• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Ubwanditsi 27 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Abakurikira ibyandikwa ku mbuga nkoranyambaga, bakunze kubona uwitwa John Simbaburanga, inshyanutsi yiyita impirimbanyi ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ari bihemu wavuye mu Rwanda atorotse ubutabera bwari bumukurikiranyeho ibyaha by’ubwambuzi n’uburiganya.

Ubutekamutwe bwa Simbaburanga ni nabwo butuma ahisha aho aba, akabeshya ko atuye mu gihugu cya Afrika y’Epfo, kandi mu by’ukuri amaze imyaka isaga 4 mu nkambi y’ahitwa Antwerp mu Bubiligi.Ni inkambi idatandukanye cyane na gereza, kuko ubuzima bwaho ntawabwifuriza undi.

Amakuru dukesha abamubona muri iyo nkambi aravuga ko uretse ka “rasiyo” k’inticantikize gahabwa impunzi, John Simbaburanga atunzwe no kwisuma, yikorera imizigo iremereye cyane, ari nayo mpamvu ababana nawe bamuhimbye ”ikimashini”.

Icyizere cyo kuva muri ubwo buzima bubabaje kandi kiragerwa ku mashyi, kuko mu minsi ishize, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Bubiligi rwongeye kumushwishuriza, rumubwira ko rutamuha ibyangombwa by’impunzi, kuko uRwanda ubu ari kimwe mu bihugu bitekanye ku isi, ku buryo n’abanyamahanga bifuza kurubamo.
Kugirango rero Ububiligi butazagera aho bumurambirwa bukaba bwanamugarura mu Rwanda, yahisemo gusebya Igihugu cye n’abayobozi bacyo, abahimbira ibyaha birimo gutoteza abatabona ibintu kimwe nabwo.

Iyi ni indirimbo asangiye n’ibindi bigarasha n’Interahamwe, nyamara ntibabona ko yaharurutswe, kuko irushaho gutakaza abayitega amatwi.
John Simbaburanga yahoze ari umupolisi, aza kwirukanwa kubera uburiganya budakwiye umuntu ushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo.

Icyaha cya nyuma yari akurikiranyweho, ni ukugisha ku bantu 2 inzu yari afite ku Kamonyi, kandi nayo yari yayubatse mu mafaranga yari agenewe abapolisi bagenzi be akayakubita umufuka! Yaje kubifungirwa, ariko atoroka ubutabera butaraca urubanza.

Ngabo rero abantu na John Simbaburanga n’abandi bigize intyoza mu guharabika uRwanda, bakihindura intama kandi ari ibirura. Amaherezo yabo ariko arazwi, ni muri gereza kuko ariho hari umwanya w’ibisambo n’abandi bagizi ba nabi.

2021-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Uganda : Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Uganda : Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Ubwanditsi 26 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga
ITOHOZA

Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga

Ubwanditsi 29 Apr 2017
FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo
Mu Rwanda

FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

Ubwanditsi 15 Mar 2017
Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura
INKURU NYAMUKURU

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru