• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 30 May 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Biratangaje kubona inzego z’umutekano muri Uganda[ CMI ] sizigaye zihohotera n’abacongomani zibitiranya n’abanyarwanda. Umuturage wa RDC, Steven Moïse w’imyaka 27 yahohotewe n’inzego z’umutekano muri Uganda, zimwitiranya n’Abanyarwanda. Aho gusubizwa muri Kongo, Uganda yamwohereje mu Rwanda, akaba kuri uyu wa Gatatu yashyikirijwe igihugu cye.

Ibi biraba mugihe Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwandikira Uganda isaba ibisobanuro ku baturage bayo bafungiwe muri icyo gihugu cy’abaturanyi, nyuma y’abandi babiri bo mu Karere ka Nyagatare bafatiwe muri Uganda mu cyumweru gishize.

Mu Cyumweru gishize nibwo Samvura Pierre w’imyaka 47 na Habiyaremye Eric w’imyaka 25, batuye mu Mudugudu wa Gahamba mu Kagali ka Tabagwe mu Murenge wa Tabagwe ho mu Karere ka Nyagatare, bafatiwe mu karere ka Rukiga muri Uganda batashye ibirori by’inshuti yabo, bafatirwa mu kiliziya n’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare rw’icyo gihugu, CMI.

Bashinjwe ko binjiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko nk’intasi za leta y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yandikiye Uganda ishaka kumenya irengero ry’abaturage bayo, kugira ngo bahabwe ubufasha mu kubunganira aho bishoboka.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, yabwiye Itangazamakuru ati “Turabikora buri gihe, n’ubu twarabikoze. Turababaza ngo batubwire aho bari kandi batwemerere kubasura no gukurikirana ibyabo.”

Ambasaderi Mugambage avuga ko kugeza ubu hari abanyarwanda amagana bafungiwe muri Uganda, bamwe bari muri kasho za CMI abandi bafungiwe mu bice bitandukanye by’icyo gihugu, utabariyemo abirukanwe muri icyo gihugu kuko basaga igihumbi.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rumaze kwandika inshuro nyinshi rusaba ibisobanuro ku bijyanye n’ifatwa ry’abaturage barwo ariko ko nta gisubizo rwigeze ruhabwa.

Nyuma y’ifatwa ry’aba banyarwanda baheruka, Uganda yabanje gutangaza binyuze mu binyamakuru ko “bikekwa ko ari abasirikare”, mu gihe abaturanyi babo mu karere ka Nyagatare bahamya ko ari abasivili basanzwe, bagiye muri Uganda gutaha ibirori bya munywanyi wabo.

Kugeza ubu Uganda ntacyo iratangaza ku irengero ryabo, gusa hari n’amakuru ko bagiye gufungirwa i Kampala.

Samvura na Habiyaremye bashimutiwe ahitwa Gasheke, mu kilometero 1.5 winjiye ku butaka bwa Uganda. Abaturanyi babo barimo uwitwa Batamuriza Aline wo mu mudugudu wa Tabagwe, Akagari ka Tabagwe mu murenge wa Tabagwe, avuga ko abafashwe bari abaturanyi ntaho bahuriye no kuba ba maneko.

Ati “Uwo mugabo ngo ni Samvura ndamuzi neza asanzwe ari umuturanyi wanjye, yagiye hakurya mu Bugande atashye ubukwe bwa Silver […] Agezeyo rero hahise haza igisirikare cya Uganda kimusohora mu Kiliziya we n’undi bita Fils bahita babajyana mu modoka za Polisi barabatwara.”

Ku wa Mbere ubwo Uganda yashyikirizaga u Rwanda umurambo w’umuturage warwo uherutse kurasirwa mu Murenge Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, umuyobozi w’ako karere, Mushabe David Claudien, yavuze ko nubwo Uganda igaruye uwapfuye, bikwiye ko n’abafungiwe akamama muri icyo gihugu nabo barekurwa.

Yakomeje agira ati “Ni byiza kuba mwazanye umunyarwanda wacu ariko nanone byaba byiza muzanye abandi benshi bari mu gihugu cyanyu ni benshi, n’ejobundi mwafashe abandi babiri bari muri Uganda, uburyo mutuzaniye uyu wapfuye ni byiza ko mwanatuzanira abo bakiriyo ndatekereza ko ibyo bikozwe byadushimisha cyane.”

Muri Werurwe nibwo Guverinoma y’u Rwanda yasabye abaturage bayo guhagarika kujya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo, nyuma y’ubuhamya bw’abarengaga 800 bari bamaze iminsi birukanwa ku butaka bw’icyo gihugu bagaragaza ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe.

2019-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 3, 20199:52 am -

    Niba Uganda yahohoteye umuturage wa Congo nimureke Congo abe ariyo ibyamagana. Mwe mutabarize abanyarwanda gusa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama ya RNC  igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara
ITOHOZA

Inama ya RNC igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique
Mu Rwanda

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Ubwanditsi 13 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru