• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 28 Feb 2016 Mu Mahanga

Kuri icyi cyumweru tariki 28/02/2016 i Remera mu mijyina inzu yubakishijwe ibyatsi muri Spots View Hotel, iri mu marembo ya Stade Amahoro Remera, yafashwe n’inkongi y’umuliro hitabazwa kizimyamwoto ya Polisi iwuzimya nta bindi bibazo uteye kuri izo nyubako za hoteli.

Inyubako ya Sports view Hotel, yubakishijwe ibyatsi, yafashwe n’umuliro niko kari akabari kayo (kontwari) gaherereye kuri piscine (ahakorerwa imyidagaduro yo koga) akaba ari naho hantu hanini abakoreraga amanama muri iyi weckend bakirirwaga.

Uwo muliro watangiye mu ma saa sita ya kumanywa waje kuzimwa n’iyo kizimyamwoto ya polisi hadaciyeho igihe kini, ariko n’abazimya umuliro muri iyo hoteli bari babanje kwirwanaho bihagije !

Uwo muliro wari wateye ubwoba cyane abaturanye n’iyo hoteli kuko bari bazi yuko uwo muliro wananira abakozi bayo kugeza aho bitabaza Polisi y’igihugu. Ibi babishingiraga k’ukuri k’uko mu minsi ishize akabari bituranye mu migina kafashwe n’inkongi y’umuliro hiyambazwa kizimyamwoto ya polisi y’igihugu, iza byarangiye nkuko akenshi bisanzwe bigenda, ariko igihe itarahagera abo muri Sports View babanje kwirwanaho, barawuzimya, Polisi ihagera umuliro wazimye kera.

Abo baturage rero kubona abakozi ba Sports View batizimirije uwo muliro bakiyambaza Polisi y’igihugu babonaga yuko ibintu bikomeye nabo ushobora kwambuka ukabageraho. Kizimyamwoto ya Polisi yaje izimya uwo muliro nta bindi bibazo byinshi uteje, utari unambukiranya ngo ufate izindi nyubako muri iyo hoteli uretse no kuba wanagera no ku nyubako z’abaturanye nayo!

Leta y’u Rwanda imaze igihe yaraciye inzu za nyakatsi mu gihugu. Abantu babanje kubyamagana ariko nyuma baza kwemera yuko nyakatsi nta nzu iba izirimo uretse gukurura akaga gusa nk’ako k’umuliro. Nyakatsi rero igaragara hirya nohino mutubari n’amahoteli ishobora kuzakurura ibibazo n’ubwo abenshi babibonamo umutako no gukurura ba mukerarugendo.

-2314.jpg

SportsView Hotel (Remera)

Hari abantu twaganiraga bakakubaza impamvu leta yaciye inzu z’ibyatsi mu baturage ariko ukazisanga mu mahoteli amwe n’amwe, nk’aho Sports View, Mille Coline n’ahandi. Igisubizo benshi batangaga n’uko izo nyakatsi zo mu mahoteli ziba zubatswe neza. Wababaza uti se umuturage mu cyaro yiyubakiye nyakatsi ye neza nk’izo usanga muri za hoteli leta yamwemerera, ugasanga igisubizo cya hafi ari hoya kuko leta ijya kuzica ntabwo yigeze ivugwa yuko izizaba zubatswe neza zakwemerwa !

Ubu abakozi ba Sports View barimo barasakambura ibyatsi byasigaye ku gisenge. Ntabwo tuzi niba bazabisimbuza ibindi byatsi, ariko icyo twemeye n’uko nyakatsi ari nyakatsi aho yava ikagera ! Yaba nyakatsi yo mu byaro cyangwa iyo muri hoteli, ni nyakatsi.

Kayumba Casmiry

2016-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited

Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza

Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza

Ubwanditsi 25 Mar 2024
Impamvu Evode Imena yatawe muri yombi

Impamvu Evode Imena yatawe muri yombi

Ubwanditsi 30 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Umwami Kigeli yasize avuze  mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami
ITOHOZA

Icyo Umwami Kigeli yasize avuze mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]
UBUKUNGU

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018
U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali
IKORANABUHANGA

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru