• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yageze mu Mujyi wa Windhoek muri Namibia, aho yatumiwe mu nama ya 38 y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bihuriye mu Muryango w’Ubukungu muri Afurika yo mu Majyepfo (SADC) izamara iminsi ibiri.

Perezida Kagame yageze muri Namibia kuri uyu wa 16 Kanama 2018, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege cya Hosea Kutako International Airport na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Netumbo Nandi-Ndaitwah, nyuma y’aho yakirwa na Perezida w’iki gihugu Hage Geingob.

Inama ya SADC, Perezida Kagame yatumiwemo nk’umushyitsi w’imena, iteganyijwe ku wa 17 na 18 Kanama 2018. Ifite insanganyamatsiko yibanda ku “Guteza imbere ibikorwa remezo no kongerera urubyiruko ubushobozi mu iterambere rirambye.” Mu nama enye ziheruka SADC yibanze ku iterambere ry’inganda.

Abayobozi bageze muri Namibia barimo; Perezida wa Zambia, Edgar Lungu; uwa Botswana, Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi; Minisitiri w’Intebe wa Lesotho, Tom Thabane. Perezida mushya wa Zimbabwe, Emmerson Dambudzo Mnangagwa, yitabira iyi nama mu gihe igihugu cyasigaranwe na Constantino Guveya Dominic Nyikadzino Chiwenga usanzwe ari Visi Perezida.

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabanjirijwe n’iyahuje abayobozi bakuru na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga yabaye hagati yo ku wa 9 na 14 Kanama 2018. Biteganyijwe ko izasozwa Perezida wa Namibia, Hage Geingob, afata inkoni y’ubuyobozi bwa SADC ifitwe na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo.

Inama ya SADC yaherukaga kubera muri Namibia mu 1992 aho abayobozi bayitabiriye basinye amasezerano yahinduye Umuryango witwaga SADCC (Southern African Development Coordination Conference) ukaba SADC (Southern African Development Community).

Isinywa ry’aya masezerano ryahinduye uko imiryango ihuriweho n’ibihugu yakoraga. Mbere ya 1992, gahunda zegerezwaga igihugu kikaba gifite ububasha bwo kugenzura umutungo wacyo. Nyuma yo kuyashyiraho umukono, ibikorwa n’ibihugu by’ibinyamuryango byo muri SADC byatangiye kugenzurirwa mu Bunyamabanga bwayo buri mu Mujyi wa Gaborone muri Botswana.

SADC igizwe n’ibihugu 15 by’ibinyamuryango birimo Angola, Botswana, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lesotho, Malawi, Madagascar, Mauritius, Mozambique, Namibia, Afurika y’Epfo, Seychelles, Swaziland [eSwatini], Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

Iyi nama igiye gukurikira iheruka guhuza abakuru b’ibihugu bihuriye muri SADC, yabereye mu Mujyi wa Luanda muri Angola ku wa 14 Kanama 2018. Yasojwe bashimira Perezida Joseph Kabila, wemeye kuva ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaharira abandi ngo biyamamaze mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

Ubwo Perezida Kagame yakirwaga ku kibuga cy’indege cya ‘Hosea Kutako International Airport
Ababyinnyi bakiraga Perezida Kagame ku kibuga cy’indege
Perezida Kagame, Louise Mushikiwabo na Gatete Claver bakirwa mu biro bya Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Netumbo Nandi-Ndaitwah
Ingabo z’igihugu cya Namibia ku kibuga cy’indege aho zakiraga Perezida Kagame
Mu ndirimbo n’umudiho bakira Perezida Kagame nk’umushyitsi w’imena
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Namaibia, Hage Geingob
Perezida Kagame na Min. Netumbo Nandi-Ndaitwah
Perezida Kagame na Hage Geingob

 

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Ubwanditsi 28 Aug 2018
U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Ubwanditsi 30 Dec 2020
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    August 17, 20189:09 am -

    Natuye nakora mu bihugu byombi: Namibia n’u Rwanda. nabonyeko ibi bihugu byombi bitandukanye cyane mu mikorere. Ubusanzwe bizwiko Namibia aricyo gihugu gifite imijyi ifite isuku kurusha indi mijyi muri Afurika. Aho bitandukaniye n’u Rwanda nuko usuye Namibia ashobora kujya aho ashaka hose akaba yaganira n’abaturage. Nta munamibiya ufite aho akumirwa. Yewe no muri State House ariyo twakwita Urugwiro, abaturage bajyayo, bakafitoreza, bakahakorera amakwe n’ibindi. Barakize yuko bafite Uranium nyinshi n’andi mabuye y’agaciro ariko ntibiririmbwa nka hano iwacu, ndetse bihagije ku ngengo y’imari igihugu gikoresha. Imfashanyo Ubulayi na Amerika biha Namibia biri munsi ya 10% ari nayo mpamvu ntawe ubavugiramo. Igishimishije ariko nuko inzego z’ubutegetsi zikora zikigenga. Ibi bishoboka kuberako amashyaka yigenga, ntarikorera mu kwaha kw’irindi. Kuba bafite abaperezida babiri barangije igihe kandi bakomeza guhabwa icyubahiro bitera ubwuzu. Ibi igihugu cyacu gikwiye kubyigiraho. Hari n’utundi twinshi tudutandukanya: ntavuze nko kuba umuturage wejeje yajya ku muhanda akagurisha ibye kandi akabipfunyika muri plastiki ifite isuku. Simvuze caguwa yambika benshi yuko ubutegetsi bwafunze Lamatex – usine yakoraga imyenda ariko igahenda abaturage. icyanteye ariko kubonako hari henshi tudahuza ni ukuntu abategetsi bifata, Munitegereze uko Minisitiri wabo w’ububanyi n’amahanga – umubyeyi w’imyaka irenze 60 – yitwara ativunderejeho ibirungo ku nzara no ku minywa n’ibindi. Twishimire rero urugendo rwa Perezida w’u Rwanda muri Namibia yuko azavanayo byinshi byo kwigisha abo bakorana.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Ubwanditsi 05 May 2016
Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Ubwanditsi 05 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru