• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibikubiye mu bushakashatsi bwakozwe na Human Rights Watch (HRW) bushinja u Rwanda gufata no gufunga abana bo mu muhanda mu buryo bubangamiye uburenganzira bwa muntu, ivuga ko ibikubiye muri iyo raporo bihabanye n’ukuri kw’ibikorwa bigamije kubarinda ubuzima bubi, kubagorora no kubategurira ejo hazaza heza.

Raporo HRW yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2020 ivuga ko abana bo ku muhanda mu Mujyi wa Kigali batagira kivurira, bafatwa bakajyanwa i Gikondo, bagafungwa, bakubitwa kandi bafungiwe ahantu hari umwanda.

Mu mapaji 44, HRW yatangaje ko ibikubiye muri iyo raporo bishingiye ku biganiro yagiranye n’abana 30 bari hagati y’imyaka 11 na 17 bafungiwe i Gikondo mu gihe kigera ku mezi atandatu. Ivuga ko baganiriye hagati ya Mutarama na Ukwakira 2019.

Raporo y’ubwo bushakashatsi ivuga ko 28 mu baganirijwe bavuze ko bakubiswe, ko basangiraga matora n’ibiringiti birimo inda ari benshi kandi kubona ubuvuzi bibagora.

Ivuga ko uhafungiwe adahabwa uburenganzira bwo kuvugana n’umunyamategeko, uwo mu muryango we cyangwa umurinzi.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya leta, Busingye Johnston, yamaganye ibyatangajwe avuga ko icyo u Rwanda rukora ari ugukiza abana barwo ubuzima bubi bwo ku muhanda, kujya mu biyobyabwenge no kwishora mu byaha bitandukanye.
Yavuze ko ababitangaje nta makuru ahagije bafite kuri gahunda ya leta y’igororamuco kandi ko ibyo batangaje bigaragara ko bifite impamvu za politike bishingiyeho. Yavuze ko hari urubyiruko rwibeshejeho rubikesha iyo gahunda.

Ati “HRW ntabwo ivuga ukuri, nta makuru ifite ndetse ibyo yatangaje bishingiye ku mpamvu za politiki. Abana bato b’u Rwanda baturuka mu miryango itazwi cyangwa yatandukanye bakomeje guhabwa ubumenyi butandukanye bubakiza ubuzima bwo mu muhanda, kwishora mu biyobyabwenge ndetse n’ibyaha. Abatari bake basoje amasomo ndetse ubu bibeshejeho.”

Minisitiri Busingye yavuze ko kuri HRW kuba umwana yaba inzererezi bifatwa nk’uburenganzira bwa muntu, ku buryo itumva ko Guverinoma y’u Rwanda ifite uburenganzira bwo gufata iya mbere mu gukiza abana b’igihugu.

Yavuze ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kurwanya impamvu zose zatuma umwana muto ajya mu muhanda ariko ko kuri HRW bisa nk’aho umwana afite uburenganzira bwo kuba mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco cyashyizweho na leta y’u Rwanda kugira ngo gifashe urubyiruko kugororoka no gutegura ejo hazaza rwigishwa imyuga itandukanye n’uburere mboneragihugu. Nyamara muri raporo ya HRW basabye ko abana bose bahita barekurwa.

Minisitiri Busingye yavuze ko niba kureka umwana w’u Rwanda akaba mu buzima bwo mu muhanda byitwa uburengenzira bwa muntu, ku Rwanda atari ko byumvikana.

Imikorere y’Ibigo by’Igororamuco binyurwamo igihe gito

Iteka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ryasohotse ku wa 26 Mata 2018 riteganya ko abajyanwa muri ibyo bigo binyurwamo igihe gito (transit centre) ari abagaragaweho imikorere cyangwa imyitwarire mibi nk’uburaya, gukoresha ibiyobyabwenge, gusabiriza, ubuzererezi, ubucuruzi bwo mu muhanda cyangwa kubunza ibicuruzwa mu nzira mu buryo butemewe n’indi myitwarire yose ibangamiye abaturage.

Nyuma y’uko umuntu ajyanwe muri iki kigo, komite ngenzuramyitwarire yacyo imaze gusesengura no gusuzuma ibibazo by’uwashyikirijwe ikigo kinyurwamo by’igihe gito ishobora kwemeza kumushyikiriza ababyeyi be cyangwa umuryango akomokamo binyujijwe ku buyobozi bw’akarere akomokamo; kumushyikiriza ubugenzacyaha; kumujyana mu kigo ngororamuco; kumujyana ku kigo cy’ubuvuzi kugira ngo ahabwe ubuvuzi akeneye.

Iyi komite iyo ifashe kimwe muri ibyo byemezo, uretse icyo kugororwa by’igihe gito mu kigo kinyurwamo by’igihe gito, uwashyikirijwe ikigo yoherezwa aho komite yagennye mu gihe kitarenze iminsi cumi n’ine.

Iyo hafashwe icyemezo cyo kumugororera mu gihe by’igihe gito muri icyo kigo, uwafashwe ntashobora kurenza amezi abiri. Iyo ayo mezi ashize, biteganyijwe ko hakorwa isuzumwa bareba ko yahindutse, basanga atarahinduye imyitwarire bakamwongera ikindi gihe kidashobora kurenga ukwezi kumwe.

Iri teka rinarondora uburenganzira abajyanwe muri ibyo bigo by’igihe gito batagomba kuvutswa; burimo gushyirirwaho ibyangombwa by’ibanze bituma bagira isuku ku mubiri, ku myambaro n’aho baryama no kugira uburenganzira bwo kuvurwa; kudatotezwa cyangwa kudakorerwa ivangura iryo ari ryo ryose; guhabwa inama n’ibitekerezo no kugaragarizwa ibitagenda neza mu guhindura imyitwarire; gusurwa; kumenya amakuru; gusenga no kwidagadura.

Aba bafite kandi uburenganzira ku bintu bye byose byafatiriwe uretse ibifitanye isano n’ibyakoreshejwe mu bikorwa cyangwa mu myitwarire bibangamira abaturage; afite uburenganzira kandi bwo kudahanishwa ibihano bikomeretsa cyangwa bibabaza umubiri.

Iri teka rinavuga ko buri kwezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS) gikora igenzura rigamije gusuzuma imikorere y’ikigo kinyurwamo by’igihe gito.

Muri iryo genzura, NRS yita by’umwihariko ku kumenya uko umuntu yashyikirijwe ikigo, uko ikibazo cye kirimo gusesengurwa n’ibyemezo bifatwa, hagamijwe kumenya ko amategeko n’uburenganzira bwa muntu byubahirizwa.

Muri icyo kigo uri kuhagororerwa ahabwa inyigisho kuri gahunda za Leta, ububi n’ingaruka zo kuba mu bikorwa cyangwa imyitwarire ibangamira abaturage, indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, inzira zo kwihangira imirimo iciriritse no kwibumbira mu makoperative, gutozwa ibyiza byo gukoresha amaboko ye n’indi mirimo yose yamufasha kwiteza imbere, uruhare rw’umuturage mu kubumbatira umutekano n’izindi gahunda zagirira akamaro ugororwa.

Ikigo kinyurwamo by’igihe gito giteganya kandi ibiganiro byihariye nk’ubujyanama mu by’ihungabana n’ibindi bisa nka byo bigamije gufasha no kuvura abakiriwe mu kigo, mu gihe ari byo bakeneye kugira ngo bagarure imyitwarire iboneye.

Hari ibigo binyurwamo by’igihe gito (transit Centers ) bigera kuri 30 buri kigo kigira umubare kitarenza aho nk’icya Gikondo cyakira 1,500.

Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Kuva mu myaka irenga umunani ishize, HRW yakunze gushyira ahagaragara raporo z’urudaca zishinja u Rwanda kurenga ku mahame y’uburenganzira bwa muntu. Nubwo HRW yibasira u Rwanda umusubizo, ifite amasezerano yagiranye na Leta y’u Rwanda hagamijwe kunoza ubunyamwuga mu byegeranyo byinshi irukoraho umwaka ku wundi.

Mu 2011 impande zombi zemeranyije ku masezerano y’imikoranire, humvikanwa ko u Rwanda ruzajya ruhabwa umwanya wo kugira icyo ruvuga kuri ibyo byegeranyo mbere y’uko bisohoka, nubwo kenshi ibi bitubahirizwa.

Mu biganiro Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, yagiranye na Lewis Mudge, uhagarariye HRW muri Afurika yo hagati, muri Mata 2014, yamugaragarije ko uyu muryango ukomeje kwica nkana amasezerano wagiranye n’u Rwanda kandi ko bishobora gutuma ruyasesa.

Icyo gihe Busingye yagize ati “Dufitanye amasezerano, ubushakashatsi badukozeho nibatubwire, niba bavuze ko turi paradizo tubabwire tuti ‘mwakoze cyane, cyangwa tuvuge tuti aha ariko si ko tubibona’ […] Si byiza ko bandika gusa, natwe dufite uburenganzira bwo kuyavugaho, ni inshingano zacu gusobanurira Abanyarwanda n’Isi ibyatuvuzweho.”

Umunyamerika Richard Johnson wigeze kuba umudipolomate wa Amerika ndetse wanabaye mu Rwanda hagati y’imyaka ya 2008-2010, yigeze gushyira mu majwi Human Rights Watch ku kugambanira u Rwanda irutangaho raporo zigamije kurusebya no kurwicira isura.

Mu gitabo cye yise “The Travesty of Human Rights Watch on Rwanda” cyangwa “Isesereza rya HRW ku Rwanda”, yasohoye mu 2014 yavuze ko kuva uyu muryango washingwa mu 1988 usa n’uwatandukiriye intego zawo zo guhirimbanira uburenganzira bwa muntu, ahubwo usa n’uwahindutse igikoresho cya politiki.

Johnson yakomeje yerekana ko raporo n’imvugo za HRW mu myaka ishize zibasira FPR Inkotanyi yavanyeho ubutegetsi bwakoze Jenoside. HRW ishyigikiye ko abahoze ku butegetsi banagize uruhare muri Jenoside bagaruka muri politiki y’u Rwanda.

 

Urubyiruko rwanyuze mu bigo ngororamuco rwahinduye ubuzima kubera amasomo atandukanye rwagiye ruhakura

 

2020-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Umunyarwanda yemeye ko yabeshye inzego za Amerika ngo ahabwe ubwenegihugu

Umunyarwanda yemeye ko yabeshye inzego za Amerika ngo ahabwe ubwenegihugu

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo
Mu Rwanda

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina
INKURU NYAMUKURU

Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23  yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023
Amakuru

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23 yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Ubwanditsi 26 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru