• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 28 Feb 2016 Mu Mahanga

Kuri icyi cyumweru tariki 28/02/2016 i Remera mu mijyina inzu yubakishijwe ibyatsi muri Spots View Hotel, iri mu marembo ya Stade Amahoro Remera, yafashwe n’inkongi y’umuliro hitabazwa kizimyamwoto ya Polisi iwuzimya nta bindi bibazo uteye kuri izo nyubako za hoteli.

Inyubako ya Sports view Hotel, yubakishijwe ibyatsi, yafashwe n’umuliro niko kari akabari kayo (kontwari) gaherereye kuri piscine (ahakorerwa imyidagaduro yo koga) akaba ari naho hantu hanini abakoreraga amanama muri iyi weckend bakirirwaga.

Uwo muliro watangiye mu ma saa sita ya kumanywa waje kuzimwa n’iyo kizimyamwoto ya polisi hadaciyeho igihe kini, ariko n’abazimya umuliro muri iyo hoteli bari babanje kwirwanaho bihagije !

Uwo muliro wari wateye ubwoba cyane abaturanye n’iyo hoteli kuko bari bazi yuko uwo muliro wananira abakozi bayo kugeza aho bitabaza Polisi y’igihugu. Ibi babishingiraga k’ukuri k’uko mu minsi ishize akabari bituranye mu migina kafashwe n’inkongi y’umuliro hiyambazwa kizimyamwoto ya polisi y’igihugu, iza byarangiye nkuko akenshi bisanzwe bigenda, ariko igihe itarahagera abo muri Sports View babanje kwirwanaho, barawuzimya, Polisi ihagera umuliro wazimye kera.

Abo baturage rero kubona abakozi ba Sports View batizimirije uwo muliro bakiyambaza Polisi y’igihugu babonaga yuko ibintu bikomeye nabo ushobora kwambuka ukabageraho. Kizimyamwoto ya Polisi yaje izimya uwo muliro nta bindi bibazo byinshi uteje, utari unambukiranya ngo ufate izindi nyubako muri iyo hoteli uretse no kuba wanagera no ku nyubako z’abaturanye nayo!

Leta y’u Rwanda imaze igihe yaraciye inzu za nyakatsi mu gihugu. Abantu babanje kubyamagana ariko nyuma baza kwemera yuko nyakatsi nta nzu iba izirimo uretse gukurura akaga gusa nk’ako k’umuliro. Nyakatsi rero igaragara hirya nohino mutubari n’amahoteli ishobora kuzakurura ibibazo n’ubwo abenshi babibonamo umutako no gukurura ba mukerarugendo.

-2314.jpg

SportsView Hotel (Remera)

Hari abantu twaganiraga bakakubaza impamvu leta yaciye inzu z’ibyatsi mu baturage ariko ukazisanga mu mahoteli amwe n’amwe, nk’aho Sports View, Mille Coline n’ahandi. Igisubizo benshi batangaga n’uko izo nyakatsi zo mu mahoteli ziba zubatswe neza. Wababaza uti se umuturage mu cyaro yiyubakiye nyakatsi ye neza nk’izo usanga muri za hoteli leta yamwemerera, ugasanga igisubizo cya hafi ari hoya kuko leta ijya kuzica ntabwo yigeze ivugwa yuko izizaba zubatswe neza zakwemerwa !

Ubu abakozi ba Sports View barimo barasakambura ibyatsi byasigaye ku gisenge. Ntabwo tuzi niba bazabisimbuza ibindi byatsi, ariko icyo twemeye n’uko nyakatsi ari nyakatsi aho yava ikagera ! Yaba nyakatsi yo mu byaro cyangwa iyo muri hoteli, ni nyakatsi.

Kayumba Casmiry

2016-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016
INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Police FC itsinze Bugesera ku munsi wa kabiri wa shampiyona
Mu Mahanga

Police FC itsinze Bugesera ku munsi wa kabiri wa shampiyona

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!
Amakuru

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru