• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Hashize iminsi abakurikirana politiki y’Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’akarere k’ibiyaga bigari muri rusange bakurikirana imyifatire ya zimwe mu nzego za Uganda ndetse n’abantu bamwe na bamwe muri iyo Leta ibangamiye u Rwanda.

Nkuko bakunze kubicamo umugani ngo “umwera uturutse I Bukuru bucya wakwiriye hose”. Imyifatire mibi ya zimwe mu nzego za Uganda ibangamiye u Rwanda yatangiye kera kandi itangirira muri zimwe nzego zo hejuru muri iyo Leta.

Ntanze urugero, mu mwaka wa 2000 nigeze kujya mu Bufaransa gutembera noneho umuntu w’inshuti yanjye ajya kuntembereza anyakiriria muri hoteli iba muri Chants Elises, muri Perezidansi y’Ubufaransa. Icyo gihe twahahuriye n’Abafaransa babiri b’abavoka ariko ngo baba mu Buholandi. Nyuma yo kutubaza aho dukomoka batubwiye inkuru itangaje kandi iteye ubwoba. Nyuma yo kutubaza amako yacu tukayababwira mu buryo twumvaga bwadufasha, umwe muri bo yaratubwiye ati “ Pensez-vous que le FPR va surivivre la cooperation militaire et securitaire franco – ugandaise? Bivuze ngo “muratekereza ko Ubutegetsi bwa FPR buzarokoka ubufatanye mu bya gisirikare n’umutekano hagati y’ubufaransa na Uganda? Turamusubiza tuti “let’s wait and see”, bivuze ngo “reka dutegereze tuzarebe”.

Nta makuru na make twari tuzi kuri icyo kibazo yatubajije ariko twakomeje kuganira aza kutubwira ko Ubutegetsi bwa FPR ngo bushobora kutazamara kabiri kuko ngo hari ubufatanye hagati ya bamwe mu bajenerali b’Ubufaransa barimo Generali Lafourcade n’abandi biganjemo abari bayoboye operation turquoise mu Rwanda bakaba barasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’inzego z’umutekano n’igisirikare muri Uganda agamije kubuza amahwemo Leta y’u Rwanda, kuyishyira mu kato, kuyisenya no kuyikuraho.

Nyuma twaje gukurikirana tuza kumenya ko koko mbere y’ umwaka wa 2000 Igisirikare cy’ubufaransa na Leta y’Ubufaransa ngo baba barahaye amamiliyoni y’Amaeuro Leta ya Uganda ngo iyifashe gushyira mukato, gucungira hafi no gusenya Leta y’u Rwanda.

Bamwe muri Leta ya Uganda ngo bashishikariye cyane uwo mugambi dore ko hari n’abagengwa n’urwango rwakomotse ku mirwano yabaye hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Uganda I Kisangani muri Congo aho Generali Kazini wari uyuboye Igisirikare cya Uganda atabashije kugera ku mugambi yari yateguye.

Nkuko bizwi Ibikorwa binini bya gisirikare n’inzego z’umutekano ahanini bikorwa umugaba w’ikirenga w’ingabo abizi, akaba ari yo mpamvu icyo gihe abantu benshi batangiye kwibaza ukuntu ibikorwa nk’ibyo byashoboka bitahawe umugisha na Perezida Museveni?

Ni uko gahunda yo kubangamira u Rwanda iba itangijwe na bamwe mu bushorishori mu nzego z’umutekano, ubutasi n’ubusugire bw’igihugu bya Uganda.

Ibi byagiye bikurikirwa n’umubano utari mwiza wagiye ahanini ukomoka kuri bamwe bu bayobozi bakuru muri Uganda aho bamwe banatangazaga ku mugaragaro ko ngo bafitiye u Rwanda inzigo ikomeye kandi ko bazihorera.

Gusa umubano wagiye uvugururwa ugasubirana nubwo utagiye uhwema gusubira inyuma.

Ibi byakurikiwe n’ibikorwa byakorwaga na bamwe mu bayobozi muri Uganda byo gafasha gutoroka abayobozi mu Rwanda nka Kayuma Nyamwasa, Generali Habyalimana wahoze ari Minisitiri w’ingabo, Patrick Karegeya n’abandi. Ibi nabyo byakurikiwe no gukomeza gushyigikira abarwanya Leta y’u Rwanda. Urugero nka Kayumba Nyamwasa yashinze RNC ikaba ifite abanyamuryango bakorana na zimwe mu nzego za Uganda bagamije kwica abanyarwanda no guhungabanya umutekano w’ U Rwanda. Umuntu akaba yakwibaza niba mu byukuri ishingwa rya RNC ridafite inkomoko kuri bamwe mu bayobozi muri Uganda.

General Kayumba Nyamwasa

Ibirenze ibyo ni uko mu myaka ya vuba hagiye hagaragara abayobozi bakomeye mu nzego zo hejuru za Uganda batangije gahunda yo gafasha abarwanya u Rwanda bibumbiye muri RNC, babakira mu gihugu cya uganda, babafasha kwisuganya, babaha impapuro z’inzira ndetse banafasha mw’ishoramari.

Bamwe mu nzego zikomeye za Uganda ntibanahwemye no gushyigikira abakoze Jenoside mu Rwanda babaha ubuhungiro ndetse bananga kubohereza mu Rwanda ngo babazwe ibyaha bya Jenoside bakoze. Ibi Uganda ibikora yirengagiza amasezeramo yasinywe hagati y’ibihugu byombi yo guhererekanya abanyabyaha cyane cyane abakoze Jenoside.  

Nkaho ibyo bitari bihagije bamwe mu nzego zo hejuru muri Uganda batangije ibikorwa byo gusebya no gutesha agaciro Leta y u Rwanda mw’itangazamakuru. Abantu bose bazi ikinyamakuru “The soft power’’ gisebya Leta y’u Rwanda kandi ari icy’umujyanama w’umukuru w’igihugu cya Uganda.

Ibi byakurikiwe no kwibasira abanyarwanda,bakicwa, bagafungwa, bagatotezwa  n’ibindi.

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu cya Uganda ntibahwemye gushyira mu bikorwa imigambi yo gushyira mu kato u Rwanda, kurubangamira no kuruhagarika mu bikorwa by’iterambere. Nubwo hari ingero nyinshi muri uru rwego, twatanga urugero rumwe rw’agahimano gakabije Uganda yagiriye u Rwanda.

Ntawe utibuka igihe Kenya yemereraga u Rwanda kurugurisha amashanyarazi kugirango umuriro ugere ku banyarwanda bose, hakumvikanwa ko hakubakwa amapoto ava Kenya agaca ku butaka bwa Uganda akagera Gatuna noneho u Rwanda narwo rukubaka amapoto ava gatuna akagera mu gihugu cyose.

Mu rwego rwo guhima u Rwanda, Uganda yananije uwo mushinga. Uganda yavuze ko nta mafaranga ifite yo gushyiraho amapoto y’amashayarazi agera gatuna. Kugirango bishoboke U Rwanda rwatse amafaranga Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (ADB) runasaba ko ayo mafaranga yahabwa Uganda kugirango ishyire amapoto ava ku butaka bwayo kugera gatuna.

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (ADB) yemeye guha Uganda ayo mafaranga kugirango ishyireho ya mapoto muri Uganda kugera Gatuna. Ariko Uganda yanze ayo mafaranga yari yatanzwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (ADB) ivuga yabonye andi mafaranga yo kubikora. Uganda yavuze ko izabikora ku nkunga y’amafaranga izahabwa na Leta Ubufaransa. Tekereza nawe Ubufransa bwatanze amafaranga afite aho ahuriye n’icyateza imbere u Rwanda. Byarangiye umushinga Uganda iwunanije.

Ikigaragara Uganda yanze gushyira mu bikorwa uwo mushinga mu rwego ro guhima u Rwanda, kurushyira mu kato no kubangamira iterambere ryarwo.

Mu gusoza twakwibutsa ko muri politiki y’igihugu icyo ari cyo cyose inzego ziba zigizwe n’abantu bashyira mu bikorwa guhunda, ibikorwa n’amabwiriza n’ibindi. Hari igihe abo bantu bashobora gukora ibikorwa bigira ingaruka ku kindi gihugu babyibwirije. Ariko ibikorwa bikorwa n’abantu cyangwa zimwe mu nzego muri Uganda ni ibikorwa bifite ingaruka mu mibanire y’ibihugu kuburyo abantu benshi bibaza ukuntu ibikorwa nk’ibyo byashoboka bitahawe umugisha n’umukuru w’igihugu?

Byaba ari byo cyangwa atari byo biragaragara ko ibikorwa Uganda igenda ikora bibangamiye u Rwanda ari uruhurirane rw’ibikorwa by’abayobozi ku giti cyabo ariko hakaba naho binashoboka ko waba ari umurongo mugari wafashwe n’ababifitiye ububasha. Nubwo ariko bigoye kubuza igihugu gishaka kubangamira ikindi kubikora, abahanga muri politiki basanga Uganda yabona inyungu nyinshi mu kutabangamira u Rwanda n’abanyarwanda kuruta kubikora.  

Emmanuel -Kigali

2018-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo
Amakuru

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021
Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$
Amakuru

Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Ubwanditsi 30 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru