• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Ubwanditsi 07 Feb 2017 Mu Mahanga

Itorero Zion Temple ni Itorero ryabyawe na Ministere y’Ijambo ry’ukuri (Authentic Word Ministries) iyerekwa ryahawe umukozi w’Imana Apotre Dr. Paul Gitwaza ubwo yari afite imyaka 16 mbere y’uko yinjira muri Kaminuza ubwo Imana yamubwiraga ko umusore w’umu Authentique azahindura isi, ikaba yarabimubwiye mu rurimi rw’igifaransa ( un jeune Authentique transformera le Monde).

Apotre Dr. Paul Gitwaza kuri iki cyumweru yavuze ko nyuma yo guhabwa iryo yerekwa yakomeje gusenga, ageze muri kaminuza atangira gushaka abo bazafatanya mu murimo, bamwe bahurira muri Congo abandi bahura ageze mu Rwanda. Abo rero kuva umurimo utangiye nibo bakomeje gusimburana ku myanya y’ubuyobozi itandukanye. Ariko aho Itorero rimaze gukurira byabaye ngombwa ko status y’itorero (Itegeko Ngenga) ihindurwa nkuko byasabwe n’abandi bashumba baje mu murimo nyuma kugira ngo buri muntu wese ayibonemo kugeza no ku mukristo wo muri buri rusengero kuko n’ubundi Itorero ni iry’abakristo.

Ngo ibyo rero nibyo byatumye ubuyobozi bw’itorero bwifuza ko status ihinduka kugira ngo n’abandi bibone mu buyobozi mu buryo bwemewe n’amategeko kandi banashobore gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kwagura uwo murimo bawiyumvamo. Byatumye rero habaho ubusabe ko Status y’Itorero Zion Temple yongera guhindurwa, biza kwemezwa nuko iravugururwa hashyirwamo ingingo nshya ndetse haba n’izivugururwa. Ibyo kandi byanahuriranye nuko Manda y’ubuyobozi bwari buriho yari yararangiye maze hashyirwaho ubuyobozi bushya.

-5654.jpg

Apotre Dr. Paul Gitwaza Umuyobozi Mukuru w’ Itorero Zion Temple

Apotre Dr. Paul Gitwaza yavuze ko mu nama yabaye taliki ya 28/12/2016 yemeje status nshya ishyirwaho umukono n’aba Bishops Bose, abashumba bose ba Zion mu Rwanda, ndetse banabisinyira imbere ya Noteri mu rwego rwo kugaragaza ko nta gahato ahubwo ko bibavuyemo kandi bayishyigikiye. Nyuma rero y’ihinduka rya Status kuri icyi cyumweru taliki ya 05/01/2017 hatangajwe ubuyobozi bushya bwasimbuye ubucyuye igihe. Ubuyobozi bwashyizweho ni ubugiye kuyobora Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center Rwanda

-5650.jpg

Abayobozi bashya ba Authentic Word Ministries uhereye iburyo hari Bishop Charles Mudakikwa, Rev Dr.David Bulambo, Pasteur Robert Runazi, Pasteur Hubert Kagabo, Pasteur Vincent Hakizimana, Pasteur Kamanzi Symphorien, Pasteur Karengera Ildephonse na Pasteur Uwera Egidia.

Ku mwanya wa Visionnaire ( uyu ntajya ahinduka) ni nawe Muyobozi mukuru w’umurimo yakomeje kuba Apotre Dr. Paul Muhirwa Gitwaza.

Umuyobozi mukuru wungirije mushya yabaye Bishop Charles Mudakikwa.
Umunyamabanga mukuru yabaye Dr Reverend David Bulambo.

Apostle Dr Paul Gitwaza yerekanye Komite nshya anatangaza ko nta bayobozi ba Zion Temple bazongera kumara imyaka ibiri Ku buyobozi bw’itorero.

Muri iyi Komite nshya Bishop Dieudonné Vuningoma , Bishop Muya, Bishop Claude Djessa n’abandi bari bafatanije kuyobora na Gitwaza nta n’ umwe wagarutse muri Komite nshya.

-5651.jpg

Bishop Claude Djessa na Madame we ntibagarutse mu buyobozi

-5652.jpg

Bishop Dieudonné Vuningoma na Madame we bivugwa ko birukanwe muri Zion Temple

-5653.jpg

Bishop Muya nawe ntakiri mu buyobozi bwa Zion

Ubwo hatangazwaga ubuyobozi bushya bwa Zion Apostle Gitwaza yatangaje ko abatagaruwe mu buyobozi, ngo ntibivuze ko bavuye mu itorero yongeraho ko ukeneye gushinga itorero rye yarishinga nta kibazo.

Bishop Vuningoma n’abandi bahagaritswe bamaze amezi arenga 4 batagaragara muri Zion Temple.

Dr. Paul Gitwaza yavuze ko abashoje manda ku nshingano bari bafite bakaba bakomeza gukora umurimo w’Imana nk’aba Bishop kugeza igihe bayoborerwa gukora ikindi cyangwa igihe bazaherwa izindi nshingano nshya mu murimo.

Ariko mu rwego rwo gukuraho ibihuha bimaze iminsi bivugwa nta mushumba n’umwe wirukanywe keretse uzitwara nabi cyangwa se uzivumbura ubwe agasezera ariko kugeza ubu nta wirukanywe dukurikije ibyatangajwe na Apotre Dr. Paul Gitwaza, Ahubwo habayeho gusoza manda kandi biranashoboka ko mu basoje manda bashobora kuzongera gutorerwa kuyobora imwe mu myanya bari barimo mu nyuma y’uko manda y’abagiyeho irangiye.

Cyiza D.

2017-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 19 Jun 2016
Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Ubwanditsi 22 Dec 2023
Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Soma Useke
Mu Mahanga

Soma Useke

Ubwanditsi 04 Oct 2016
RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura  no kumena Umurenge SACCO
ITOHOZA

RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura no kumena Umurenge SACCO

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju
Amakuru

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Ubwanditsi 05 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru