• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Ubwanditsi 25 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Urubanza rwa Diane Rwigara na Adeline Mukangemanyi rwatangiye kuburanishwa mu mizi nyuma y’uko urukiko rwemeje ko abantu 4 bakekwaho ubufatanyacyaha n’abaregwa nabo bashyirwa mu rubanza.

Mu iburanisha ryo ku wa kabiri tariki ya 24 Nyakanga 2018, mu Rukiko Rukuru, Diane Rwigara n’umubyeyi we babanje kwerekwa urutonde rw’ibirego babazwa niba babyemera ariko bombi barabihakana.

Ahawe ijambo, umushinjacyaha Ndibwami Rugambwa yavuze ko arega Adeline Rwigara ibyaha byo gukurura amacakubiri no guteza imvururu muri rubanda.

Avuga ko ishingiro ry’ibi birego ari amajwi aherekejwe n’amashusho agera kuri 80 ngo yagiye yoherezanya n’abandi bantu bane batari mu Rwanda akoresheje urubuga rwa Whatsapp.

Nko mu butumwa bumwe, ubushinjacyaha burega Adeline Rwigara ko yavuze ko ubutegetsi bw’u Rwanda bukoresha Abanyarwanda baturutse mu gihugu cy’u Burundi n’Abagogwe mu bikorwa byo kwica abantu.

Ubushinjacyaha ngo bugasanga iki ari icyaha cyo gukwiza ibihuha bigamije kwangisha abaturage ubutegetsi.

Abantu bavugwa yohererezaga ubu butumwa ni Tabita Gwiza, Mukangarambe Saverina, Mushayija Edmond na Jean Paul Ndayishimiye, bose urukiko ruvuga ko bazaburanishwa nk’abadahari.

Ubushinjacyaha busanga kandi imvugo iri muri ubu butumwa igamije kuvangura abantu ku buryo ishobora no gutera imidugararo muri rubanda.

Kuri Diane Rwigara ho, ubushinjacyaha bwavuze ko akurikiranyweho guteza imvururu no gukoresha inyandiko mpimbano.

Ibi ni ibyaha ubushinjacyaha buvuga ko yakoze ubwo yashakaga kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye umwaka ushize.

Mu biganiro bitandukanye, ubushinjacyaha buvuga ko Diane yahamagariye abantu kwishyira hamwe ngo barwanye ubutegetsi yashinje ko bugamije kumara abantu.

Ubwo yashakishaga imikono y’abamushyigikiye, ubushinjacyaha buvuga ko Rwigara yiganye imwe mu mikono, ndetse ngo akaba yaranakoresheje indangamuntu z’abantu bapfuye cyangwa abari hanze y’igihugu.

Abunganira abaregwa bo bavuze ko ntacyo bashobora kuvuga kuko basanga hari ibirego bishya batabonye mu nyandiko y’ibirego bashyikirijwe

Ibi ni nk’aho ubushinjacyaha buvuga ko Adeline Rwigara yagiranye inama n’abantu bane bari mu mahanga kandi mu nyandiko ya mbere ivuga ko bohererezanyaga ubutumwa ku buryo bwa WhatsApp.

Aha ariko ubushinjacyaha bwo buvuga ko inama ivuze ibiganiro hagati y’abantu barenze umwe kandi ko itegeko riterekana niba bagomba kuba bicaranye.

Urukiko rwanzuye ko rutanze igihe cy’iminsi 60 kugira ngo abaregwa bashyikirizwe iyi nyandiko y’ibirego, kandi impande ziburana zizabe zashoboye kumvikana ku gisobanuro cyahabwa ubutumwa bwa WhatsApp bwahererekanijwe hagati y’abaregwa batanu.

2018-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024
U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda
Amakuru

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Ubwanditsi 25 Nov 2024
Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango
Mu Rwanda

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018
INKURU NYAMUKURU

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Ubwanditsi 25 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru