• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Ubwanditsi 27 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Abakurikira ibyandikwa ku mbuga nkoranyambaga, bakunze kubona uwitwa John Simbaburanga, inshyanutsi yiyita impirimbanyi ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ari bihemu wavuye mu Rwanda atorotse ubutabera bwari bumukurikiranyeho ibyaha by’ubwambuzi n’uburiganya.

Ubutekamutwe bwa Simbaburanga ni nabwo butuma ahisha aho aba, akabeshya ko atuye mu gihugu cya Afrika y’Epfo, kandi mu by’ukuri amaze imyaka isaga 4 mu nkambi y’ahitwa Antwerp mu Bubiligi.Ni inkambi idatandukanye cyane na gereza, kuko ubuzima bwaho ntawabwifuriza undi.

Amakuru dukesha abamubona muri iyo nkambi aravuga ko uretse ka “rasiyo” k’inticantikize gahabwa impunzi, John Simbaburanga atunzwe no kwisuma, yikorera imizigo iremereye cyane, ari nayo mpamvu ababana nawe bamuhimbye ”ikimashini”.

Icyizere cyo kuva muri ubwo buzima bubabaje kandi kiragerwa ku mashyi, kuko mu minsi ishize, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Bubiligi rwongeye kumushwishuriza, rumubwira ko rutamuha ibyangombwa by’impunzi, kuko uRwanda ubu ari kimwe mu bihugu bitekanye ku isi, ku buryo n’abanyamahanga bifuza kurubamo.
Kugirango rero Ububiligi butazagera aho bumurambirwa bukaba bwanamugarura mu Rwanda, yahisemo gusebya Igihugu cye n’abayobozi bacyo, abahimbira ibyaha birimo gutoteza abatabona ibintu kimwe nabwo.

Iyi ni indirimbo asangiye n’ibindi bigarasha n’Interahamwe, nyamara ntibabona ko yaharurutswe, kuko irushaho gutakaza abayitega amatwi.
John Simbaburanga yahoze ari umupolisi, aza kwirukanwa kubera uburiganya budakwiye umuntu ushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo.

Icyaha cya nyuma yari akurikiranyweho, ni ukugisha ku bantu 2 inzu yari afite ku Kamonyi, kandi nayo yari yayubatse mu mafaranga yari agenewe abapolisi bagenzi be akayakubita umufuka! Yaje kubifungirwa, ariko atoroka ubutabera butaraca urubanza.

Ngabo rero abantu na John Simbaburanga n’abandi bigize intyoza mu guharabika uRwanda, bakihindura intama kandi ari ibirura. Amaherezo yabo ariko arazwi, ni muri gereza kuko ariho hari umwanya w’ibisambo n’abandi bagizi ba nabi.

2021-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda

Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2017
General Kazura yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

General Kazura yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Ubwanditsi 24 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya
Amakuru

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Abarundi bane bafatiwe muri Kenya bakekwaho kujya mu mitwe  yiterabwoba
Mu Rwanda

Abarundi bane bafatiwe muri Kenya bakekwaho kujya mu mitwe yiterabwoba

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Ubwanditsi 13 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru