• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iturufu y’amoko (Hutu &Tutsi) kimwe mu byatumye Gen Kayumba ashwana na bagenzi be

Iturufu y’amoko (Hutu &Tutsi) kimwe mu byatumye Gen Kayumba ashwana na bagenzi be

Ubwanditsi 31 Mar 2017 ITOHOZA

Mu gihe ubu mu Rwanda himakajwe gahunda ya Ndi Umunyarwanda, harandurwa burundu intekerezo za ndi iki, ubwoko ubu cyangwa buriya, abavuga ko barwanya Leta y’u Rwanda baba hanze y’igihugu bo amoko ni kimwe mu bibatera kuryana.

Dr Rudasingwa Théogene, wari umuhuzabikorwa mu ishyaka RNC rikorera hanze y’u Rwanda, ubwo yamenaga amwe mu mabanga y’ishyaka bikuruwe no gushwana kwari kwatangajwe hagati yabo, yasobanuye ko Gen Kayumba Nyamwasa bashwanye bapfuye ibirimo no gushaka kwimakaza amoko.

Ati: “Kayumba we yari yaravuze ko ashaka ko Umututsi ari we uyobora Ububiligi, yabimbwiye ndi kumwe na Gahima, ambwira ko ashaka ko umututsi aba ri we uyobora mu Bubiligi, ndamubwira nti it’s ok, ari uwo ushaka ari uwo nshaka ntabwo ari twe tugomba kujya gutorera abantu bari i Bruxel”.

-6185.jpg

Kayumba Nyamwasa

Mu kiganiro Imvonimvano kuri radiyo BBC, aho Rudasingwa yatangarije ibi, umunyamakuru yaramubajije ati: “Ni ukubera iki yavugaga ngo agomba kuba ari Umututsi”?

Rudasingwa yasubije agira ati: “Yaravuze ngo ahandi hirya no hino ngo ku isi hose ngo Abahutu nibo benshi mu ihuriro, akabara intara ku yindi akavuga ati; nibura i Buruxel dukwiriye kuba dufite Umututsi, akabara no mu Bufaransa ubanza uhari ari Umututsi, njye sinjya namenya no kubara cyane kuko Abanyarwanda ntabwo ari amashaza cyangwa ibishyimbo cyangwa ibintu by’ubara ngo uyu ni Umututsi cyangwa Umuhutu, ariko niko yabyifuje”.

Yakomeje avuga ko ibi ari bimwe mu byatumye yumva abatakomeza gukorana nawe ndetse ko yari afite agatsiko gakomeye we yita agatsiko k’Abasirikare bashakaga kwikubira ishyaka RNC rihuriwemo na benshi.

Ati: “Ako gatsiko yakoresheje(Kayumba) niko kaje gafite ubukana, gatukana, gafite amahane kugeza igihe abo bagenzi banjye bo muri biro bagera kuri 4 basa nkaho bababererekera bati; nimufate ibyo mushaka”.

-6186.jpg

Rudasingwa Theogene

Ku itariki ya 1 Nyakanga 2016, Dr Théogene Rudasingwa, uri mu bashinze RNC ndetse akaba yari asanzwe aribereye umuhuzabikorwa, yatangaje ko yitandukanyije n’igice cy’iryo shyaka gisanzwe kirangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa, ku buryo yahise ashinga igice gishya yise ‘New RNC’ [Ihuriro Nyarwanda Rishya].

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Dr Rudasingwa, Gahima Gerald, Joseph Ngarambe na Musonera Jonathan mu kwezi kwa karindwi(2016), batangaje ku mugaragaro ko bitandukanije na Kayumba bashinga umutwe wabo New RNC.

Rudasingwa yigaragajemo nk’umuyobozi w’iryo huriro rishya , aho yungirijwe na Joseph Ngarambe wari usanzwe ari umugenzuzi mukuru wa RNC.

Muri uko kwezi, Dr Rudasingwa na Gervais Condo batumiwe kuri BBC baterana amagambo, Condo yashinje Rudasingwa gushaka kugundira ubutegetsi mu ishyaka yanga kwemera ko hakorwa amatora ndetse no guhora mu matwi ya Kayumba Nyamwasa amusukamo amagambo adakwiye.

Ibi Rudasingwa na we ntabikozwa, akavuga ko kujya muri RNC bisa no kuba yarataye umurongo kuko yahuye na Kayumba Nyamwasa wubatse akazu muri iryo shyaka kagizwe n’abahoze mu ngabo z’u Rwanda bahungiye mu mahanga.

Ati “Yubatse akazu akoresheje abantu bahoze ari abasirikare akenshi bahoze bamukorera akiri mu Rwanda”. Kayumba Nyamwasa nta cyo yigeze avuga kuri ibi ashinjwa na Theogene byo kwimakaza amoko muri iri shyaka RNC.

-191.png

Gahima Gerald

RNC ni ishyaka rya politiki rikorera hanze y’u Rwanda ndetse abayoboke baryo bakaba bavuga ko barwanya Leta y’u Rwanda bamwe banahoze bakorera nyuma bagahunga. Bamwe bakaba bashinjwa ibyaha bitandukanye na Leta y’u Rwanda basize bakoze cyangwa bakoze nyuma yo guhunga.

Source : bwiza.com

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Ese igitutu cya Rudasingwa  kuri Kayumba cyaba  aricyo gitumye  atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ese igitutu cya Rudasingwa kuri Kayumba cyaba aricyo gitumye atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe
Mu Mahanga

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Ubwanditsi 27 Feb 2018
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 May 2019
Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare
Mu Mahanga

Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru