

Icyo gihe Busingye yagize ati “Dufitanye amasezerano, ubushakashatsi badukozeho nibatubwire, niba bavuze ko turi paradizo tubabwire tuti ‘mwakoze cyane, cyangwa tuvuge tuti aha ariko si ko tubibona’ […] Si byiza ko bandika gusa, natwe dufite uburenganzira bwo kuyavugaho, ni inshingano zacu gusobanurira Abanyarwanda n’Isi ibyatuvuzweho.”

Umunyamerika Richard Johnson wigeze kuba umudipolomate wa Amerika ndetse wanabaye mu Rwanda hagati y’imyaka ya 2008-2010, yigeze gushyira mu majwi Human Rights Watch ku kugambanira u Rwanda irutangaho raporo zigamije kurusebya no kurwicira isura.

Mu gitabo cye yise “The Travesty of Human Rights Watch on Rwanda” cyangwa “Isesereza rya HRW ku Rwanda”, yasohoye mu 2014 yavuze ko kuva uyu muryango washingwa mu 1988 usa n’uwatandukiriye intego zawo zo guhirimbanira uburenganzira bwa muntu, ahubwo usa n’uwahindutse igikoresho cya politiki.

Johnson yakomeje yerekana ko raporo n’imvugo za HRW mu myaka ishize zibasira FPR Inkotanyi yavanyeho ubutegetsi bwakoze Jenoside. HRW ishyigikiye ko abahoze ku butegetsi banagize uruhare muri Jenoside bagaruka muri politiki y’u Rwanda.

 

Urubyiruko rwanyuze mu bigo ngororamuco rwahinduye ubuzima kubera amasomo atandukanye rwagiye ruhakura

 

2020-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 May 2021
Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Ubwanditsi 07 Sep 2018
Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we
Amakuru

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Ubwanditsi 04 Nov 2020
Iya 18 Gicurasi 1994: Radio Muhabura yabwiye abihishe muri Kigali kujya aho FPR igenzura
Mu Rwanda

Iya 18 Gicurasi 1994: Radio Muhabura yabwiye abihishe muri Kigali kujya aho FPR igenzura

Ubwanditsi 17 May 2018
Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Ubwanditsi 23 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru