• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Ubwanditsi 09 Nov 2017 ITOHOZA

Nyuma y’iminsi mikeya havugwa inkuru z’ibinyoma k’u Rwanda, zituruka muri  Uganda,   kugeza ubu hataramenyekana  ikizihishe inyuma biratangaje kubona ikinyamakuru cya Leta ya Uganda New Vison gitangaza ibinyoma. Kubeshye ko perezida w’u Rwanda yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Uganda I Dubai nyamara bitarabaye,  nanone mu ntangiriro z’iki cyumweru kuri rumwe mu mbuga z’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda hagaragaye inkuru ivuga ko Kagame yagiranye inama y’umutekano na bamwe mu basirikare bakuru biga ku kibazo cya Uganda.

Ikinyamakuru News of Rwanda dukesha iyi nkuru kivuga ko kuvuga ko perezida Kagame yahamagaje iyi nama y’umutekano muri weekend ishize ari ikinyoma cyambaye ubusa nk’uko byatangajwe na rumwe muri izo mbuga rwavuze ko amakuru rukesha bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bari mu Urugwiro bakibwiye ko, inama yabaye kuwa Gatandatu nyuma y’uko perezida Kagame agarutse avuye muri Africa Global Business Forum I Dubai, ikaba yaritabiriwe n’Umugaba mukuru w’Inkeragutabara, Gen Fred Ibingira, Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’ubutasi n’umutekano (NISS), Gen. Joseph Nzabamwita, minisitiri w’ingabo, James Kabarebe, na Francis Mutaganda, umuyobozi wa ESO (External Security Organization).

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko nta nama nk’iyi yabayeho, kuko nyuma y’inama ya Africa Global Business Forum I Dubai, perezida Kagame yahise yerekeza mu Bwongereza aho yanaherewe igihembo cyo kuba yarateje imbere ubukerarugendo kizwi nka World Tourism Awards, aho yanasuye stand ya Uganda nk’uko bigaragara ku ifoto aho yasuhuzanyaga na Prof. Ephraim Kamuntu.

Perezida Kagame kuri stand ya Uganda asuhuzanya na Prof. Ephraim Kamuntu

Iyi rero ni inshuro ya 2 hakwirakwijwe amakuru y’ibinyoma ku bwende nyuma y’inkuru na none y’impimbano yavugaga ko perezida Kagame na Museveni bagiranye ibiganiro bari I Dubai.

News of Rwanda isoza itanga inama z’uko itangazamakuru ryakagombye gukoreshwa mu gutanga amakuru afite akamaro aho gutanga amakuru y’ibinyoma kuko ngo ibi biri gufasha abitifuriza amahoro n’umutekano akarere.

Ibi kandi ngo bisa nk’uburyo bwo kujijisha ubutegetsi bwa Uganda buri gukoresha hagamijwe kurangaza abantu ngo ntibite ku bibazo bya politiki biri imbere mu gihugu.

 

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Kugirango  u Rwanda  rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese  birashoboka ?

Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Ubwanditsi 05 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF
POLITIKI

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa
Amakuru

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru
Mu Mahanga

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru