• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Ubwanditsi 04 Feb 2017 ITOHOZA

-5585.jpg

Perezida Donald Trump

Mu gihe abantu benshi barimo kubona ko impinduka zirimo kubera ku isi zibangamiye ubuzima bwabo, ninako abakagize uruhare kugira ngo harebwe uko umutekano wagaruka ku Isi barushaho gutuma ibintu birushaho kuba bibi.

Ibi rero byagaragariye mu nyandiko yasinywe na perezida Donald Trump ubwo yasabaga abayobozi b’ingabo muri Amerika ko mu gihe kitarenze iminsi 30 bagomba kuba bamugejejeho gahunda ihamye yerekana uko iki gihugu cyakongera kuba igihangage kitisukirwa mu gisirikare.

Trump yashimangiye ko ibindi bihugu bimaze gutera intambwe ikomeye mu gucura ibitwaro bya kirimbuzi, ngo none igisirikare cyabo kimaze gutambukwaho n’ibindi bihugu ngo rero kugira go Amerika yongere kuba igihagage bigomba guhera mu gisirikare nkuko yabiseszeranije abaturage be ubwo yiyamamazaga.

-5584.jpg

-5578.jpg

Ubwo Trump yasuraga bwa mbere Pentagon, yatangiye ababwira ko mubyo agomba gukora muri gahunda ze ko ntamwanya munini afite wo gutakaza murizo. Mubyihutirwa ngo kuri we, harimo kuvugurura igisirikare cy’Amerika kubera aho isi igeze.

Yasabye Umuyobozi Mukuru w’Ingabo z’Amerika, Gen. James Mattis gukora gahunda yihutirwa yerekana uko Amerika yakora ibikoresho bya gisirikare bigezweho. Aha yavuze ko Amerika ikeneye indege, amato y’intambara n’ibindi bikoresho by’abasirikare byose bishya bijyanye n’iki kinyejana cya 21 kandi bidafite aho bihuriye n’ibikoreshwa mu gisirikare cyibindi bihugu.

-5586.jpg

Ingabo z’Amerika

Iyi nyandiko igizwe na paji 3 (dufite), inasaba ko ingengo y’imari yari gukoreshwa mu gisirikare muri uyu mwaka wa 2017 igomba guhita isubirwamo kubera ibikenewe gukorwa byihutirwa. Aha twavuga ko hatanzwe urugero nko kumafaranga yagombaga gutangwa kwisubirwamo ry’indege perezida w’Amerika agendamo Airforce One, amato ya gisirikare agendera munsi y’inyanja, n’indege z’intambara za F-35.

Yanashimangiye ko Amerika itari kumwanya iriho mu bijyanye n’intwaro za kirimbuz za nuclear, asaba ako kanama kazajyaho kwerekana uburyo bwakoreshwa kugira ngo Amerika igire intwaro nkizi zikomeye, zoroshye mu kuzikoresha ahantu hose, kandi zifite ikoranabuhanga ryo murwego rwo hejuru.

Muri iyi nyandiko yashyikirijwe abakuru b’ igisirikare bashinzwe gutegura iby’intambara Trump yabasabye kandi ko mu minsi 30 baba bamukoreye gahunda y’ukuntu barwanya umutwe w’intagondwa ISIS kandi ngo bakerekana ukuntu bazayitsinda bakayirandurana n’imizi yayo.

-5583.jpg

-5577.jpg

Aha rero benshi bakaba barahise bakuka umutima ko Amerika igiye kongera kohereza ingabo mu bihugu bitandukanye nka Syria, Irak, n’ibice bimwe byo muri Afurika kugira ngo bahangane n’imitwe itandukanye y’iterabwoba nka Daech. Kuri Trump ngo ubuhangage bw’Amerika buzajya bugaragarira mu bikorwa nk’ibi ngo igikenewe cyose kigomba kuboneka ngo bikorwe.

Aha Trump yashyize izi nzobere mu byagisirikare mu ihurizo ritoroshye kuko yabategetse ko bagomba kwerekana ingamba nshyashya zitandukanye nizo bari basanzwe bakoresha mu kurwanya intagondwa zikora iterabwoba, ikindi bagomba kwerekana ibindi bihugu bashobora gukorana nabyo ariko bifite ubushake kandi bikomeye mu gisirikare, hanyuma gukoresha uburyo bushobotse ngo bamenye aho izi ntagondwa zakuraga amafaranga bahahagarike.

Mugihe ibihugu bihanganye n ‘Amerika mu buhangage bwa gisirikare bwumvise ibi nabyo byatangiye gufata ingamba zikomeye. Ibi rero bikaba bigiye gutera irushanwa ryo gucura intwaro zishobora koreka imbaga y’abantu mugihe gito gishoboka, kandi hagati y’ibihugu by’ibihangage hazarushaho kuzamuka umwuka w’urwikekwe bityo umutekano w’isi uzarusheho kugerwa kumashyi.

-5579.jpg

-5580.jpg

-5581.jpg

-5582.jpg

Abantu bo bamenye ko ibi bitwaro bicurwa bishobra gukoreshwa isaha iyariyo yose, nubwo biteye ubwoba tugasa naho tubyirengagiza kubitekerezaho kubera ingaruka zabyo tugomba kumenya ko ikiremwamuntu gishobora kuba kirimo kwegera ibihe bibi kitigeze kunyuramo kuko abantu barimo guta ubumuntu cyane.

Ariko nanone, gahunda zo gucura ibitwaro bya kirimbuzi sibyo bizazana amahoro ku isi kuva ibihugu byinshi ariyo nzira byafashe kubera iterambere ry’ikoranabuhanga, nta mwihariko muri ubu busazi. Icyarutaho ni uko bakumvikana, bagashaka amahoro y’umutekano w’isi birambye, kuko ntayindi si bazahungiraho, ingaruka zizaba zimwe kubatuye isi imwe duhuriyeho, kandi niba bashaka gupfa hari abagikunze ubuzima.

Hakizimana Themistocle

2017-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ubwanditsi 19 Apr 2020
Uganda: ACP Jonathan Baroza wahoze ari umufasha wihariye wa Gen Kale Kayihura yaburiwe irengero

Uganda: ACP Jonathan Baroza wahoze ari umufasha wihariye wa Gen Kale Kayihura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR
Amakuru

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

Ubwanditsi 29 May 2025
Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda
HIRYA NO HINO

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi
Mu Rwanda

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru